Uganda: Opozisiyo yatangiye gushaka imikono izayifasha kugeza Museveni muri ICC

Sangiza iyi nkuru

Abo muri opozisiyo muri Uganda bibumbiye Leta y’Abaturage batangiye gushaka imikono y’abaturage yazatuma bageza Perezida wa Uganda, Yoweli Museveni mu rukiko mpuzamahanga (ICC) ruri mu Buholandi.

Abo muri Leta y’Abaturage mu cyumweru gishize bavuze ko kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2019, ku biro byayo biri ku muhanda wa Katonga, ko batangira kwakira imikono y’abaturage bifuza ko Museveni yagezwa muri ICC.

Ibi ni ibyatangajwe na Visi- Perezida wa Leta y’Abaturage akaba na Meya w’Umujyi wa Kampala, Elias Lukwago. Uyu yungirije Rtd. Col. Dr Kizza Besigye.

Mu birego bavuga ko byatuma Perezida Museveni agezwa muri ICC ni ibyabereye mu Karere ka Kasese ubwo hagabwaga igitero ku Bwami bwa Rwenzururu. Ni igitero cyari kiyobowe na Lt. Gen. Peter Elwelu kuri ubu uyobora Ingabo zirwanira ku butaka.

Mu bindi birego nk’uko Chimpreports ibitangaza harimo gukandamiza abatavuga rumwe na Leta, kugaba ibitero ku nteko ishinga amategeko.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu munsi abantu bageze ku muhanda wa Katonga ngo batange imikono yabo. Muri bo harimo Kizza Besigye ubwe.

Umuvugizi Wungirije wa Leta ya Uganda, Shaban Bantariza yakwennye iki gikorwa avuga ko “ Ibi babitangiye kera. Bazagende, ntawigeze ababuza.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *