Amb. Olivier Nduhungirehe yavanwe ku mirimo ye ku bwo kutagendera kuri politiki ya leta

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 9 Mata 2020 yavanye Amb. Olivier Nduhungirehe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Ushinzwe EAC ku bwo kudashyira imbere politiki ya leta. Iri tangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri rivuga ko mu mikorere ya Amb. Nduhungirehe yaranzwe no kugaragaza imyumvire ye, aho gushingira […]

Kwibuka26: Ubwigunge bwa MAM mu gihe cya Covid-19

Kwibuka ku nshuro ya 26 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 byahuriranye gahunda yiswe #GumaMuRugo kubera akato ka Covid-19. Ni ubusharire bukomeye ku bacitse ku icumu. Ariko ni amahitamo y’ubuzima! Ni saa yine z’amanywa ku munsi wa gatatu w’icyumweru cyo kwibuka ku buryo budasanzwe jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. MAM, ku mpine z’amazina ye, ntakoma, yitangiriye […]

Gen. Kasirye Ggwanga avuga ko yatawe muri yombi

Umwe mu basirikare bazwiho kutarya umunwa ku bibazo bimwe na bimwe muri Uganda, Maj. Gen. (Rtd) Kasirye Ggwanga avuga ko yatawe muri yombi aho afungiwe ku biro bikuru by’Igisirikare cya Uganda (UPDF) biri i Mbuya mu Mujyi wa Kampala. Ggwanga nk’uko DailyMonitor ibitangaza, yivugira ko afunzwe, bihabanye n’ibyari byatangajwe na UPDF ko ari kuvurwa. Ati […]

Fulgence Baramos na we yatawe muri yombi nyuma ya Vital Kamerhe

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imihanda muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FONER), Fulgence Baramos yatawe muri yombi kuri uyu wa 9 Mata 2020 nyuma y’Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Vital Kamerhe. Baramos yafungiwe muri Gereza ya Makala akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amadolari y’Amerika arenga miliyoni 50 yagombaga gukoreshwa mu gusana imihanda iri mu ntara ya Kivu […]

Rwanda yafunguka kuhusu taarifa za kifo cha mutu juu ya Coronavirus

Ofisi kuu ya Uchunguzi wa Uhalifu nchini Rwanda (RIB) imepiga marufuku taarifa kwamba raia ya Uingereza, Mathew Robert alifariki kutokana na Coronavirus. Msemaji wa RIB, Marie Michelle Umuhoza ameambi vyombo vya habari nchini kuwa walifanya uchunguzi kwa mwili wa marehemu halafu wakaona kuwa kifo hakikusababishwa na COVID-19 kama ilivyozagaa kwenye mitandao ya kijamii hasa Twitter […]

Gen. Dallaire yasabye Canada guhana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Rtd Lt. Gen. Romeo Dallaire, umunya-Canada wari uyoboye ingabo za MINUAR zari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye Leta y’igihugu cye gukoresha ububasha bwose ifite igahana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabitangaje ubwo yifatanyaga na Ambasade y’u Rwanda muri Canada kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi. Gen. Dallaire, asanga guhakana ko […]

Uganda: Abakozi n’umuyobozi mu biro bya Minisitiri w’Intebe batawe muri yombi

Abakozi n’umuyobozi bashinzwe ibaruramari mu biro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda kuri uyu wa 9 Mata 2020 batawe muri yombi bakurikiranweho kugira uruhare mu izamuka ry’ibiciro bya kawunga ndetse n’ibishyimbo muri iki gihe cya Coronavirus. Aba ni: Umunyamabanga uhoraho, Christine Guwatudde Kintu, Umuyobozi ushinzwe ibaruramari, Joel Wanjala Komiseri Ushinzwe Amasoko, Fred Lutimba, Martin Owor, Komiseri […]

Politiki, intwaro kirimbuzi ikomeje kugarika ingogo muri ibi bihe bya Coronavirus

Iyi ni tweet ya WHO yo ku wa 14 Mutarama 2020

Kuva indwara y’icyorezo ya Coronavirus (COVID-19) yagaragara ku Isi, hamaze gutakara ubuzima bw’abantu benshi ariko hari impungenge ko imibare ishobora kuzamuka cyane bitewe n’impamvu nyinshi, politiki ikaza ku isonga. Kugira ngo byumvikane neza, birasaba guterera ijisho mu Bushinwa, aho umurwayi wa mbere w’iki cyorezo yagaragaye mu mugi wa Wuhan mu Gushyingo 2019 ariko byasabye igihe […]

Rusizi: Bombori bombori muri SACCO ya Nzahaha

Icyitegetse Brigitte yibaza ukuntu yahabwa amanota 95,3% y'ubudashyikirwa mu kazi yarangiza agahagarikwa mu kazi ku mpamvu yumva ari akarengane.

Bamwe mu banyamuryango ba Coperative Nzahaha Intsinzi SACCO mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi , ntibavuga rumwe na perezida w’inama y’ubuyobozi ku ihagarikwa ry’uwari umucungamutungo wayo bo bavuga ko yayikuye mu bihombo bikomeye akayigeza ku rwunguko , akaba yarandikwe ibaruwa imuhagarika ku kazi ngo mu buryo batigeze bamenyeshwa. Iri hagarikwa ngo batumva impamvu […]

Kwibuka26: Umuhanzi Bahati Alphonse mu ndirimbo ye arasaba abanyarwanda kugaruka ku isoko

Mu ndirimbo ye ijyanye no Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi , umuhanzi Alphonse Bahati, yavuze ko impamvu yakoze iyi ndirimbo ” Nikuki “ ari ubutumwa yifuje gutanga mu gihe nk’iki , kugira ngo Abanyarwanda bagaruke ku isoko y’umuco wabo, bibuke ibihe bya kera n’uko bahoze babana abakoloni batarabacamo ibice . Uyu muhanzi usanzwe aririmba indirimbo zo […]

Bufundu: Inzu z’Abatutsi 1,200 zaratwitswe, ibihumbi bitanu babura aho bikinga

Mbere y’amatora y’inzego z’ibanze yabaye muri Nyakanga 1960, habaye imvururu muri Astrida mu Bufundu aho Abatutsi batwikirwaga amazu 1,200 ndetse abagera ku bihumbi bitanu bagasigara batagira aho kwikinga. Umwanditsi Antoine Mugesera, mu gitabo cye IMIBEREHO Y’ABATUTSI KURI REPUBULIKA YA MBERE N’IYA KABIRI (2004), avuga ko ibyo gutwika amazu y’Abatutsi byabereye mu Bufundu ahitwa i Kinyamakara […]

RIB yavuze ko ari ibihuha byatangajwe ko hari uwishwe na Coronavirus mu Rwanda

Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rutangaza ko amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ko hari umuntu wa mbere Coronavirus yishe mu Rwanda ari ibihuha. Mu minsi mike ishize, hari amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter, ko Umwongereza, Mathew Robert Wilson, w’imyaka 56, yapfiriye mu Rwanda azize Coronavirus (COVID-19). Uyu mwongereza yapfuye kuwa 5 Mata uyu […]

Museveni yishimiye imfashanyo ya mukeba we Bobi Wine ku batishoboye

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yahaye ikaze imfashanyo yatanzwe na mukeba we Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yo gufasha Abanya-Uganda babaye kuticwa n’inzara mu gihe cyo kutava mu rugo hirindwa Coronavirus. Museveni yagaragaje ko yishimiye inkunga yatanzwe n’agatsiko ka People Power kayobowe na Kyagulanyi, ubwo yatungurwaga no kukabona ku rutonde rw’abagiraneza bagobotse Abagande. […]

Ruhengeri: Perefe Karuhije yakoze lisiti y’Abatutsikazi

Uwari Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri, Karuhije mu myaka y’1970 yakoze lisiti y’Abatutsikazi bivugwa ko bashotora bagenzi babo b’Abahutukazi mu ishuri ry’i Rwaza, ahaninini hagamijwe kubirukana bazira kuba Abatutsi . Mu 1972-1973, habayeho kwirukana Abatutsi mu mashuri ndetse no mu kazi. Mu Ruhengeri, naho byabayeho ibyo kwirukana abanyeshuri b’Abatutsi nk’uko Umwanditsi Antoine Mugesera, mu gitabo […]

Rwamagana: Abasheshe akanguhe bavuga ko badatabawe bakwicwa n’inzara

whatsapp_image_2020-04-08_at_19.28.10.jpg

Abakecuru bari hagati yimyaka 80 na 97 batuye mu Mudugudu wa Bigabiro mu Karere ka Rwamagana , Umurenge wa Kigabiro, akagari ka Cyanya, barataka kwicwa inzara, nyuma y’aho imfashanyo babonaga mu bihe bisanzwe batakiyibona ndetse hakiyongeraho na guma mu rugo hagamijwe kwirinda icyorezo cya COVID-19 . Aba biganjemo abari mu myaka iri hejuru ya 80 […]

Komini Giti yagize ubutwari muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Komini Giti yahoze mu cyari Perefegitura ya Byumba, izwiho kuba agace rukumbi kabashije kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu ntikibaho kuko igice kimwe cyayo cyometswe ku karere ka Gatsibo naho ikindi kibarizwa mu karere ka Gicumbi. Muri iyi minsi, guhera kuwa 07 Mata 2020, Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda bakomeje igikorwa cyo kwibuka ku […]

5 more people test positive for COVID-19 in Rwanda

Rwanda has confirmed an additional five cases of coronavirus, bringing the tally of cases that have so far tested positive to 110 as of Wednesday. Seven of the 110 positive cases have fully recovered from the virus and been discharged. There are no deaths recorded so far The first batch of four patients was discharged […]