USA: Abanyarwanda bemeje ko bumvirijwe na Israel kuri Whatsapp

Sangiza iyi nkuru

Abanyarwanda batandatu bavuga ko bafite aho bahuriye n’ibirego Kompanyi yitwa NSO yo muri Israel iregwamo byo kumviriza abantu kuri Watsapp.

Nyiri Whatsapp na Facebook kuwa Kabiri tariki ya 29 Ukwakira 2019 yagejeje ikirego mu rukiko arega Kompanyi ya ‘Software’ yo muri Israel ayishinja ko ibikoresho by’itumanaho birimo telefoni 1,400 ubutumwa bwazo bwumvirijwe.

Telefoni zumvirijwe ngo ziganjemo iz’abanyamakuru, impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu, abanyamategeko ndetse n’abatavuga rumwe na za Leta.

Inkuru icukumbuye ya Financial Times (FT) yasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Ukwakira 2019, ivuga ko mu “bumvirijwe kuri Whatsapp abenshi ari abo mu Rwanda.”

Iki kinyamakuru kivuga ko cyavuganye n’Abanyarwanda batandatu bahungiye muri Amerika, kitavuze amazina yabo ari bo cyavuganye nabo gusa, bakibwira ko bumvirijwe ndetse gishyiramo n’ibiganiro bagiranye.

Uko kumviriza telefoni z’abantu byatangiye (hacking)

Uwinjiriye telefoni z’aba bantu cyangwa ibindi bikoresho byabo bakoreshaho Whatsapp, byatangiraga nyiri telefoni (uwo bashaka kumviriza) ahamagarwa mu buryo bw’amajwi cyangwa amashusho (vodewo) kuri Whatsapp ye.
Kuyitaba cyangwa kutayitaba ntacyo byabaga bivuze kuko guhamgarwa byo byonyine byabaga bihagije ngo humvirizwe ibiganiro byose uwahamagawe yabaga agiye kuzagira nyuma yo guhamagarwa n’iyi nimero we yabaga atazi.

Iki kirego kiregwamo Kompanyi ya NSO kivuga ko yakoze ‘application’ yitwa Pegasus ngo ifite imbaraga mu butasi ku bijyanye no kureba uwumvirizwa ibyo yanditse, kumva abo ahamagara, aho aherereye mbese ibasha kugenzura imikoreshereze ya telefoni ye muri rusange.

Whatsapp ivuga ko yatanze ikirego nyuma y’igenzura yakoranye na Laboratwari yo muri Canada yitwa Citizen, ikorana bya hafi na Kaminuza ya Toronto maze bagasanga koko hari abakoresha Whatsapp binjiriwe bikozwe na NSO yo muri Israel.

Iki kirego gitanzwe nyuma y’aho Financial Times muri Gicurasi 2019 yari yatangaje ko abakoresha Whatsapp baba barinjiriwe, aha nanobe uwatungwaga agatoki ni Kompanyi ya NSO.

Aha abakoresha Whatsapp bari bagiriwe inama yo gukora ‘update’ yayo mu rwego rwo guhangana n’ibi bitero.

Abanyamategeko bavuga ko uru rubanza ruzagomba abakuru kuko bizasaba Whatsapp ko ishyira hanze uburyo bwa ‘Inscription’ bwayo uko bukora.

Kugeza ubu ntiharamenyekana uwaba yaratumye iyi Kompanyi ya NSO kumviriza aba Banyarwanda bataramenyekana imyirondoro ndetse n’icyo yamazaga amakuru yabakuragaho.

Kuri ubu, abo amazina yabo yamenyekanye ko bumvirizwaga na Israel ni impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zo muri Maroc; Umuhanga Maati Monjib n’umunyamategeko w’uburenganzira bwa muntu, Abdessadak El Bouchattaoui.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *