Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga yasohoye shishi itabona mu nteko umudepite witwa Anthony Akol nyuma yo kwemerera inteko ko yageze mu bihugu bya Koreya y’Epfo na Afurika y’Epfo byagaragayemo cyane icyorezo cya Virusi ya Corona, mbere y’uko agaruka muri Uganda.
Kadaga yategetse Akol gusohoka agira ati” Wemereye mu nteko ko wakoreye ingendo aho hantu. Ndagusabye genda wishyire mu kato.”
Kadaga yongeye gushimangira ko yasohoye uriya mudepite mu nteko, mu butumwa yacishije ku rukuta rwa Twitter. Yavuze ko “Yamusohoye vuba na bwangu nyuma yo kwemera ko yageze muri Koreya ku wa 05 Werurwe, akagaruka muri Uganda atipimishije Coronavirus.”
Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu mpera z’umwaka ushize, ariko imaze guhitana abantu barenga 4200, mu gihe abayanduye magingo aya habarurwa 118,000.
Magingo aya yamaze kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ku wa Kabiri byemejwe ko hari Umubiligi inzego z’ubuzima zasanze ayirwaye. Ubukana iki cyorezo gifite bwatumye isi yose ihaguruka, ishyiraho ingamba zikarishye mu rwego rwo guhangana na cyo.
Nk’amashyirahamwe y’imikino itandukanye yafashe umwanzuro wo guhagarika amarushanwa atandukanye, mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Abakinnyi basabwe kwishyira mu kato nyuma y’uko hari bamwe bazwi bagiye bagaragaraho kiriya cyorezo.
Ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu nk’imyidagaduro, za misa, ibiterane, n’ibindi na byo byatangiye guhagarikwa, aho bitahagaritswe abaturage basabwa kuba maso bubahiriza ingamba zashyizweho.


