Sarpong wanzwe na Simba SC yakiriwe na Yanga Africans

Sangiza iyi nkuru

Umunya Ghana, Michael Sarpong wari umaze igihe atandukanye na Rayon Sports ya hano mu Rwanda, yamaze kwerekeza muri Yanga Africans yo muri Tanzania nyuma yo guterwa umugongo na mukeba wayo, Simba Sports Club.

Saa tanu z’amanywa yo kuri uyu wa gatanu ni bwo Sarpong yahagurutse i Kigali n’indege ya RwandAir yerekeza i Dar Es Salaam muri Tanzania.

Ni nyuma yo kubengwa na Simba Sports Club yo muri icyo gihugu, yamubwiye kwishakira indi kipe kuko ibiganiro bari baragiranye byari biteshejwe agaciro.

Ikipe ya Yanga Africans yahaye Sarpong ikaze ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Amafoto Young Africans yanyujije kuri izo mbuga agaragaza Sarpong yakiriwe n’abafana b’iriya kipe, nyuma yo kugera muri Tanzania.

Byari biteganyijwe ko Sarpong yerekeza muri Tanzania hamwe na Alex ushinzwe kumushakira amakipe ku wa Gatatu tariki ya 19 Kanama 2020, ariko icyo gihe kigera yarashyizwe mu kato, urugendo rwimurirwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 Kanama 2020.

Uyu munya Ghana yasinyiye Yanga amasezerano y’imyaka ibiri, nyuma yo kumutangaho abarirwa mu bihumbi 50 by’amadorali ya Amerika. Yanga yamutwaye amakipe yamwifuzaga arimo Kiyovu Sports na AS Kigali ya hano mu Rwanda.

Michael Sarpong yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva mu mpeshyi ya 2018, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Dreams FC y’iwabo muri Ghana.

Sarpong yavuye muri Rayon Sports yirukanywe nyuma yo kugaragaza ko atemera imiyoborere ya Sadate Munyakazi uyobora iyo kipe, nyuma yo kumushinja kutagira ubushobozi bwo kuyobora ikipe nka Rayon Sports.

Iyo Rayon Sports ni umwe mu bari bayifashije kwitwara neza, dore ko mu myaka ibiri ishize yari yatwaranye na yo igikombe cya shampiyona ari ku mwanya wa kabiri mu batsinze ibitego byinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *