Urukiko rw’Ikirenga mu gihugu cya Uganda rwatangaje umunsi hazasuzumirwaho ubujurire bwa (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde uri mu maboko y’ubutabera aho akurikiranweho kugambanira igihugu ndetse no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Umukuru w’Urukiko, Wilson Kwesiga mu itangazo yashyikirije abanyamategeko ba Gen Tumukunde yavuze ko ubujurire kwifungwa n’ifungurwa rye buzasuzumwa kuwa 14 Mata 2020 ariko igikorwa kikaba kitazabera mu ruhame mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Perezida Museveni abuza abantu guhurira mu matsinda n’udutsiko nk’imwe mu ngamba yo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus mu gihe cy’iminsi 32. Itangazo rivuga ko abanyamategeko b’ujurira bagomba kuba batanze inyandiko zirimo ibimenyetso bimurenganura mu bushinjacyaha bitarenze 28 Werurwe 2020 naho ubushinjacyaha na bwo bukaba bwamaze kubisuzuma bitarenze kuwa 03 Mata 2020. Kwesiga kandi yanavuze ko ibikorwa byose bya mbere y’urubanza bigomba kwimurwa bikavanwa muri City Hall Magistrates Court bikimurirwa mu rukiko rwa Buganda Road Chief Magistrates kugira ngo habashe kwifashishwa uburyo bw’amashusho. Gen. Tumukunde ku wa Gatanu ni bwo yasabye gufungurwa by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi,kwita ku muryango ndetse no kuba ari umwe mu bantu batanze ubusabe bwabo mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ya 2021 bikaba byabangamira imyiteguro ye. Uyu mujenerali yatawe muri yombi kuwa Mbere mu Cyumweru cyashize ashinjwa kugambanira igihugu aho mu ijambo rye ryo kuwa 05 Werurwe 2020 yanyujije kuri Televiziyo ya NBS iri muri Kampala yavuze ko abaye u Rwanda yafasha abarwanya Leta ya Uganda mu guhirika ubutegetsi buriho. Uyu Tumukunde kandi ashinjwa kuba yaragaragaye kuwa 13 Werurwe 2020 afite imbunda nini AK47 ndetse na Pisitori kandi nta ruhushya rutangwa n’amategeko rumwemerera gutunga imbunda.


