Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abarwayi bashya 6, abakize 11

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 6 barwaye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 1197 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 120 barimo 11 bakize uyu munsi Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 255, abantu 135 baracyarwaye.
Museveni afite gahunda yo gukora intwaro ziyongera ku modoka z’intambara-Amafoto

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku Munsi Mpuzahanga w’Umurimo tariki ya 1 Gicurasi 2020 yatangaje umushinga wo gukora izindi intwaro ziyongera ku modoka z’intambara zitwa ‘Nyoka’ ziteranyirizwa muri iki gihugu. Uyu Mukuru w’Igihugu, mu nkuru ya Nile Post yavuze ko ari igihe cyo kongera ubwirinzi kandi kuri we ngo birashoboka kuko n’abakurambere bacuraga amacumu. […]
Covid-19: Kugabanya no guhagarika imishahara; umuti usharira ku bakozi
Icyorezo cya Covid-19 cyazanye impinduka mu bice bitandukanye byubuzima rusange bwabantu: politiki, ubukungu, iyobokamana, imibereho myiza nibindi. Ni muri urwo rwego abakozi basanzwe bakorera imishahara ya buri kwezi bavuga ko ubuzima bubagoye muri iyi minsi batari guhembwa. Kubera icyorezo cya COVID-19, ibigo byinshi byafashe icyemezo cyo guhagarika imishahara y’abakozi babyo no gusesa amasezerano y’akazi kuri […]
#kwibuka26: Ibanga ryo kwica abatutsi muri ‘Mille Collines’ ryaramenetse, umugambi urapfuba
Abakoraga jenoside bari bagambiriye kwica abatutsi bari bahungiye muri ‘Hôtel des Milles Collines’ tariki ya 2 Gicurasi 2020 ariko umugambi urapfuba kuko wari wamaze kumenyekana utarashyirwa mu bikorwa. Muri iki gihe, ibitangazamakuru byo mu Bufaransa byari byamaze gutangaza iby’uyu mugambi, umuryango uharanira inyungu z’abaturage (sosiyete sivile) wo muri iki gihugu urawamagana. Byatumye Guverinoma ya François […]
Urutonde rw’abaperezida batanu bakennye muri Afurika

Ku mugabane wa Afurika, byabaye itetu ko umutegetsi asahura igihugu, agakungahara igihe cyose ari ku butegetsi. Gusa ntibibuza bamwe muri bo kuba bagarukwaho nk’abakennye. Kuba bakennye si ku rwego rwa rubanda bategeka, ahubwo bitwa ko bakennye harebwe kuri bagenzi babo ibyo batunze. Ikinyamakuru African Standard gitangaza ko abaperezida bo muri Afurika bakurikirana gutyo: 5. João […]
Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?

Imyaka itanu irirenze uwari umusirikari mukuru mu ngabo z’u Burundi w’ipeti rya Major General, Godefroid Niyombare amenyekanye cyane. Kumenyekana kwe kwatewe no kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza mu 2015, umugambi waje gupfuba no kuburizwamo bikarangira abawuteguye bahunze igihugu abandi barafatwa bashyirwa mu magereza. Ubu uwariwe wese yakwikabaza aho uyu musirikare aherereye cyane ko ari […]
Kaminuza ya Gulu: Abanyeshuri bababajwe no kuba batunzwe n’igikoma n’imyembe
Bamwe mu banyeshuri ba kaminuza ya Gulu batangaje ko bababajwe n’uko muri iki gihe batunzwe n’igikoma ndetse n’imyembe bitewe n’uko ibyo kurya bisanzwe byabashiranye. Aba ni ababuze uko bataha iwabo nyuma y’aho Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yashyiriyeho amabwiriza yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, ingendo zigahagarara. Umunyeshuri wiga […]
Trump ntiyemeranya n’Ubutasi buvuga ko Coronavirus itakorewe mu Bushinwa
Perezida Donald Trump wa Amerika yagaragaje ko adahuza n’inzego z’ubutasi za leta ye ubwo yavugaga ko yabonye ibihamya ko coronavirus yakorewe muri laboratoire mu Bushinwa. Uyobora ibiro by’ubutasi bya Amerika yari yatangaje ko bakiri gukora iperereza ku nkomoko y’iyi virus. Gusa ibi biro bivuga ko byamaze kubona ko Covid-19 “atari virus yakozwe n’abantu cyangwa yahinduwe […]
Rubavu: Noteri akurikiranweho guhindurira ibyangombwa uwagurishije isambu umugore atabizi
Noteri w’Ubutaka mu Murenge wa Rugerero, Barigora Rwemera afunzwe akurikiranweho gufasha guhindura ibyangombwa by’ubutaka umugabo wagurishije umutungo rwihishwa umugore we atabizi. Umwe mu bayobozi b’Umurenge wa Rugerero utashatse ko amazina ye atangazwa, yatangarije Bwiza.com ko yamenye iby’ayo makuru y’itabwa muri yombi rya Rwemera. Ati “Nanjye nabyumvise gusa sindabimenyaho byinshi.” Bwiza.com yagerageje kuvugana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubushinjacyaha […]
Amerika yemeje Remdesivir nk’umuti wihutirwa wa Covid-19
Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rushinzwe gusuzuma imiti n’ibiribwa, FDA rwemeje ko umuti wa Remdesivir watangira kuvura abarwayi b’icyorezo cya Covid-19 mu buryo bwihutirwa. Uyu muti wabanje kwemerwa n’impuguke mu bumenyi bw’ubwirinzi bw’umubiri (immunology) mu biro bya Perezida Donald Trump, Dr. Anthony Fauci uri mu bavumbuye umuti ugabanya ubukana bwa virusi itera SIDA ndetse […]
Perezida Kim Jong Un yagaragaye mu ruhame nyuma y’iminsi avugwa ko yapfuye
Nyuma y’ibyumweru hafi bitatu bivugwa ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yapfuye, yongeye kugaragara mu ruhame ku Munsi Mpuzamahanga w’Umurimo kuri uyu wa 1 Gicurasi 2020 ubwo yafunguraga uruganda ruzajya rukora ifumbire. Aya makuru yemejwe n’ibiro ntaramakuru by’iki gihugu. KCNA (Korean Central News Agency) byashyize hanze n’ifoto y’uyu Mukuru w’Igihugu ubwo yari […]