Visi Perezida mushya wa Uganda, Maj (Rtd) Jessica Alupo, wagenwe kuri uyu mwanya na Perezida Museveni kuwa Kabiri ushize, ni umugore w’umuhanga kandi w’intararibonye mu bya gisirikare, ubutasi na politiki, wavuga ko agiye gufasha umukuru w’igihugu cya Uganda muri izi nzego zose afitemo ubunararibonye bitewe n’imyanya yagiye abamo, akaba ari umugore rero utapfa gufata nk’umuntu woroshye na gato tugiye kugaruka ku buzima bwe mu ncamake nk’uko tubikesha Wikipedia.
Major (Rtd) Alupo yavukiye mu Karere ka Katakwi ku itariki 23 Gicurasi mu 1974. Yize amashuri abanza ku Ishuri Ribanza rya Apuuton Katakwi, icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye akiga kuri Kangole Girls School, icya kabiri akiga kuri Ngora High School, ari naho yayasoreje.
Nyuma yaho, yabanje gufata amahugurwa yo kwita kuri canteen zo mu mashuri yisumbuye, mbere yo gutangira amasomo ya gisirikare aho yagiye kuri Cadet Course, mu ishuri rya gisirikare rya Uganda Junior Staff College riherereye mu Karere ka Jinja.
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye na politiki n’indimi yakuye muri Kaminuza Makerere mu 1997, akagira impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu na yo yakuye muri Kaminuza ya Makerere mu 2008 mu bijyanye n’Imibanire mpuzamahanga na dipolomasi.
Afite kandi impamyabushobozi mu bijyanye n’imiyoborere n’imicungire yabonye mu 2008, yakuye mu Ishuri Rikuru ry’imicungire rya Uganda (Uganda Management Institute).
Impamyabumenyei ya kabiri y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imiyoborere n’imicungire yaje kuyibona mu 2009 nayo ayikuye muri Kaminuza ya Makerere mu 2009.
Mu myaka ishize, yagiye akora mu myanya itandukanye. Yabaye umwarimu mu ishuri ryisumbuye rya Katakwi High School, mu Mujyi wa Katakwi, ho mu Karere ka Katakwi, mu burasirazuba bwa Uganda.
Mu gisirikare, uyu mugore yabaye umwarimu mu ishuri rya gisirikare ryigisha imirwanire yo mu mijyi rizwi nka Uganda Urban Warfare Training School, riherereye ahitwa Singo, mu Karere ka Nakaseke, hagati muri Uganda.
Uyu kandi yabaye umwe mu basirikare bakuru mu Rwego rushinzwe Ubutasi bwa gisirikare (CMI) muri Kampala.
Mu 2001 nibwo yinjiye muri politiki nk’umukandida depite uhagarariye abagore bo mu Karere ka Katakwi agendeye ku itike y’ishyaka NRM rya Perezida Museveni. Yaratsinze yongera gutorwa mu 2006. Mu 2009, yagizwe Umunyamabanga wa leta ushinzwe urubyiruko n’ibibazo by’abana.
Mu 2011, yongeye gutorerwa umwanya we mu nteko ishinga amategeko, maze ku itariki ya 27 Gicurasi muri uwo mwaka wa 2011 mu mavugurura ya guverinoma agirwa minisitiri w’uburezi na siporo asimbuye Namirembe Bitamazire.
Mu 2016, yatakaje umwanya we mu nteko ishinga amategeko, yongera kuwugarukamo mu 2021 na none ahagarariye abagore bo mu Karere ka Katakwi.
Visi Perezida Jessica Alupo yashakanye na Innocent Tukashaba, akaba ari umuntu ukunda gusoma, gukora ingendo no gukangura abaturage.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Umwarimu mu bya gisirikare, intasi muri CMI, Maj (Rtd) Jessica Alupo, Visi Perezida wa Uganda
So what? Ntimigatinye baringa
Umwarimu mu bya gisirikare, intasi muri CMI, Maj (Rtd) Jessica Alupo, Visi Perezida wa Uganda
So what? Ntimigatinye baringa