Prosper Ntahorwamiye, Umuvugizi wa Leta y'u Burundi

U Burundi bwatangaje ko butazihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi akaba n’umunyamabanga wa leta y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye avuga ko igihugu ke kidashobora kwihanganira agasuzuguro k’u Rwanda gaturutse ku bitero burushinja.

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko ubutumwa buri mu itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu riraburira, rikanihanangiriza u Rwanda. Uyu muvugizi avuga ko u Burundi buzafata imyanzuro ikwiriye kuri ibi bikorwa bushinja u Rwanda.

“U Burundi buzafata ingingo zikwiye kuko budashobora kwihanganira ibindi bitero n’agasomborotso” Ntahorwamiye. (buzofata bisobanura ‘buzafata’, agasombotso ni ‘ubushotoranyi.’)

Ntahorwamiye arasaba imiryango mpuzamahanga irimo Umuryango w’Abibumbye (ONU), uw’Ubumwe bw’Afurika (AU), uw’Akarere k’Ibiyaga Bigari (CPGL) ndetse n’Uhuza Ibihugu byo mu Magepfo y’Afurika (SADC) kugira ibyo ikora ku iyubahirizwa ry’umutekano w’aka karere bitaba ibyo ugakomeza guhungabana.

Leta y’u Burundi ishinja ingabo z’u Rwanda kuyigabaho ibitero birenze kimwe harimo n’icyagabwe muri komine ya Mabayi tariki ya 17 Ugushyingo 2019, kigahitana abasirikare b’u Burundi byavuzwe ko barenga 50.

U Rwanda rwarabihakanye ruvuga ko atari ubwa mbere u Burundi burushinje ibintu nk’ibi kandi nta shingiro bifite. Ibi byatangajwe na Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

U Burundi ntabwo bwigeze bwemera itangazo ry’umutwe wa FRB-Abarundi, umutwe mushya urwanya ubutegetsi bw’iki gihugu wigambye iki gitero. Bukomeza bushimangira ko abateye ingabo zabo baturutse mu Rwanda.

Gusa na none u Rwanda na rwo rushinja u Burundi gufasha abashaka guhungabanya umutekano warwo nk’umutwe wa FLN wagiye ugaba ibitero uturutse mu ishyamba rya Nyungwe rifatanye n’irya Kibira ryo mu Burundi.

Prosper Ntahorwamiye, Umuvugizi wa Leta y'u Burundi
Prosper Ntahorwamiye, Umuvugizi wa Leta y’u Burundi

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Burundi bwatangaje ko butazihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda
    Uyu nta muvugizi urimo, ko atangiye kurira nk’uruhinja ntacyo arabona? Iyo babonye ingabo zikomeye bazitirira u Rwanda burigihe none ngo ni agasuzuguru, ubuse ko uRwanda rutarabarega ko bohereza bakanafatanya na fln bakiba bakanica abaturage nkanswe bo bapfushije abasirikari n’imbonerakure zidafite icyo zimaze.

  2. U Burundi bwatangaje ko butazihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda
    Uyu nta muvugizi urimo, ko atangiye kurira nk’uruhinja ntacyo arabona? Iyo babonye ingabo zikomeye bazitirira u Rwanda burigihe none ngo ni agasuzuguru, ubuse ko uRwanda rutarabarega ko bohereza bakanafatanya na fln bakiba bakanica abaturage nkanswe bo bapfushije abasirikari n’imbonerakure zidafite icyo zimaze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *