Abantu 84 muri Tanzania bagaragayeho icyorezo cya Coronavirus kuri uyu wa 20 Werurwe, bituma umubare w’abamaze kwandura iki cyorezo muri kiriya gihugu ugera ku bantu 254.
Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu.
Minisitiri Ummy yavuze ko abishwe na Coronavirus uyu munsi ari abantu batatu, mu gihe mu banduye bashya harimo umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ubuzima muri kiriya gihugu, abagaragayeho Coronavirus uyu munsi baturuka mu bice 17 bitandukanye bya Tanzania.
I Dar es Salaam habonetse 33, Arusha (4), Mbeya (3), Kilimanjaro (3), Pwani (3), Tanga (3) , Dodoma (3) Manyara (2) Ruvuma (2) Morogoro(2) n’i Mwanza habonetse 3.
Utundi duce ni Rukwa hagaragaye 2, Lindi (1), Mara (1), Tabora (1), Mtwara (1), n’ahitwa Kagera habonetse umwe.
Mu birwa bya Zanzibar ho hagaragaye abarwayi bashya ba Coronavirus 16.
Imibare mishya igaragaza ko icyorezo cya Coronavirus muri Tanzania cyatangiye kugera mu cyaro, mu gihe mu myuzo ya mbere cyibandaga mu mijyi.
Minisitiri Ummy yavuze ko abarwayi bose bameze neza, uretse bane bisaba ko bakurikiranwa mu buryo bwihariye.
Ubwandu bwa Coronavirus bukomeje gutumbagira muri Tanzania, mu gihe Leta y’iki gihugu yanze gushyiraho ingamba zikarishye zo kwirinda ikwirakwira ryacyo.
Mu gihe ibihugu byinshi byashyizeho amabwiriza y’uko abaturage bagomba kuguma mu ngo ndetse ibikorwa bihuriza abantu benshi hamwe bigahagarara, muri Tanzania ho ibikorwa rusange byinshi biracyakomeje, yemwe nta n’ingamba zashyizweho mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
Perezida John Pombe Magufuli uyobora iki gihugu aherutse gushyiraho iminsi itatu yo gusengera igihugu, binyanye n’imyemerere ye y’uko Imana yonyine ari yo ishobora kuvana Abanya Tanzania mu menyo ya Coronavirus aho kwizera agapfukamunwa.

