Sudan: Abarenga 2,500 nibo bamaze kuvanwa mu byabo n’intambara yongeye kubura muri Darfur

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR kuri uyu wa kabiri ryatangaje ko Abanyasudani barenga 2500, bamaze kwakirwa mu buhungiro mu gihugu cya Chad nyuma y’intambara y’amoko yongeye kubura mu minsi ishize mu burengerazuba bw’intara ya Darfur

Tariki 25 Nyakanga nibwo imirwano y’abaturage bitwaje intwaro yongeye kubura mu burengerazuba bw’intara ya Darfur. Kugeza ubu abantu babarirwa mu 2,500 nibo bamaze kwinjirira ku mupaka uhuza Sudan na Chad. UNHCR ikomeza ivuga ko umubare munini w’izi mpunzi ari abagore n’abana .

UN ivuga ko imirwano yubuye mu kwezi gushize imaze kugwamo 61 naho 88 bakomeretse ku buryo bukomeye. Izi mpunzi zifata icyemezo cyo guhunga nyuma yo kwibasirwa n’urugomo rw’abarwanyi mu gace ka Masalit .

Kugeza ubu Chad ni kimwe mu bihugu bicumbikiye impunzi nyinshi z’Abanyasudani , aho UNHCR ibarura abegera ku 365 000. Kuva muri Gashyantare uyu mwaka Chad imaze kwakira impunzi z’Abanyasudani 6000.

Impunzi zose zicumbikiwe mu gace ka Adre kari hafi y’umupaka wa Chad na Sudan. Umuryango wabibumbye ufatanije na guverinoma ya Chad, barimo gutegura kwimurira izi mpunzi mu gace ka Kouchaguine-Moura gasanzwe gafite inkambi icumbikiyemo izindi mpunzi zikomoka muri Sudan.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *