Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Akerere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid, yasabiye umuvugizi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, DALFA Umurinzi, Mahoro Jean, gukurwa ku rutonde rw’abagenerwabikorwa b’ikigega gifasha abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, FARG.

Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Meya Ndayambaje yandikiye Umuyobozi Mukuru wa FARG tariki ya 23 Nyakanga 2020. Muri yo bigaragara ko habanje kuba inama y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yakurikiwe n’ibaruwa ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngororero bwandikiye akarere tariki ya 21 Nyakanga 2020 igaragaza imyanzuro bafashe irimo ko Mahoro yishoboye.

Iyi baruwa igira iti: “Nshingiye ku ibaruwa Umurenge wa Ngororero wandikiye Umuyobozi w’Akarere No. 1513/03/05.11/2020 yo ku wa 21/7/2020, ivuga imyanzuro y’inama y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nejejwe no kubandikira iyi baruwa mbasaba gukura ku rutonde rw’inkunga y’uburezi umugenerwabikorwa bavuze ko yishoboye, witwa Mahoro Jean mwene Gakeri Philippe na Uwabeza Triphonie bo mu Murenge wa Ngororero, Akagari ka Rususa, nk’uko byasabwe mu myanzuro yavuzwe haruguru (…)”.

Mahoro Jean wemera ko iyi baruwa ari we ivuga, yabwiye BWIZA ko nta byinshi yayivugaho, mu gihe Umuyobozi Mukuru wa FARG atarasubiza ubusabe bw’Akarere ka Ngororero, ngo abwemera cyangwa ngo abuhakane.

Ati: “Nari maze iminsi narayibonye kuri website y’ishuri, hari urubuga duhuriramo rw’abanyeshuri. Ndumva ntashaka kubivugaho kuko ntabwo nzi niba ubusabe bwaremewe.”

Mahoro Jean yiga muri Kaminuza ya Saint Joseph iherereye mu Murenge wa Nyamirambo w’Akarere ka Nyarugenge, mu mwaka wa gatatu, akaba yiga amasomo ya ‘Civil Engeneering’. Muri uyu Murenge, aba muri bene wabo nyuma yo kuva iwabo muri Ngororero ku mpamvu z’amasomo.

DALFA Umurinzi abereye umuvugizi ni ishyaka ryashinzwe na Victoire Ingabire Umuhoza mu Gushyingo 2019 nyuma yo kwitandukanya na FDU Inkingi, na ryo ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, bitewe n’uko bamwe mu banyamuryango baryo baba hanze batashoboraga guhura imbonankubone.

Soma Izindi Nkuru

12 Responses

  1. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Iyi nyigaguhuma c yo irimubiki yakwikurikirira amasomo ikarekera politique abayishoboye,ntishyaka kwiyicira ahazaza hayo, barayishuka.

  2. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Iyi nyigaguhuma c yo irimubiki yakwikurikirira amasomo ikarekera politique abayishoboye,ntishyaka kwiyicira ahazaza hayo, barayishuka.

  3. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Muransetsa, murabona aka gahungu kari kurangiza amashuri agasubira i Ngororero? Kiciriye inzira, gusa nibakareke kiyigire n’abandi bishyuriwe n’ikigega batabikwiriye

  4. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Muransetsa, murabona aka gahungu kari kurangiza amashuri agasubira i Ngororero? Kiciriye inzira, gusa nibakareke kiyigire n’abandi bishyuriwe n’ikigega batabikwiriye

  5. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ark rwose aho ibintu bigana hakwiye kwitonderwa. Ngo arishoboye Kandi arumunyeshuli???? Kuva ryari c abaturage bo muri ngororero bamenyako umunyeshuli utuye nyamirambo yishoboye bakanandika amabaruwa??? Ngo bibafashe iki c??? Uyu mwana abaye afite ibyaha yakurikiranwa na RIB ark FARG Ntaho ihuriye no kuba arumuvugizi w’ishyaka runaka.

  6. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ark rwose aho ibintu bigana hakwiye kwitonderwa. Ngo arishoboye Kandi arumunyeshuli???? Kuva ryari c abaturage bo muri ngororero bamenyako umunyeshuli utuye nyamirambo yishoboye bakanandika amabaruwa??? Ngo bibafashe iki c??? Uyu mwana abaye afite ibyaha yakurikiranwa na RIB ark FARG Ntaho ihuriye no kuba arumuvugizi w’ishyaka runaka.

  7. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Nimba atashyigikiye ishyaka rimufasha se baba bamufasha iki iryoshyaka ashyigikiye rizamwishyurire

  8. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Nimba atashyigikiye ishyaka rimufasha se baba bamufasha iki iryoshyaka ashyigikiye rizamwishyurire

  9. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ntabwo aricyo yagakwiriye kwitura abamurihira.Amashyaka mu Rwanda arahari menshi Kandi yemewe, nkumuntu wacutse ku icumu rya genocide yakorewe abatutsi ntabwo iryo shyaka ariryo rimubereye.Yarayobye” Kugira amahirwe ntuyakoreshe neza burababaza”

  10. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ntabwo aricyo yagakwiriye kwitura abamurihira.Amashyaka mu Rwanda arahari menshi Kandi yemewe, nkumuntu wacutse ku icumu rya genocide yakorewe abatutsi ntabwo iryo shyaka ariryo rimubereye.Yarayobye” Kugira amahirwe ntuyakoreshe neza burababaza”

  11. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ntabwo aricyo yagakwiriye kwitura abamurihira.Amashyaka mu Rwanda arahari menshi Kandi yemewe, nkumuntu wacutse ku icumu rya genocide yakorewe abatutsi ntabwo iryo shyaka ariryo rimubereye.Yarayobye” Kugira amahirwe ntuyakoreshe neza burababaza”

  12. Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
    Ntabwo aricyo yagakwiriye kwitura abamurihira.Amashyaka mu Rwanda arahari menshi Kandi yemewe, nkumuntu wacutse ku icumu rya genocide yakorewe abatutsi ntabwo iryo shyaka ariryo rimubereye.Yarayobye” Kugira amahirwe ntuyakoreshe neza burababaza”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *