Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 31 Werurwe 2020 yatangaje ko hanonetse abandi barwayi ba Coronavirus batanu, bose hamwe baba 75.
Muri aba barwayi:
- Bane bageze mu Rwanda baturutse i Dubai, bahita bashyirwa mu kato.
- Umwe yatahuwe nyuma yo guhura n’uwagaragayeho Coronavirus mu Rwanda, ahita ashyirwa mu kato.
Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenuetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.
ABANYARWANDA N’ABATURARWANDA BARASABWA GUKOMEZA KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO GUKUMIRA IKWIRAKWIRA RYA CORONAVIRUS, BAKARABA INTOKI KENSHI KANDI NEZA, BAHANA INTERA BYIBUZE YA METERO IMWE NDETSE BANIRINDA GUKORA INGENDO ZITARI NGOMBWA, BAGUMA MU NGO IWABO.
IBIMENYETSO BY’INGENZI BYA CORONAVIRUS NI INKORORA, GUHUMEKA BIGORANYE N’UMURIRO. UWABIGARAGAZA YAHAMAGARA UMURONGO UTISHYURWA WA 114, AGAHABWA UBUFASHA CYANGWA AKITABAZA UMUJYANAMA W’UBUZIMA UMWEGEREYE.




2 Responses
Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 75
abarundi imana iratubona
Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 75
abarundi imana iratubona