Nyuma y’iminsi ibiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump atangaje ko igihugu cye gihagaritse inkunga n’umusanzu cyatangaga mu Muryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO), Saudi Arabia ihigiye gutanga inkunga ya miliyoni 500 y’amadolari y’Amerika yo gufasha uyu muryango guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Iyi nkunga izashyirwa mu byiciro bitatu nk’uko itangazo ryaturutse muri Saudi Arabia ribivuga. Icya mbere ni ingamba zo kwitegura guhangana n’iki cyorezo ndetse n’udushya kizashorwamo miliyoni $150, icy’ubufatanye n’amahanga mu gushaka urukingo kizashorwamo miliyoni $150 ndetse n’ikindi cyo gufasha imiryango mpuzamahanga na gahunda by’ubuzima kizashorwamo miliyoni $200.
Tariki ya 14 Mata 2020, Perezida Donald Trump yategetse ko igihugu cye gihagarika uyu musanzu, ubwo yari amaze igihe anenga imikorere y’uyu muryango yavuze ko ukoreshwa n’u Bushinwa, bikaba byaratumye urangara Isi yose ikoreka n’iki cyorezo.
Mu magambo ye ubwo uku kwezi kwa Mata kwatangiraga, Donald Trump yibajije ukuntu “WHO ishorwamo akayabo n’Amerika, igahindukira ikajya gukoreshwa n’u Bushinwa.”
Icyemezo cyategeye kwibaza ku muntu cyangwa igihugu kizashobora kuziba icyuho cy’Amerika muri WHO, harebwa ku Bushinwa busanzwe ari igihugu cya kabiri gitangamo umusanzu mwinshi ariko utarenze 1/10 cy’uw’Amerika, icyizere kitarakara.
Inkunga ya Saudi Arabia n’akayabo Amerika isanzwe ishora muri WHO
Mu myaka 10 ishize, iki gihugu kiza ku mwanya w’imbere mu bihugu byatanze umusanzu munini kuri WHO mu bijyanye n’amafaranga, aho wageze kuri miliyari 3.5 z’amadolari y’Amerika.
Umwaka yatanzemo umusanzu mwinshi cyane ni 2017, aho yatanze arenga miliyoni 515 z’amadolari y’Amerika. Mu 2019, iki gihugu cyatanze umusanzu ubarirwa muri miliyoni 453 z’amadolari y’Amerika.
Ibi bisobanuye ko iyi nkunga ya Saudi Arabia ($500M) iruta izo Amerika yagiye itanga mu myaka icyenda (umwaka ku wundi), ikaba iri munsi ho miliyoni $15 z’umusanzu wa 2017.
WHO ikeneye miliyari $8 zo kuziba icyuho cya Covid-19
Birasa n’aho urugendo rukiri rurerure n’ubwo byose bishoboka. Akayabo ka miliyari 8 z’amadolari y’Amerika ni ko uyu muryango ukeneye kugira ngo uhangane n’iki cyorezo. Yose ategerejwe mu muhigo w’ibihugu bigize Umuryango wa 20 bikize ku Isi uzwi nka G20.
Finland [itaba muri G20] na yo kuri uyu wa 16 Mata 2020 yiyemeje guha WHO inkunga ya miliyoni $6 mu rwego rwo gukomeza guhangana n’iki cyorezo. Byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Pekka Haavisto ubwo yavugaga mu gihe uyu muryango ufite akazi ko gushaka urukingo, cyaba ikibazo ubuze ubushobozi.
G20 igizwen’ibihugu 19: Argentine, Australia, Brazil, Canada, u Bushinwa, u Bufaransa, u Budage, u Buhinde, Indonesia, u Butaliyani, u Buyapani, Mexique, u Burusiya, Saudi Arabia, Koreya y’Epfo, Afurika y’Epfo, Turukiya, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika hiyongereyeho Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Uwuyoboye ubu ni Umwami Salman wa Saudi Arabia.
Gutsinda Covid-19 bisaba guhuza imbaraga
Muri rusange, Isi yose yagizweho ingaruka n’iki cyorezo. Igihugu kitapfushije gifite abanduye, ikitaragezweho nabyo cyagize ihungabana ku bukungu bitewe n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwahagaze, ubuhahirane busubira inyuma.
Abantu benshi banduye n’abapfuye biganje mu bihugu bikomeye mu bukungu byiganjemo ibyo muri G20 [bihamagarirwa gutanga umusanzu]. Abamaze kwandura muri rusange bagera kuri miliyoni 2.2, igihugu gifite benshi ni Amerika, ubu barenga 675,600 ndetse n’abapfuye muri iki gihugu ni benshi kuko barenga 34,500 mu barenga 145,300 bamaze gupfa ku Isi yose nk’uko urubuga World Ometers rubigaragaza.
Amerika, Esipanye, u Butaliyani, u Bufaransa, u Budage, u Bwongereza, u Bushinwa, u Bubiligi, Canada n’ibindi, biri mu bihugu bikomeye byashegeshwe na Covid-19, keretse u Bushinwa busa n’ubwagihashije, ahandi imibare igenda izamuka, ikamanuka ikongera ikazamuka.
Ubushakashatsi bwarakozwe, imiti n’inkingo yarakozwe, ndetse bishorwamo n’ayabo k’amafaranga ariko birananirana. Ibi bigaragaza ko iturufu isigaye ari ugushyira hamwe kw’ibihugu byose by’umwihariko ibyateye imbere kugira ngo birebe ko byabona umuti w’iki cyorezo, hifashishijwe imbaraga zirimo amafaranga.


