U Burundi bwahagaritse uburobyi muri Rweru nyuma y’aho ingabo zabwo zirasanye n’iz’ u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi mu Ntara ya Kirundo baherutse gufata icyemezo cyo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Rweru. Ni nyuma y’aho ingabo zabwo zirasanye n’iz’ u Rwanda bapfa ko Abarundi bavogereye amazi y’u Rwanda.

Iki cyemezo nk’uko amakuru Ijwi rya Amerika ribikesha abegereye abarobyi bakorera muri icyo kiyaga babivuga, cyafashwe nyuma y’uruhererekane rw’amasasu yahitanye ubuzima bw’umusirikare w’Umurundi kuwa 8 Gicurasi 2020.

Iki cyemezo kandi cyafashwe mu rwego rw’umutekano ku mupaka muri iki gihe hasigaye imisi mike ngo Abarundi bajye mu matora ya perezida.

Iki cyemezo kandi kije nyuma y’aho ubuyobozi bwahagaritse uburobyi mu Kiyaga cya Tanaganyika kiri hagati ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo n’u Burundi. Ibi nabyo ngo biri mu nyungu z’umutekano nk’uko Minisitiri w’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Deo Guide Rurema yabitangaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *