Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, umwaka w’imikino w’2020/2021, ibaye ihagaze guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020.
Hashingiwe ku mpamvu zirimo ko hari amakipe atarubahirije amabwiriza yashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yo kwirinda Covid-19, kuba hari abakinnyi b’amwe mu makipe bagaragayeho iki cyorezo no kuba hari abakinnyi bava aho ikipe icumbitse bagasohoka cyangwa bagasurwa kandi bitemewe.
Minisiteri ya Siporo yatangaje ko igihe shampiyona izasubukurirwa kizatangazwa mu gihe gikwiye.
Itangazo rya Minisiteri ya Siporo ku ihagarikwa rya shampiyona



4 Responses
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe
Jye ndumva bafata ikipe ya mbere bakayiha igikombe nkuko umwaka ushize byagenze
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe
Jye ndumva bafata ikipe ya mbere bakayiha igikombe nkuko umwaka ushize byagenze
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe
Haracyari kare reka dutegereze championa izongera isubukurwe
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe
Haracyari kare reka dutegereze championa izongera isubukurwe