Ukuri kwa APR FC na Florent Ibengé ku makuru yavuzwe ko baba bari mu biganiro

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yahakanye amakuru yavugaga ko yaba iri mu biganiro n’umutoza Florent Ibengé Ikwange, mu rwego rwo kumusimbuza umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi bamaze gutandukana.

Ku wa Kabiri tariki ya 27 Ukuboza ni bwo inkuru y’uko APR biciye muri Lt Gen Mubarakh Muganga usanzwe ari Chairman wayo yaba iri mu biganiro n’uyu mutoza w’umunye-Congo, yasakaye muri bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda.

Byavugwaga ko mu gihe impande zombi zaba zumvikanye Ibengé wigeze gutoza amakipe ya AS Vita Club y’iwabo, RS Berkane yo muri Maroc ndetse na Al Hilal Omdurman yo muri Sudani yasinya amasezerano y’imyaka ibiri muri iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu, hanyuma akizanira abazamwungiriza.

Uyu mutoza wanatoje ikipe y’Igihugu ya Congo Kinshasa kandi bivugwaga ko muri APR FC yazajya agira uruhare mu kwigurira abakinnyi, nyuma y’uko iyi kipe yongeye gufungurira imiryango abakinnyi b’abanyamahanga.

Umuvugizi wa APR FC, Tonny Kabanda cyakora cyo aganira na RBA, yahakanye amakuru y’uko iyi kipe yaba iri mu biganiro na Florent Ibengé; ishimangira ko nta mutoza n’umwe iri kuganira na we muri iki gihe.

Nyirubwite na we yahakanye aya makuru, avuga ko nta muntu n’umwe wo muri APR FC bigeze bavugana.

Ibengé aganira na B&B FM yagize ati: “Naratunguwe mu by’ukuri kuko nta muntu n’umwe navuganye na we wo muri APR FC, gusa ni byiza ku wabyanditse kuba antekereza. Ariko ni amakuru atari yo.”

Ibengé yunzemo ko yishimiye gukomeza gutoza ikipe ya Al-Hilal afitiye amasezerano y’imyaka itatu, gusa avuga ko nk’umutoza nta wamenya icyo ahazaza hahatse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *