Umutoza Adil mu rujijo rukomeye kubera abakinnyi be

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Mohammed Adil Erradi wa APR FC yatangaje ko atazi ikibazo abakinnyi be bafite gikomeje gutuma umusaruro uba mubi kuri iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Uyu mutoza yabigarutseho nyuma y’umukino w’ikirarane ikipe ye yari imaze gutsindwamo na Bugesera FC yari yasuye ibitego 2-1.

Rutahizamu Nshuti Innocent yari yabanje gufungurira APR FC amazamu; gusa Bugesera FC iza kwishyura iki gitego ndetse inatsinda icya kabiri cy’intsinzi.

Umutoza Adil mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma y’umukino, yavuze ko atazi ikibazo abakinnyi be bafite gituma bagaragaza ubushake buke bwo gukina nk’ikipe.

Ati: “Sinzi icyahindutse hagati y’umukino wa Rwamagana n’uw’uyu munsi. Urabona batameze neza mu mutwe n’ubushake bwo gukina nk’ikipe buri hasi.”

Adil yavuze ko kuva APR FC isezerewe na US Monastir yo muri Tunisia mu mikino ya CAF Champions league abakinnyi bari bameze neza; gusa nyuma y’aho akaba atazi ikibazo baje kugira.

Adil wavuganaga uburakari yunzemo ati: “Iyo umukinnyi adateguwe neza mu mutwe nta kindi wabikoraho. Mwabonye ko njye n’abo dukorana twagerageje gushaka ibisubizo biciye mu gusimbuza, kandi abo twashyizemo bagerageje. Abakinnyi ariko hari icyo babura, cyane kurwanirira ikipe.”

APR FC igifite umukino umwe w’ikirarane igomba guhuriramo na Police FC, kuri ubu irarushwa amanota atandatu na mukeba wayo Rayon Sports iyoboye shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *