Inama y’Inteko Ishingamateko ya Amerika, ejo kuwa gatanu yemeje umushinga w’itegeko rigenga amafaranga reta izakoresha muri uyu mwaka.
Inama y’Inteko Ishingamategeko ya Amerika, yemeje ko izakoresha Tiriyali na miliyoni 200 USD muri uyu mwaka. Itegeko rigenga ayo mafaranga ryoherejwe mu nama y’abasenateri imbere y’igihe ntarengwa kugira iryemeze ku ruhande rwayo.
Iryo tegeko ryatowe n’abadepite bo mu mashyaka yose. Iryo tegeko ryemejwe amasaha macye mbere y’uko amafaranga agenewe ibiro bimwe n’imigambi imwe imwe bya reta, arangira.Biteganijwe ko inama y’abasenateri ya Amerika yemeza ku ruhande rwayo iryo tegeko.
Prezida wa Amerika, Joe Biden yatangaje ko azarishyiraho umukono. Kwemeza iryo tegeko mu nama y’Inteko Ishingamateka byari bimaze mu mushinga amezi atandatu.
Ni mu gihe Inteko yatoye 286-134, bituma habaho ubwiganze bwa bibiri bya gatatu bikenewe kugira ngo hemezwe umushinga w’iri tegeko
Amafaranga arenga 70 ku ijana ashyirwa mu bikorwa byo kwirwanaho, imishinga y’amategeko ikubiyemo kandi igisirikare, umutekano mu gihugu, ubuvuzi ndetse n’izindi nzego.


