Muri Amerika, imyigaragabyo y’abaharanira uburenganzira bw’abirabura yongeye kubura nyuma y’aho ku cyumweru tariki ya 23 Kanama 2020, umunyamerika w’umwirabura witwa Jacob Blake yarashwe amasasu 7 na polisi ikorera muri Leta ya Wisconsin, aho yari akurukiranweho icyaha cyo guhohotera umukunzi we.
Rusten Sheskey, umupolisi ukorera mu gace ka Kenosha warashe Jacob Blake, yavuze ko ubwo Blake yafunguraga umuryango w’imodoka ye, yahise akeka ko agiye gukuramo intwaro ahita amurasa amasasu 7 mu bitugu mu rwego rwo kwirinda ko yamutanga akamurasa.
Ubwicanyi n’ihohoterwa rikorerwa abirabura muri Amerika si ubwa mbere ribaye kuko n’ejo ku wa Gatatu, Polisi ya Texas yafunze umwana w’umwirabura w’imyaka 17, abandi 2 bari kumwe nawe baraswa baricwa.
CNN yatangaje ko aho Jacob Blake arwariye mu bitaro arimo koroherwa mu gihe imyigaragambyo yo ikomeje gufata indi ntera.
Perezida Donald Trump yahise asaba ibigo by’umutekano nka FBI na US Marshal kwihutira gukaza umutekano mu gace Blake yarasiwemo, hirindwa ko abigaragambya bakwangiza ibikorwa remezo bya Amerika.
Kugeza ubu, abigaragambya bahise bigabiza imihanda yo mu migi ikomeye muri Amerika nka Portland, Oregon na Minneapolis, yo muri Leta ya Minnesota, ahaheruka kicirwa undi mwirabura George Floyd bigateza imyigaragambyo ikomeye yiswe Black Lives Matter ku Isi yose.
Abigaragambya bakomeje kwiyongera muri Amerika, ndetse n’ibikorwa bimwe na bimwe byafunze imiryango ku isonga imikino ya Play offs ya NBA yagombaga kuba mu rukerera yasubitswe.


