Umunyamategeko, Hassan Male Mabirizi, wajyanye Past. Bugingo Aloysius mu nkiko, yasabye urukiko rwa Buganda Road ko we nta kibazo kuba yafungirwa muri gereza ya Kitalya gusa asaba guhabwa mudasobwa, interineti, imishani icapa impapuro n’iz’ifotora. Male Mabirizi yajyanywe mu nkiko na Robert Rutaro, wavuze ko amagambo yatangaje kuri Twitter, ari ukwibasira umucamanza, Musa Sekaana. Ni ubutumwa Rutaro avuga ko bwanditswe mu bihe bitandukanye mu ndimi z’Icyongereza n’izindi zikoreshwa muri Uganda. Mabirizi wari mu rukiko kuwa 8 Werurwe 2022, yabwiye umucamanza, Sanula Nambozo, ko ari we uziburanira kandi ko akeneye ibikoresho byavuzwe haruguru ngo azabashe kwiregura. Yavuze ko azabikoresha icyo yabisabiye kandi ko ubuyobozi bwa gereza bwemerewe kumugenzura ku ikoreshwa rya interineti no ku mbuga nkoranyambaga. Umucamanza yamubwiye ko agiye kubaza ubuyobozi bwa gereza niba koko yahabwa ibyo bikoresho. Yagaragaje impungenge ko ubutaha ashobora kutazaba ari mu rukiko kandi ko atizeye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga (Zoom), we avuga ko butatuma yiregura neza. Umucamanza yanzuye ko Mabirizi akomeza gufungwa kugeza kuwa 15 Werurwe 2022.


