Umugabo w’imyaka 23 Jimmy Opoka yagejejwe imbere y’ubutabera ashinjwa kwiba umugati, amacupa atandatu y’inzoga n’abiri ya fanta. Opoka wari usanzwe akorera kompanyi ya Saracen yagejejwe imbere y’umushinjacyaha mu rukiko rukuru, Elisabeth Kabanda kuwa Kabiri tariki ya 26 Ugusyingo kugira ngo yiregure ku byaha aregwa. Uyu nk’uko Daily Monitor ibitangaza, yanze kwemera ibyo ashinjwa, maze yoherezwa muri Gereza Nkuru ya Luzira. Umushinjacyaha yavuze ko uregwa yari afite pisitori mu ntoki kuwa 13 Werurwe 2018, agatera ubwoba mugenzi we, John Peter Apac, ubwo yatwaraga ibicuruzwa bifite agaciro ka UGX 72,000. Ibi ngo byabereye ku muhanda wa Bukoto uri muri Kampala. Kuva icyo gihe Opoko arafunzwe akurikiranweho ibi byaha. Biteganyijwe ko azagaruka mu rukiko kuwa 4 Ukuboza 2019, ngo iburanisha rikomeze mu gihe iperereza naryo rikomeje.


