Uwitwara nk’aho nta Corona ihari yisubireho cyangwa agume mu rugo_Minisitiri Busingye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnson, yasabye Abanyarwanda bakomeje gukerensa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 kwisubiraho, abatabishoboye bagahitamo kuguma mu ngo zabo.

Minisitiri Busimgye yabitangaje nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ifashe ingamba nshya zo kwirinda ko Covid-19 ikomeza gukwirakwira mu gihugu, harimo gusubika ingendo ziva n’izijya mu mujyi wa Kigali no mu ntara zose z’Igihugu.

Ni icyemezo cyafashwe mu gihe Abanyarwanda bari bafite biteze ko igihugu gishobora gusubizwa muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera imibare y’ubwandu bushya bwa Covid-19 ikomeje kwiyongera.

Minisitiri Johnson Busingye abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yibukije Abanyarwanda ko ingamba zashyizweho ari izo kugira ngo abandura n’abahitanwa na Covid-19 badakomeza kwiyongera, aboneraho gusaba abibwiraga ko nta Covid-19 iriho kwisubiraho.

Yagize ati: “Nta guma mu rugo yashyizweho. Hashyizweho ingamba z’inyongera zatuma abandura n’abaducika bagabanuka, umubare w’abakira ugakomeza kwiyongera n’ubuzima bugakomeza. Icyitonderwa! Uwitwara nk’aho nta korona ihari yisubireho vuba cyangwa agume mu rugo.”

Ubutumwa bwa Busingye bugenewe abakomeje kwanga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda kiriya cyorezo, harimo abakunze gukoranyiriza abantu mu ngo zabo bagakora ibirori nyamara amabwiriza avuga ko bitemewe.

Hari n’abaciye amazi ingamba zo kwirinda zashyizweho zirimo kwambara agapfukamunwa kandi neza, kwimakaza umuco w’Isuku ndetse no guhana intera hagati y’umuntu n’undi.

Ingaruka z’ibyo byose zabaye ubwiyongere bukabije bw’abanduye Covid-19 n’abahitanwe na yo, aho imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko abamaze kwandura ari 3,625 barimo 15 bapfuye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *