Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe

Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, umwaka w’imikino w’2020/2021, ibaye ihagaze guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020. Hashingiwe ku mpamvu zirimo ko hari amakipe atarubahirije amabwiriza yashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yo kwirinda Covid-19, kuba hari abakinnyi b’amwe mu makipe bagaragayeho iki […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 79, hapfa uwa 54

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 79 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3642 byafashwe, hapfa umuntu wa 54. Abanduye ni 31 babonetse i Kigali, 27 b’i Musanze, 12 bo muri Burera na 9 b’i Rubavu Uwapfuye ni umukecuru w’imyaka 71 y’amavuko, wapfiriye i Kigali.
Abari inyuma y’ibi byose umunsi umwe bazabyishyura_Bobi Wine
Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ko igihe kizagera buri wese mu bashinzwe umutekano muri Uganda cyo kimwe n’abategetsi ba kiriya gihugu bamuhohoteye bkabazwa ibyo yakoze. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu abashinzwe umutekano bamuhagaritse ku muhanda incuro enye ubwo yerekezaga mu bikorwa byo kwiyamamaza. Bobi Wine abinyujije kuri Twitter, yavuze ko […]
Kirehe: Ubuyobozi bwasabye ko umwana bikekwa ko yatewe n’abadayimoni, ajyanwa ku ivuriro rya leta
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe bwasabye ababyeyi b’umwana bikekwa ko yatewe n’abadayimoni ko bamujyana mu ivuriro rya leta, aho kumujyana aho bavurira amarozi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza, Bihoyiki Léonard ni we wabitangarije BWIZA, aho yavuze ko uyu mwana afite ikibazo cyo mu mutwe, bitandukanye n’ibyo abaturage bavuga ko yatewe n’abadayimoni. Gitifu […]
Danny Usengimana yarongoye nyuma y’igihe ubukwe bwe bwarasubitswe (Amafoto)

Rutahizamu Danny Usengimana ukinira APR FC, kuri uyu wa Gatanu yakoze ubukwe n’umukunzi we Nyangabire Francine nyuma y’amezi abiri bwarasubitswe. Ku wa Mbere tariki ya 21 Nzeri 2020 Danny Usengimana yasohoye urupapuro ruteguza abantu ubukwe bwe na Nyangabire Francine, bwagombaga kuba ku wa 8 Ukwakira bukabera mu murenge wa Niboye w’akarere ka Kicukiro. Itariki y’ubukwe […]
Museveni yibasiye Komisiyo y’Amatora, ‘Abazungu’ na Polisi kubera Bobi Wine
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wari mu gikorwa cy’amasengesho kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020, yibasiye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Polisi y’Igihugu n’Abazungu’ hejuru y’imyitwarire ya Bobi Wine mu bikorwa byo kwiyamamaza. Perezida Museveni yongeye gushimangira ko imyitwarire ya Bobi Wine bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu idahwitse kuko ngo ishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga ko kwandura icyorezo […]
APR FC yatsinze Kiyovu Sports, yegukana amanota atatu ya mbere muri shampiyona
Ikipe ya APR FC yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona. Wari umukino wa mbere iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari ikinnye, nyuma y’uko itashoboye gukina imikino ya mbere kubera ko yari ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions league. […]
Rwamagana: Amafaranga bamwe bashyize muri Ejo Heza yayobeye ku bandi
Umuhuzabikorwa w’ikigega Ejo Heza mu Karere ka Rwamagana, Rugamba Egide, kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yavuze ko hari amafaranga y’umusanzu bamwe mu bakozi batanze muri iki kigega akayobera ku bandi, bitewe n’uko bahuje amazina. Ni nyuma y’aho bamwe mu barimu bigisha mu mashuri yisumbuye bari batangarije BWIZA ko bamaze amezi 15 batanga uyu musanzu, […]
Ubushinwa: Abakora mu ndege bategetswe kwambara pampa
Ikigo gishinzwe iby’ingendo zo mu kirere mu Bushinwa, gitangaza ko abakira abantu mu ndege bakwiriye kwambara pampa (ibikoreshwa mu kwibinda) kugira ngo batavaho bajya mu bwiherero igihe indege iri mu kirere hirindwa COVID-19. Iki kigo kivuga ko ibi byafasha mu guhangana n’iki cyorezo, abazajya bambara pampa ari abatanga serivisi mu ndege zijya mu bihugu birimo […]
Abigisha muri TVET barataka guheezwa ku mahirwe ahabwa abandi

