Tanzania/Tanga: Bamwe mu baturage baraye mu biti

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Handeni mu Ntara ya Tanga muri Tanzania baraye mu biti mu rwego rwo gukiza amagara yabo nyuma y’aho amazi abasanze mu ngo zabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Handeni, Godwin Gonde kuwa 28 Ukwakira yatangaje ko imvura nyinshi ikomeje kugwa mu bindi bice by’aka karere kandi ko abantu 10 bamaze gupfa bitewe n’impanuka y’imodoka yaguye mu mugezi wari wasenye umuhanda.

Mwananchi dukesha iyi nkuru itangaza ko kugeza ubu abamaze kuhasiga ubuzima ari abantu 14 kuko hari abandi babonetse mu byaro bya Kwenjugo na Sindeni.

Umuvugizi wa Polisi ishinzwe ubutabazi n’inkongi mu Karere ka Handeni, Joan Luvena yavuze ko abantu 51 baraye mu biti nyuma y’aho amazi yinjiye mu ngo zabo.

Kuri ubu, abamaze gupfa bari mu bitaro by’Akarere ka Handeni aho itegerejwe gushyingurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *