Mu gihe n’ubusanzwe bamwe mu basirikare b’u Burusiya batari bemerewe gukoresha telephone zigezweho igihe bari ku kazi, bitewe n’aho bakorera hakenewe kurindirwa ibanga ry’akazi ku buryo buhanitse, ubu noneho ingingo ibabuza gukoresha Smart phones igiye kugirwa itegeko ku basirikare bose b’u Burusiya hatitawe ku bwoko bw’akazi buri umwe yaba akora gatandukanye n’ak’undi.
Ku mpamvu zo kuba telefoni zigezweho zasasa amabanga ya nyirazo mu buryo bworoshye, yaba yabigizemo uruhare cyangwa se bimutunguye, inteko ishinga amategeko y’u Burusiya yarateranye yiga kuri iki kibazo, isanga abasirikare b’u Burusiya batagomba guhererekanya amakuru bakoresheje telefoni zigezwehio, batagomba guhererekanya amafoto n’ubundi butumwa bakoresheje ikoranabuhanga rya telefoni zigezweho, bwaba ubwanditse, ubw’amajwi se cyangwa ubw’amashusho.

Si ikoreshwa rya Smart phones ryonyine ribujijw eabasirikare b’Abarusiya, ahubwo n’ihererkanyamakuru ku mbuga nkoranyambaga ntibazaba baryemerewe. iteganyijwe kandi ko hatagize igitambamira iyi gahunda, yatangira gukurikizwa nyuma y’ukwezi kumwe..
Ibitangazamakuru bimwe na bimwe byo mu Burusiya byatangaje iyi nkuru bishyiraho ibitekerezo by’abasomyi bagaragazaga ko ari icyemezo kigoye gushyirwa mu bikorwa, ariko Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu cy’u Burusiya yo ikavuga ko yishingikirije ku buryo Abasirikare b’Abarusiya basanganywe ikinyabupfura gihanitse mu mwuga n’uburyo bagendera ku gitsure cya gisirikare badakebakeba, ngo nta kabuza bazashobora kubyubahiriza.
Minisitiri w’Ingabo wungirije w’u Burusiya Nikolai Pankov yashyigikiye byimazeyo iyi gahunda yo kubuza abasirikare b’Abarusiya ikoreshwa rya Telefoni Ngewndanwa zigezweho, avuga ko amakuru azitambutswaho mu buryo nkoranyambaga abangamira ubunyamwuga n’ibanga rya gisirikare.


