Ikigo cy’Abongereza Terrence Higgins gikora ubushakashatsi ku buzima cyashize hanze ubushakashatsi cyakoze bwafasha abakora imibonanoo mpuzabitsina kugabanya ibyago byo kwandura Covid-19.
Muri ubu bushakashatsi ikigo Terrence Higgins cyashize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, buragaragaza inama igirwa abakora imibonano mpuzabitsina muri iki gihe cya Covid-19. Ubu bushakashatsi buvuga ko mu gihe cy’igikorwa nyiriza abakundana bakwiye kwirinda gusomana, bakambara agapfukamunwa mu gihe cy’imibonano ndetse bagahitamo uburyo bwo kuyikora butuma badahura imbona nkubone.
Iki kigo kivuga ko umuntu wa mbere mwiza wo gukorana na we imibonano mpuzabitsina muri iki gihe cy’icyorezo ari wowe ubwawe cyangwa uwo mubana.
Mu bundi buryo iki kigo gitanga bwatuma ubwandu bushya bwa Covid-19 bugananuka , harimo, gukoresha ibikinisho (toys byifashishwa mu mibonano, kwikinisha . Gusa ubu buryo ubushakasatsi buvuga ko butekanye usanga mu mico imwe nimwe itabwemera nk’uburyo bwasimbura imibonano muzabitsina isanzwe.
Aba bashakashatsi bakomeza bavuga ko mu gihe cya ‘Guma mu Rugo” basanze akenshi abantu barakeneye gukora imibonano mpuzabisina cyane kurusha iminsi isanzwe. Ari naho bamwe bahitagamo kwishora mu busambanyi n’abantu bataziranye bikongera ubwandu bushya bwa Covid-19.
Ikigo Terrence Higgins kivuga ko niba ukorana imibonano mpuzabitsina n’abantu batari abo mu rugo ubamo, ari ingenzi kugabanya umubare w’abo muyikorana.
Ubu bushakashatsi bugira inama abakora imibonano mpuzabitsina umwe asanzwe afite ibimenyetso bya Covid-19 , kwihutira kwishyira mu kato.
Niba ukoranye imibonano mpuzabitsina n’umuntu ku nshuro ya mbere, iki kigo kivuga ko wamubaza niba we cyangwa uwo mu rugo abamo hari umuntu ufite ibimenyetso bya Covid-19 cyangwa niba yarigeze ayirwara.
Abantu benshi bagiye bibaza niba Covid-19 yandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ubu bushakashatsi buvuga ko iyi virusi ishobora gukwirakwirira mu macandwe, mu mwanda wo mu zuru cyangwa mu mwuka uhumekwa n’abayanduye, ndetse no gukora ahantu hari ubwandu bwayo.
Dr Alex George umwe mu mpuguke zakoze ubu bushakashatsi yavuze ko igihe umuntu ategurana n’undi gukorana imibonano mpuzabitsina , biba byoroshye ko basomana bityo mukaba muhuje amacandwe, aha ni naho agira inama abakorana imibonano mpuzabitsina guyikora bambaye udupfukamunwa.
Ikigo Terrence Higgins kivuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu minsi ishize buherutse kugaragaza ko iyi virusi yagaragaye mu masohoro no mu musarani, bityo rero ari yo mpamvu, mu rwego rwo kugabanya ibyago byo kwandura, ukwiye gukoresha agakingirizo no kwirinda gukora imibonano yo mu kanwa.
Ubushakashatsi kandi bugira abantu inama ko mu gihe abantu bagiye gukora imibonano mpuzabitsina bagomba kubanza gukaraba intoki neza mbere y’uko batangira gukorakoranaho, cyangwa gukoresha umuti wica udukoko mbere na nyuma yo gutera akabariro.
Gusa ngo ibi byose byavuzwe ntibikuraho uburyo busanzwe bwo kwifata, ubudahemuka no gukoresha agakingirizo.
Ubushakashatsi kandi burabwira abantu kwibuka ko na Virusi itera SIDA ikiriho bityo igihe ukoze imibonano idakingiye ushobora kuyandura ikangiza ubuzima bwawe.


