Gicumbi:Dushimimana yariye inyama iramuniga arapfa

Mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Byumba , Akagali ka Gacurabwenge umudugudu wa Rwasama, haravugwa umusore w’imyaka 22 wamize inyama iramuniga arapfa. Ni umusore witwa Dushimimana Vincent witabye Imana ejo kuwa Gatanu taliki 05 Mata 2024, yapfuye ubwo yamiraga inyama igahagama mu muhogo . Ibi byabaye ubwo yajyaga gufata amafunguro muri Restaurant yari hafi aho […]

Perezida Samia yashimagije Yanga na Simba zasezerewe muri CAF Champions league

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yashimagije amakipe ya Simba Sports Club na Young Africans yo mu gihugu cye, nyuma yo gusezererwa muri ¼ cy’irangiza cya CAF Champions league. Young Africans yasezerewe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo kuri penaliti 3-2, nyuma yo kurangiza imikino yombi nta kipe n’imwe ibashije kureba mu izamu ry’indi. […]

FARDC yafashe umujyanama wa Nangaa, ashinja abarimo Kabila na Gen Numbi gufasha M23

Igisirikare cya Rpubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi Eric Nkuba Shebandu alias Malembe wari umujyanama mu bya politiki wa Corneille Nangaa uyobora ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23. Umuvugizi wa FARDC, General Major Sylvain Ekenge ubwo yamwerekaga itangazamakuru, yavuze ko yafashwe n’Ingabo zo mu mutwe udasanzwe za RDC, […]

Abanya Ukraine babyutse baramutswa ibitero by’indege z’Uburusiya byahitanye imbaga

Byibuze abantu batandatu baguye mu gitero cy’indege zitagira abadereva z’Uburusiya byarashwe mu mujyi wa Kharkiv wo muri Ukraine. Umuyobozi w’akarere ka Ihor Terekhov, yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, indege zitagira abapilote za Shahed zakozwe na Irani zangije inyubako nyinshi zirimo amazu yo kubamo muri uyu mujyi. Mu byumweru bicye bishize ibindi […]

Amahanga yahaye u Rwanda icyemezo gihamya ko inzibutso enye zashyizwe mu murage w’isi

UNESCO yamaze gushyikiriza Guverinoma y’u Rwanda, icyemezo gihamya ko imaze ko Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo urwa Kigali, Nyamata, Bisesero n’urwa Murambi zashyizwe mu Murage w’Isi Iki cyemezo guverinoma yagishyikirijwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco [UNESCO], Audrey Azoulay. Ni mu gihe kuwa 20 Nzeri 2023, aribwo izi nzibutso […]

Ba Perezida 2 baraye i Kigali

Perezida Petr Pavel wa Repubulika ya Tchèque na Andry Rajoelina wa Madagascar, babimburiye abandi benshi bategerejwe mu Rwanda aho bagomba kwitabira umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 5 Mata ni bwo abakuru b’ibihugu byombi bageze i Kigali. Bombi bakiriwe ku kibuga cy’indege na […]

Umuyobozi wa STT ishinjwa gucucura Abanyarwanda arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze Uwimana Jean Marie Vianney, wari umuyobozi wa Company ya Super Free to Trade (STT) yakoraga mu buryo butemewe ubucuruzi bw’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, avuga ko Uwimana “akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya aho afite ikigo kimwanditseho cyitwa Super Free to Trade (STT) […]

Burundi: Abagore b’inshoreke bari guhigwa bukware bashinjwa gutera igihugu umwaku

Leta y’u Burundi yatangiye guhiga abagore b’inshoreke ikabatandukanya n’abari abagabo babo, nyuma yo kubashinja gutera iki gihugu umwaku bigatuma kidatera imbere. Umukwabu wo kwirukana aba bagore umaze igihe ukorerwa mu bice bitandukanye by’u Burundi, by’umwihariko mu ntara ziherereye mu gice cy’amajyaruguru y’iki gihugu. Nko mu ntara ya Ngozi, ubuyobozi bwayo busobanura ko mbere yo gutangira […]

Afurika y’Epfo:Uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yarekuwe by’agateganyo ku ngwate

Mapisa-Nqakula wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Afurika y’Epfo yarekuwe nyuma y’uko yemeye gutanga ingwate y’ibihumbi 2670 by’Amadorali. Ejo hashize kuwa Kane, uyu mubyeyi wari perezida w’inteko ishinga amategeko, nibwo yatawe muri yombi nyuma yo kwishyikiriza Polisi. Ni nyuma y’uko hari hashize igihe kitaragera ku masaha 24 yeguye kuri izo nshingano. Ashinjwa ibirego bya ruswa […]

RDC-Ituri:Indege yakoze impanuka irangirika bikomeye

Indege yo muri sosiyete ya TRACEP yavaga muri Bunia yerekeza ku kibuga gito cy’indege cya ZALE nko mu birometero 4 hafi yo mu burasirazuba bwa komini ya Mahagi mu Ntara ya Ituri, yakoze impanuka ikomeye. Ni impanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 5 Mata 2024,aho abatangabuhamya babibonye babwiye itangazamakuru rya […]

P. Kagame arifuza ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo wazambijwe n’abarimo Col. Karegeya wasubira mu buryo

Perezida Paul Kagame yatangaje ko yifuza kubona umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo usubira mu buryo ukaba nk’uko wahoze, nyuma y’igihe kirekire warazambye. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umunyamakuru Sophie Mokoena wa SABC (Igitangazamakuru cya leta ya Afurika y’Epfo). Kuva mu 1994 ubwo Afurika y’Epfo yari ikiyobowe na Nelson Mandela u Rwanda […]

RIB yihanangirije abakoresha amagambo ashengura umutima abarokotse Jenoside

Mu gihe kuva tariki 7 Mata 2024, hazatangira Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB ruraburira abakoresha imvugo zisesereza abarokotse Jenoside ko batazihanganirwa na gato. Uru rwego rwagaragaje ko muri iyi myaka hasigaye hagaragara abakora ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishingiye ku kubwira abayirokotse […]

Perezida Cyril Ramaphosa ategerejwe i Kigali

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, ategerejwe i Kigali mu mpera z’iki cyumweru. Perezida Ramaphosa azaba yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nk’uko Sophie Mokoena uri mu banyamakuru bakuru b’igitangazamakuru cya Leta ya Afurika y’Epfo (SABC) yabitangaje. President Cyril Ramaphosa is expected to travel to Kigali Rwanda this […]

King James yemeye kwishyura incuti ye imushinja ubwambuzi

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi mu muziki nyarwanda nka King James, yemeye kwishyura umugabo umushinja kumwambura amafaranga ariko bikabanza byaca mu butabera. Mu ijoro ryakeye ni bwo uwitwa Pasiteri Ntezimana Blaise uba muri Suède yanditse ku rubuga rwe rwa X ubutumwa busaba Perezida Paul Kagame kumurenganura akabona ubutabera, nyuma yo kuvuga ko yahaye King James amafaranga […]

Burundi:Bategereje urupfu ngo rubakize akaga k’ubukene bwaganjije igihugu

Mu gihugu cy’u Burundi ubukene buravuza ubuhuha kugeza ubwo hari abavuga ko bategereje urupfu kuko nta kindi ngo bafite bakora cyabubakiza. Ibi bitangazwa n’abaturage batuye mu mujyi wa Bujumbura baganiriye n’Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, aho bavuze ko ubuzima bwabaye ndanze bityo bakaba bategereje urupfu rwonyine ruzabavana muri ako kaga. Umwe mu benegihugu wahaye […]

Perezida Petr Pavel ategerejwe mu Rwanda

Perezida Petr Pavel wa Repubulika ya Tchèque, ategerejwe mu Rwanda aho agomba kugirira uruzinduko kuri uyu wa Gatanu. Uyu mukuru w’igihugu ari mu banyacyubahiro bagomba kwitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo hibukwa ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni umuhango uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 7 Mata. Amakuru atangwa na Perezidansi ya […]

Israel irashinjwa kunaniza abashaka gutanga imfashanyo muri Gaza

Abaterankunga batandukanye bashamikiye ku miryango mpuzamahanga baratabaza nyuma y’uko ngo babona Israel irikwitabika gahunda yabo yo gutanga imfashanyo mu ntara ya Gaza. Prezida w’umuryango w’abaganga batagira imipaka, Isabelle Defourny yatanze impuruza ko muri iyo ntara hashobora kuba jenoside. Uyu muganga avuga ko umuryango ayoboye umaze gupfusha abakozi batanu muri 300 bakorera muri Gaza.Yavuze ko Gaza […]

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byavuguruwe

Ibiciro bya Lisansi na Mazutu byongeye kuvugururwa , aho kugeza ubu Lisansi na Mazutu byatangajwe ko byszamutse bigatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu. Byatangajwe n’urwego Ngenzuramikorere (RURA) aho Igiciro cya Lisansi cyashyizwe ku mafaranga 1,764 kuri Litiro kivuye ku mafaranga 1,637 kuri Litiro cyari cyashyizweho kuva mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka. Ibi bikaba bisobanuye […]

Nyaruguru: Yabyaye umwana w’umuhungu amujugunya mu musarane w’akabari akurwamo akiri muzima

132f6758-5378-4094-9949-09d4481b77b7.jpg

Umukobwa w’imyaka 29, kuri ubu duhishiriye amazina, utuye mu mudugudu wa Kibayi, akagari ka Mpanda, umurenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru, birakekwa ko yabyaye umwana w’umuhungu akamujugunya mu musarane w’akabari yacururizagamo. Abantu bari hafi aho babiketse, bajya kureba mu musarane, bavanamo uwo mwana akiri muzima ahita ajyanwa kwa muganga. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri […]

U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n’inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora. Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n’inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida w’u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy’inumamo, […]

Afurika y’Epfo:Uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yishyikirije Polisi

Nosiviwe Mapisa-Nqakula wari Perezida w’inteko ishinga amategeko wa Afurika y’Epfo yishyikirije Polisi y’i Pretoria nyuma y’amasaha macye yeguye ku mirimo ye. Yashinjwaga kwakira ruswa y’amadolari ibihumbi 135 000 n’umusatsi w’umukorano (perruque) yahawe mu buryo butazwi. Ubushinjacyaha, buvuga ko uyu mubyeyi kandi ubwo yari Minisitiri w’Ingabo yagiye yakira amafaranga adafitiwe ibisobanuro.Mu 2019 ngo nabwo yakiriye ruswa […]

Kiliziya Gatolika yongeye kwikoma ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi

Idini Katolika, rivuga ko ryongeye kugaragaza uko ubutegetsi bwa Tshisekedi ko ari balinga, kuko usanga amafaranga menshi ashyirwa muri politiki yo muri iki gihugu naho abaturage bakahatesekera. Byavuzwe n’umukuru w’iri dini Karidinali Frodolin Ambongo ubwo yari i Kinsasa, agaragaza ko biteye agahinda ko Leta y’i Kinshasa ishobora kongera kuba nk’iyambere yateje intambara mu bice bitandukanye […]

Tshisekedi yasubitse ubugira kabiri uruzinduko yagombaga kugirira mu Buyapani

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasubitse ku nshuro ya kabiri uruzinduko rw’akazi yagombaga kugirira i Tokyo mu Buyapani. Tshilombo yagombaga kugirira uruzinduko rw’iminsi irindwi mu Buyapani, hagati y’itariki ya 31 Werurwe n’iya 7 Mata 2024. Ni uruzinduko yagombaga guherekezwamo n’abaminisitiri barindwi mu bagize Guverinoma ye. Africa Intelligence yatangaje ko uru […]

Byinshi wamenya kuri film “Our unity” Dusenge Xavier agiye gushyira hanze

Filme “Our Unity” igaruka ku gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda igiye kujya hanze mu minsi ya vuba Ni film yanditswe na Dusenge Xavier nyuma yo kugira igitekerezo ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye. Igaragaza urugendo rw’Ubumwe bw’abanyarwanda mu myaka (30) ishize habaye Jenocide yakorewe Abatutsi 1994. Muri 2022 nibwo nibwo yatangiye iyi film “OUR UNITY” nyuma y’uko igitekerezo […]

FARDC vs M23: Imirwano ikomeye iramukiye mu tundi duce dushya

Imirwano yongeye kuba mu duce dutandukanye two muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano yabaye muri iki gitondo cyo kuwa kane 4/4/2024 hagati y’ingabo za congo, Wazalendo n’abandi bafatanyabikorwa bayo kurwanya inyeshyamba za M23. Iyi mirwano yabereye mu misozi iri hafi n’mujyi wa Kibirizi, mu karere ka KITOLU-KISINGIRI.Humvikanye urusaku rw’intwaro […]

Perezida Biden yohereje mu Rwanda intumwa zirimo Bill Clinton mu #Kwibuka30

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagennye intumwa zizamuhagararira mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo, hibukwa ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Intumwa Perezida Biden yohereje mu Rwanda zizaba ziyobowe na William Jefferson Clinton (Bill Clinton) wabaye Perezida wa 42 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abandi bazaba bari […]

Kenya:Abaganga bigenga batangiye kwiyunga ku ba Leta mu myigaragambyo

Abaganga bakorera mu mavuriro yigenga, batangiye kwiyunga ku ba Leta mu myigaragambyo igeze mu Cyumweru cya gatatu. Aba baganga barimo ababyaza n’abaforomo , abinzobere bari bamaze igihe basaba ko Leta yabitaho mu buryo bwo kubongerara imishahara, guha ubwishingizi imiryango yabo n’ibindi. Abaganga bigenga batari bakagaragaye muri iyi myigaragambyo, nabo barimo basanga bagenzi babo basaba ko […]

Afurika y’Epfo:Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yeguye

Kuri uyu wa gatatu, Inteko Ishinga Amategeko yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushinjwa ibirego bya ruswa. Mu cyumweru gishize, nibwo abashinjacyaha bashinjije Perezida w’inteko ishinga amategeko Nosiviwe Mapisa-Nqakula kwakira ruswa y’amadolari ibihumbi 135 000 ubwo yari Minisitiri w’ingabo mu 2016. Si ibyo gusa kuko no mu 2019 yavuzweho kwaka indi ruswa ya’amadolari ibihumbi 105000frw. […]

U Rwanda rwasubije RDC irushinja gushaka urwitwazo kuri FDLR

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko itewe impungenge no kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gukingira ikibaba FDLR ivuga ko u Rwanda rukomeje kugira urwitwazo uyu mutwe, nyamara utakibaho. Ni ibikubiye mu butumwa umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda yanditse ku rubuga rwe rwa X, aho yagaragaje ko ibyo Kinshasa ivuga biri mu rwego rwo […]

RIB yafashe abiyitaga abavuzi gakondo harimo n’uwari ufite inzoka n’akanyamasyo bizima

Aba bantu batatu berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024 ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Mujyi wa Kigali, kuri Sitasiyo ya Remera.Muri aba harimo uwari ufite inzoka nzima n’akanyamashyo. Uretse aba bantu bakurikiranyweho ubutekamutwe beretswe itangazamakuru, hanagaragajwe ibyo bakoreshaga muri ubu butekamutwe bakekwaho; birimo amahembe, impu z’inyamaswa n’ibikoresho byo hambere nk’uducuma n’utweso. […]

Muri Taiwan ibintu bikomeje kuba bibi kubera umutingito

Tayiwani Ibikorwa byo gutabara birakomeje nyuma y’umutingito wibasiye iki gihugu ugahitana bane. Uyu mutingito ufite ubukana bwa 7.4 wibasiye Tayiwani wangiza ibikorwaremezo birimo amazu arenga 700. Mu murwa mukuru Taipei, amashusho yerekanaga inyubako zinyeganyega bikabije izindi zigwa. Kugeza ubu ubutabazi burimo kuboneka ngo ntibuhagije kuburyo hagomba kwitabazwa izindi nzego z’ububanyi n’Amahanga. Ibiro bya perezida byavuze […]

SANDF yavuze ku makuru y’uko hari abasirikare bayo bishyikirije M23

Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF), cyanyomoje amakuru yavugaga ko hari abasirikare bacyo baheruka kwishyikiriza umutwe wa M23. Ikinyamakuru National Security News giheruka gutangaza ko hari abasirikare benshi bo mu ngabo za Afurika y’Epfo Guverinoma y’iki gihugu yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyumweru gishize bamanitse amaboko imbere y’umutwe wa M23 boherejwe kurwanya. Iki […]

Kigali: Mu rugo rw’umuntu habonetse imibiri 21 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside

Mu rugo rw’umuntu mu murenge wa Muhima mu mujyi wa Kigali habonetse imibiri 21 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyi mibiri yabonetse nyuma y’uko hari umuhanda urimo gukorwa mu Mudugudu w’Intiganda aho bita muri Marathon mu Kagali ka Terero mu karere ka Nyargenge. Ni imibiri yabonetse ubwo imashini ya Company Stecol Corporation yakoraga uwo muhanda […]

Inzigo y’Ubushinwa na Amerika ishobora kuba amateka nyuma y’ibiganiro bya Biden na Xi Jingping

Ubushinwa na Amerika mu nzira zisenyera umugozi umwe , nyuma y’uko Perezida Biden na Xi Jingping baganiriye kuri telefoni. Aba bayobozi baganiriye ku cyazahura umubano hagati y’ibihugu byombi bagendeye ku bibazo ibihugu byombi bigitanye birimo iby’ubucuruzi, ikoranabuhanga bimaze igihe bigomganisha ibihugu. Iki kiganiro cyamaze hafi amasaha abiri. Abo bategetsi baherukaga kuvugana mu kwezi kwa 11 […]

Umugore wa Kabila yasabye Imana kongera kumugira Perezida wa RDC

Umugore wa Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye Imana kongera kumugira Perezida w’iki gihugu, kugira ngo abashe gushyira iherezo ku ntambara zimaze igihe zicyugarije. Madamu Olive Lembe Kabila yahereye Imana icyo cyifuzo i Goma, aho aheruka gusura ibihumbi by’abanye-Congo bavanwe mu byabo n’intambara imaze imyaka hafi ibiri n’igice […]

Uburusiya: Ukraine yashwanyuje uruganda rwa Peteroli ikoreheje ibisasu biremereye

Ukraine yigambye ko igisirikare cyayo cyagabye igitero kiremereye by, indege zitagira abapirote ku ruganda rw’Uburusiya ruyungurura Peteroli Uru ruganda rwa Taneco ni urw’ikigo cy’u bucukuzi Tatneft, ruyungurura peteroli, aho ingabo za Ukraine zarigabyeho ibitero rugashwanyuka. Reuters ivuga ko urwo ruganda ruyungurura peteroli rwateweho ibisasu, ari urwa gatatu ku bunini ku nganda ziyungurura peteroli muri icyo […]

Afurika y’Epfo:Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko yasabiwe kweguzwa

Umuyobozi w’inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo ashobora gutabwa muri yombi kubera ibirego bya ruswa. Nosiviwe Mapisa-Nqakula, umwe mu bagize ishyaka riri ku butegetsi arashinjwa kwakira ruswa igihe yari minisitiri w’ingabo. Abashinjacyaha bavuga ko yakiriye ruswa ya miliyoni 135.000 by’amadolari hagati y’Ukuboza 2016 ndetse no muri Nyakanga 2019 yatse indi ruswa ya $105,000 ariko ntiyayishyurwa. […]

Abasirikare benshi ba Afurika y’Epfo bayamanitse imbere ya M23

Abasirikare benshi bo mu ngabo za Afurika y’Epfo Guverinoma y’iki gihugu yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyumweru gishize bamanitse amaboko imbere y’umutwe wa M23 boherejwe kurwanya. Ikinyamakuru National Security News dukesha iyi nkuru cyatangaje ko aba basirikare kuri ubu M23 ibafite nk’imfungwa z’intambara. Yaba SANDF, SADC cyangwa M23 nta ruhande na rumwe […]

Israel:Netanyahu agiye guhagarika ikinyamakuru ‘Aljazeera’

Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yatangaje ko agiye guhagarika ikinyamakuru, Al Jazeera, cyo mu gihugu cya Qatari nyuma y’uko akigereranyije n’umuyoboro w’iterabwoba. Abinyujije ku rubuga rwa X rwahoze ari twitter, yavuze ko iki kinyamakuru mu gihe gito kiribube kizingishijwe utwangushye nticyongere kugira ibiganiro gitambutsa kiri ku butaka bwa Israel kuko ngo ari umuyoboro w’iterabwoba. […]

DRC: Hagiye gutangizwa Operasiyo yiswe ‘Panther noir’ izazenguruka intara zose ihereye i Kinshasa

Mu murwa mukuru wa wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Kinshasa’ hagiye gutangizwa Operasiyo yiswe ‘Panther Noir’ yo kwikiza abajura na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi. Amakuru atangazwa n’igipolisi cyo muri iki gihugu, ni uko ngo iyi Opererasiyo itazagarukira i Kinshasa gusa, ahubwo ko izakomereza mu ntara mu guhiga bukware abayogoje imijyi itandukanye. Byatangajwe na […]

Nyagatare:Baracyasangira amazi n’inka

img-20240327-wa0047.jpg

Mu Karerere ka Nyagatare ho mu ntara y’Uburasirazuba, haravugwa ikibazo cy’ibura ry’amazi meza kugeza ubwo abaturage basangira amazi n’inka. Ni ikibazo gihuriweho hafi n’imirenge yose yo muri aka karere,aho usanga bahitamo gukoresha amazi y’ibidendezi yanduye asanzwe ashorwamo inka. Hari abaturage bo mu Kagari ka Kabare, mu murenge wa Rwempasha baganiriye n’itangazamakuru bavuga ko bahisemo gushoka […]

Rusizi: Visi-Meya uheruka ‘kurwanira mu kabari’ na Meya yeguye

Ndagijimana Louis Munyemanzi wari Visi-Meya wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Rusizi, yeguye ku mirimo ye nyuma y’iminsi ashyamiranye na Meya w’aka karere, Dr Kibiriga Anicet. Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 02 Mata 20224 ni yo yemeje ubwegure bwa Ndagijimana. Abandi beguye ni Kwizera Jovanni Fidele wari Visi-Perezida […]

UPDF yahishuye icyishe Gen. Kiggundu wapfiriye muri ‘douche’

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko Brig Gen Stephen Kiggundu wari Umugaba wungirije w’Ingabo zacyo zirwanira mu kirere yishwe n’amashanyarazi. Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Brig Gen Kiggundu yapfiriye mu bwogero. Umuvugizi wa UPDF, Brig Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko uriya musirikare wapfiriye mu rugo rwe […]

Lutundula yaburiye Joseph Kabila

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yaburiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida w’iki gihugu ko ashobora gukurikiranwaho icyaha cy’ubugambanyi. Kabila amaze iminsi ari ku gitutu cy’ubutegetsi bwa RDC bumushinja kuba ari umwe mu bakorana n’umutwe wa M23. Mu mpera z’icyumweru gishize Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka UDPS riri ku butegetsi muri Congo, […]

RDC: Umushinwa yaguye muri ‘Ambush’ ahita apfa

Umushinwa yaguye mu gico cy’amabandi yari yamutegeye hafi n’umuhanda anyuramo agiye mukazi aramurasa ahita apfa. Aya mabandi yari yitwaje intwaro, yategeye uyu mushinwa mu muhanda wa Likasi-Kambove, uherereye mu birometero birenga 120 uvuye i Lubumbashi muri Haut-Katanga, mu gitondo cyo ku wa mbere Mata 2024. Henri Mungomba, umuyobozi w’umujyi wa Katanga, yavuze ko aya maband […]

Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umugore

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere yagize Judith Sumwa Tuluka Minisitiri w’Intebe mushya. Uyu mugore yari amaze igihe ari Minisitiri w’Igenamigambi muri Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe wacyuye igihe, Jean Michel Sama Lukonde. Tukula wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore RDC igize mu mateka yayo, mbere yo […]

Kukwikoreza umuzigo wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi: Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko aho bigeze amahanga akwiye kureka gukomeza kwikoreza u Rwanda ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko ntaho ruhuriye na byo. U Rwanda rumaze igihe rwotswa igitutu n’ibihugu by’amahanga birusaba guhagarika ubufasha rushinjwa guha inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 ndetse rukanavana ingabo zarwo mu ntara ya […]

Kuki usabwa kurya ubugali mu gihe ufite isukari nyinshi mu mubiri?

Abantu benshi bibaza byinshi ku ifu y’ubugari aho bazi ko ari mbi kandi ishonora kwica kubera uburuzi bwa Cyanide (soma siyanide) buyibonekamo ku bwinshi ariko nta cyo bishobora gutera uwaburiye nubwo bwose iba irimo ubwo burozi. Nubwo bwose bivugwa ifu y’ubugari iba ikennye ku ntungamubiri ,sibyo ahubwo tuyisangamo amavitamini y’ingenzi nk’imyunyungugu itandukanye n’ibitera imbaraga. Ifu […]

Bobi Wine yandagaje Museveni

Umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yandagaje Perezida Yoweri Kaguta Museveni amwita “umwubatsi mukuru, padiri mukuru n’umubyaza wa ruswa muri Uganda”. Uyu mugabo ukuriye ishyaka National Unity Platform (NUP) ritavuga rumwe n’ubuutegetsi, yasubizaga Museveni ku butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X ashimira abakuriye amadini muri Uganda ku bw’ubutumwa baheruka […]

RDC:Ubuzima abasirikare ba SANDF babayemo buri gutuma batabaza umuhisi n’umugenzi

Abasirikare ba Afurika y’Epfo (SANDF) boherejwe mu butumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubuzima bwabo bukomeje kubagora kuko ngo inzara ibageze ku buce. Ni abasirikare bagera kuri 600 baturutse muri iki gihugu bavuga ko babayeho nabi kuko aho bakambitse bategekwa gusangira ubwiherero bugera kuri butandatu gusa ndetse ngo bakanahabwa amafunguro atujuje ubuziranenge […]

Macky Sall yaba agiye guhunga Sénégal nyuma yo kuva ku butegetsi

Perezida Macky Sall wa Sénégal ngo yaba ateganya kujya kuba hanze y’igihugu cye, nyuma yo gusoza manda ye ya kabiri nka Perezida w’iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. Ku wa Kabiri tariki ya 2 Mata ni bwo Sall agomba gusoza manda ye nka Perezida wa Sénégal, mbere yo gushyikiriza ubutegetsi Bassirou Diomaye Faye uheruka […]

Ubudage:Binjiye mu kwezi gushya bemererwa kunywa urumogi mu ruhame

Abakunzi b’urumogi mu Budage, batangiranye n’ukwezi kwa Mata bashyirwa igorora kuko hakuweho itegeko rihana abanywa urumogi. Iri tegeko rije risanga n’ubundi hari abari basanzwe barunywa ku mugaragaro mu bice bimwe , ariko kuva kuri taliki ya mbere Mata 2024 bizajya biba byemewe gusa hashyirwaho ikitonderwa ku begereye amashuri n’abashaka kubuhinga. Kuba rusanzwe runyobwa ni ingingo […]

Palestine:Minisitiri mushya yahigiye kwambura Hamas Intara ya Gaza

Minisitiri w’Intebe mushya wa Palestine , Muhammed Mustafa , yahigiye kwambura umutwe wa Hamas agace ka Gaza kamaze igihe kabarizwa mu maboko y’aba barwanyi. Ministiri w’intebe Mohammed Mustafa yatangaje ibi mu mpera z’icyumweru dusoje ubwo habaga umuhango w’irahira rya Guverinoma nshya irimo n’abanyegaza. Uyu Minisitiri aherutse gushyirwaho ku busabe bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika […]

Umugaba wungirije w’Ingabo za UPDF zirwanira mu kirere yapfiriye muri ‘douche’

Brigadier General Stephen Kiggundu wari Umugaba wungirije w’Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere, yapfuye. Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko uyu Jenerali yapfuye ku Cyumweru cya Pasika, nyuma yo kugwa mu bwogero bw’iwe mu rugo i Entebbe. Brig Gen Felix Kulayigye ukivugira yagize ati: “N’umubabaro mwinshi ndetse n’umutima uremereye Igisirikare cya Uganda kiramenyesha rubanda urupfu rutunguranye […]

Umusonga uza ku isonga mu guhitana abana bari munsi y’imyaka 5 ku Isi-OMS

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), bwagaragaje ko indwara y’umusonga ari yo iza ku isonga mu guhitana abana benshi ku Isi batarageza ku myaka itanu, kuko wihariye 18%. Mu Rwanda indwara y’umusonga n’izindi ndwara z’ubuhumekero kugeza ubu zirahangayikishije kuko ziza ku isonga mu zica abana cyane mu gihugu. Ikigo cy’Igihugu cyita ku […]

Zelesky yemeje ko ingabo ze nizitabona imfashanyo ya Amerika zisubira inyuma

Perezida Volodymyr Zelensky avuga ko mu gihe ingabo za Ukraine zaba zitabonye inkunga zemerewe na Amerika zizasubira inyuma gahoro gahoro. Ubwo yaganiraga na Washington Post Zelesky , yavuze Amerika kutabona imfashanyo ya Amerika bisobanuye ko nta bubasha bafite bwo kwivuna umwanzi. Ati” kutabona inkunga bisobanuye ko nta buryo dufite bwo kwivuna ibitero byo mu kirere, […]

Ubutegetsi bwa RDC buravuga ko Joseph Kabila yahunze

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahunze iki gihugu, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ishyaka UDPS riri ku butegetsi. Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, Augustin Kabuya yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yagezaga ijambo ku barwanashyaka baryo. Kabuya yavuze ko Kabila wayoboye RDC imyaka 18 yahisemo guhunga, bijyanye n’uko ari we uri […]

Amb. Mukaruliza waherukaga guhabwa imirimo mishya na Perezida Kagame yapfuye

Ambasaderi Mukaruliza Monique waherukaga guhabwa imirimo mishya na Perezida Paul Kagame, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize uburwayi. Ambasaderi Mukaruliza yaguye i Brussels mu Bubiligi aho yari amaze iminsi yivuriza. Uyu mudipolomate yitabye Imana nyuma y’ibyumweru hafi bitatu ahawe imirimo mishya na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Ku wa 12 Werurwe ni bwo Umukuru […]

Tshisekedi yongeye gutangaza ko ateganya gutera u Rwanda

Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gutangaza ko muri gahunda afite harimo gushoza intambara ku Rwanda, mu gihe imbaraga za dipolomasi zitabajwe mu gukemura amakimbirane ari hagati y’igihugu cye na rwo ntacyo zaba zigezeho. Mu Ukuboza umwaka ushize ni bwo Tshisekedi wiyamamarizaga kuyobora RDC muri manda ye ya kabiri yari […]