Abarimu bigisha mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, TVET (Technical and Vocational Education and Training) Schools yahoze yitwa VTCs, yari mu nshingano z’ikigo cya WDA, barataka guheezwa ku mahirwe agenerwa abandi bigisha amasomo asanzwe (General Education), bakaboneraho gusaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kubatabara kuko ahandi ntacyo babamariye. Aya mahirwe bavuga arimo kuzamurwa mu ntera mu […]
Abajenerali batanu ba Uganda bashobora gufatitwa ibihano
Abasirikare bakuru ku ipeti rya jenerali mu nzego z’umutekano za Uganda, bashobora gufatirwa ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe amatora ya perezida ateganyijwe kuwa 14 Mutarama 2021yaba abaye mu kavuyo. Umunyamabanga wa Leta ya Amerika, Mike Pompeo kuwa Kane tariki 17 Ukuboza 2020 kuri Twitter yavuze ko ” Turi gukurikiranira hafi ibikorwa […]
Perezida Kagame yacyeje Nana Akufo-Addo wongeye gutorerwa kuyobora Ghana
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye Nana Akufo-Addo uheruka kongera gutorerwa kuyobora igihugu cya Ghana, amwizeza gukomeza ubucuti n’ubufatanye bisanzwe hagati y’ibihugu bayoboye. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Perezida Nana Akuffo yongeye gutorerwa kuyobora Ghana ku majwi 51.6%, atsinze John Mahama na we wigeze kuyobora icyo gihugu we wagize amajwi 47.4%. Ni ku […]
Rayon Sports yasobanuye impamvu Bashunga yirukanwe mu mwiherero
Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwanyomoje amakuru yavugaga ko umuzamu wayo Bashunga Abouba yirukanwe mu mwiherero wayo kubera kudahabwa amafaranga, busobanura ko uyu munyezamu yazize imyitwarire mibi. Ni nyuma y’amakuru yaramutse muri bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu avuga ko umuzamu Bashunga yaba yavuye mu mwiherero nyuma yo kudahabwa ibyo […]
Nyagatare: RIB irashakisha umaze amezi ane asambanyije umwana

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Hahirwabasenga Emmanuel, ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana agahita acika. RIB ku rukuta rwayo rwa Twitter, ivuga ko Hahirwabasenga w’imyaka 21 yakoreye iki cyaha mu Mudugudu wa Kibuye, Akagari ka Kigarama mu Murenge wa Katabagemu mu Karere ka Nyagatare kuwa 1 Kanama 2020.
RDC: Jeannine Mabunda yegujwe, Tshisekedi atsinda icy’umutwe
Mu ijoro ryakeye Jeannine Mabunda wari Perezidante w’Inteko Ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yirukanwe ku mirimo ye nyuma y’uko abenshi mu badepite bashyigikiye ko yirukanwa. Mabunda usanzwe ari inkoramutima ya Joseph Kabila, yakuwe ku nshingano ze nyuma y’uko abadepite 281 muri 484 batoye bashyigikiye icyemezo cy’uko yakwirukanwa. Abenshi mu bakurikirana ibya Politiki […]
Yagenze ibirometero 450 n’amaguru ku bw’umugore we wamurakaje
Umugabo wo mu gace ka Como mu Majyaruguru y’igihugu cy’u Butaliyani mu gihe cy’icyumweru yagenze ibirometero 450 n’amaguru nyuma yo kurwana n’umugore we. Uyu mugabo yakoze uru rugendo agira ngo arebe ko yacururuka. Polisi yo muri iki gihugu yamufashe ma masaha y’ijoro ageze ahitwa Fano. Uyu mugabo ati ” Nagenze n’amaguru gusa. Mu nzira abantu […]
Perezida Tshisekedi yongeye gutumira abasirikare bakuru (Amafoto)

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugabo w’Ingabo w’Ikirenga, Félix Tshisekedi kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yongeye gutumira abasirikare bakuru kugira ngo baganire ku kibazo cy’umutekano w’uburasirazuba bw’igihugu. Ni nyuma y’iminsi 8 uyu Mukuru w’Igihugu atumiye abandi basirikare n’abapolisi bakuru ku rwego rw’igihugu, kugira ngo abibutse inshingano bafite ku gihugu zirimo kwitandukanya […]
Muhanga: Babiri bakuwe mu kirombe bamazemo iminsi ibiri, ari bazima
Nsabimana Venuste w’imyaka 36 y’amavuko na mugenzi we Riberakurora Siméon w’Imyaka 40 y’amavuko bakomoka ku mu Murenge wa Rugendabali mu Karere ka Muhanga, bagiye kumara iminsi ibiri mu nda y’isi nyuma yo kugwirwa n’ikirombe ejo hashize, n’ubu ngo barataka abantu bakabumva ariko ntibarabageraho. Bariya bagabo bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Kabacuzi bamaze iminsi […]