Umunyamategeko wajyanye Past. Bugingo mu nkiko afungiwe Kitalya

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’ubujurire rwanzuye ko Umunyamatgeko Male Kiwanuka Mabirizi, akomeza kuburana afunzwe nyuma yo gutabwa muri yombi mu cyumweru gishize.

Mabirizi ni we wari uherutse kujyana mu nkiko Pasiteri Bugingo n’umugore we abashinja gushyingiranwa mu buryo butemewe.

Umunyamategeko wa Mabirizi, Isaac Ssemakadde, yari yajuriye asaba urukiko ko uyu mugabo atafungirwa muri gereza ya Kitalya amezi 18 ndetse akishyura miliyoni 300 z’amashilingi ku bwo gusuzugura ubucamanza bw’igihugu.

Umucamanza, Christopher Madrama, kuwa Gatanu yanzuye ko Mabirizi agomba gufungwa kuko yajuririye amashilingi yaciwe, atajuririye igihano cyo gufungwa.

Male Mabirizi wari wibereye mu rukiko yambaye ikositimu yari yaje kumva umwanzuro w’urukiko, birangira asubijwe Kitalya.

Mu minisi mike ishize, umucamanza Musa Sekaana wo mu rukiko rukuru i Kampala yari yatumijeho Mabirizi, amubaza niba adashobora kwemera gufungwa.

Mabirizi yagiye mu bibazo kuva kuwa 27 Mutarama 2022 ubwo Musa Sekaana yategekaga ko yishyura miliyoni 300 z’amashilingi ku bwo gusuzugura ubucamanza mu magambo yari yavuze ku mbuga nkoranyambaga ku mucamanza, Philip Odoki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *