Indege nto yari itwaye amafaranga yo guhemba abakozi b’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (PAM) yakoreye impanuka hafi y’umurwa mukuru Juba, abantu 8 mu 9 bari bayirimo bahasiga ubuzima.
Amakuru yatangajwe na Perezida wa Sudani Yepfo Salva Kiir avuga ko abantu bane mu bapfiriye muri iyo mpanuka yabaye mu gitondo cy’ejo ku wa gatandatu, ni Abanya-Sudani y’epfo, babiri ni abo muri Tajikistan naho abandi babiri ni abo muri Ukraine.
Inkuru ya BBC ikomeza ivuga ko umuntu umwe warokotse iyi mpanuka yahise ajyanwa ku bitaro igitaraganya.
Mu butumwa Perezida Kiir yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter yagize ati: “Twese turababaye cyane kandi dufite agahinda kenshi mu mwanya w’imiryango yaburiye abayo muri iyi mpanuka”.
Iyo mpanuka yabaye hashize akanya gato iyo ndege ihagurutse ku kibuga mpuzamahanga cyo mu murwa mukuru wa Sudani yepfo ,Juba.
Indege yakoze impanuka ni iyo mu bwoko bwa Antonov 36, yari yahawe akazi na Opportunity Bank ko gutwara imishahara y’abakozi ba PAM bakorera mu mujyi wa Wau. umujyi wa Wau ni umwe mu migi mikuru yo muri leta ya Bahr El-Ghazal iri mu burengerazuba bw’igihugu.
Madut Biar Yel, Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu wa Sudani y’epfo, yabwiye BCC ko iyi ndege yari itwaye imishahara y’abakozi ba PAM ingana 35,000 by’amadorari ya Amerika. Yagize ati” Nabwiwe ko umubare w’amafaranga yari itwaye ko ri amadorari 35,000 y’Amerika (arenga miliyoni 33 mu mafaranga y’u Rwanda)”.
Uyumuyobozi yavuze ko indege ikimara kugwa yakongotse ayo mafaranga yose agahinduka umuyonga.Leta ya Sudani Yepfo yahise ishyiraho akana kadasnzwe gashinzwe gukora iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka
Muri uku kwezi hamaze kuba impanuka ebyiri zikomeye muri aka karere, nkaho tariki ya 13 Kanama indi mpanuka y’indege yahitanye abantu bane muri Repubulika iharanira Demokarasi ya congo.


