U Bufaransa bwamaganye M23, buha umukoro u Rwanda na RDC
Guverinoma y’u Bufaransa yatangaje ko yamagana umutwe wa M23, mbere yo gusaba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuganira mu rwego rwo gucubya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. Ni ibikubiye mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Catherine Colonna yagiranye kuri telefoni na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga Vincent Biruta w’u Rwanda na […]
Umubyeyi ufite umwana wavukijwe kujya muri Bayern Mà¼nich yitabaje Perezida Kagame
Izabitegeka Innocent ufite umwana wavukijwe amahirwe yo kujya mu irerero rya Bayern Mà¼nich, yamaze kugeza ikibazo cye mu biro bya Perezida Paul Kagame kugira ngo amurenganure. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Izabitegeka yagejeje ikibazo cye mu Urugwiro nk’uko yabyemereye Fine FM. Ati: “Tuvuye Kacyiru kwa Perezida wa Repubulika kandi batwakiriye neza cyane twishimye. Bambwiye […]
Amavubi yisasiye Bafana Bafana, afata umwanya wa mbere
Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yatsinze Afurika y’Epfo ibitego 2-0, afata umwanya wa mbere mu tsinda rya gatatu aherereyemo n’amanota ane. Iyi kipe yari yakiriye Bafana Bafana kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, mu mukino wa kabiri wo mu tsinda C. Ni nyuma y’uwa mbere yaherukaga kuhanganyirizamo na The Warriors ya Zimbabwe 0-0. Ibitego byo mu gice cya […]
Kayonza:Abajenosideri baba mu bwihisho bohererezwa amafaranga avuye mu mitungo yabo itarafatiriwe
Abatuye mu karere ka Kayonza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 babazwa n’uburyo ki hari imitungo y’abakoze Jenoside itarafatiriwe, ahubwo ngo igakoreshwa n’abo mu miryango yabo bayibyaza umusaruro hanyuma amafaranga avuyemo akohererezwa beneyo baba bari kwihishahisha mu mahanga. Abaganiriye na Isangostar dukesha iyi nkuru , bavuga ko ngo iyi mitungo usanga yaragurishijwe, indi ikandikwa kuri bamwe […]
Imihoro ya Kajugujugu yatemye umwarimu wari utwaye ibizamini ahita apfa
Umwarimu yapfuye nyuma yo gukubitwa inkubara na kajugujugu ubwo yatoraga impapuro z’ibizamini bya KCSE i Ijara, mu Ntara ya Garissa. Inkuru itangazwa na capitalfm.co.ke , ivuga ko indege yakubise uyu mwarimu ubwo yarimo atoragura ikizamini cy’amashuri yisumbuye (KCSE) gitangwa nyuma y’imyaka ine y’amashuri yisumbuye. Uyu mwarimu yari yarahawe inshingano zo gukusanya impapuro z’ibizamini bya KCSE […]
U Rwanda rwifuza kuba igihugu cy’amahirwe ku bimukira muri Afurika-Y.Makolo
U Rwanda nk’igihugu cyo muri Afurika gikomeje kugaragaza ubudasa, kirifuza kuba icy’amahirwe ku mugabane wa Afurika by’umwihariko mu kwakira abimukira. Ibi biherutse kugarukwaho n’umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo , aho yashimangiye ko bitewe n’uburyo igihugu kifuza gutanga amahirwe yo kwakira abimukira batandukanye gikomeje kunoza gahunda zishoboka zose kugirango bakomeze kwakirwa. Aganira na Televiziyo […]
S.Afurika yariye karungu isaba ICC guta muri yombi Benjamin Netanyahu
Ku wa mbere, minisitiri w’ubutegetsi bwa Afurika yepfo yahamagariye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) gutanga icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu bitarenze Ukuboza. Afurika y’Epfo yamaze kwibutsa ambasaderi wayo n’abakozi ba dipolomasi baturutse muri Isiraheli, kandi guverinoma yagiye isobanura inshuro nyinshi ibikorwa bya Isiraheli muri Gaza ko ari “itsembabwoko.” Ku wa mbere, mu […]
Batatu mu biyamamarizaga kuyobora RDC bahisemo gushyigikira Katumbi
Abakandida batatu bari mu biyamamarizaga kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakuyemo akabo karenge, bahitamo gushyigikira kandidatire ya Moà¯se Katumbi. Ku wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo Seth Kikuni na Franck Diongo bari mu bagombaga kwiyamamariza kuyobora RDC batangaje ko bakuyemo akabo, bahitamo gushyigikira kandidatire ya Katumbi. Ku Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo Augustin Matata […]
Harekuwe imfungwa zirenga 4000 mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza
Ku cyumweru, imfungwa zirenga 4000 zo muri Nijeriya zararekuwe mu rwego rwo kugabanya ubucucike bwa gereza muri iki gihugu, nk’uko Minisitiri w’imbere mu gihugu Olubunmi Tunji-Ojo yabitangaje. Minisitiri mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X nyuma yo gusura gereza ya Kuje, hafi ya Abuja, ku munsi w’ejo yagize ati: “Twatangaje irekurwa ry’imfungwa 4.068 (…) […]
RIB yataye muri yombi abayobozi 6 ba COOTHEVM bakwaho kunyereza arenga Frw miliyoni 690
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi batandatu ba koperative yitwa COOTHEVM rukekaho kunyereza umutungo wayo w’arenga Frw miliyoni 690. COOTHEVM ni koperative igizwe n’abahinzi b’icyayi, ikaba ikorera ku Mulindi ho mu karere ka Gicumbi. Mu bo RIB yemeje ko ifunze harimo uwahoze ari perezida wayo, Kabarira Jean Baptiste na Mugabowakaniga Athanase […]
Kagame na Valdés Mesa baganiriye uko u Rwanda na Cuba byashimangira umubano
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yakiriye mu biro bye Visi-Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa; bagirana ibiganiro. Valdés Mesa n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda, nka kimwe mu bihugu bya Afurika bari kugiriramo ingendo. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter byavuze ko Kagame na Valdés Mesa “baganiriye ku buryo bwo gushimangira umubano w’ubufatanye hagati y’u […]
The Ben yihanangirije abakoresha ijambo ‘Battle’ kubera Bruce Melodie
Umuhanzi the Ben yatanze umucyo ku byari bimaze iminsi bivugwa ko ahanganye na Bruce Melodie ndetse ko binabaye byiza bakora igitaramo cyo guhangana mu gitaramo runaka cyaba cyabahuje ubwabo. Mu kiganiro n’itangazamakuru,The Ben yabajijwe iby’iyi ngingo maze avuga ko bijyanye n’amateka u Rwanda rwanyuzemo nta muntu ukwiye guhanganisha umuntu n’undi. yagize ati”Bitewe n’amateka igihugu cyacu […]
Aya mafunguro wirinze kuyafata nijoro ugiye kuryama waba wirinze ingaruka zikomeye
Abahanga mu mirire bavuga ko hari amafunguro umuntu ashobora gufata nijoro agiye kuryama, ariko ngo hari n’andi yakwirinda kuko agira ingaruka ku buzima.Muri ayo harimo ,, 1.Ibikomoka ku nyama Harimo nka Sosiso (Saucisson), pà¢té, kimwe n’amafiriti (chips) n’ibindi nka byo kubera ko biba bifite amavuta menshi bigasaba umubiri gukoresha imbaraga nyinshi kugira ngo igogorwa rikorwe […]
Padiri Nahimana urwanya Leta y’u Rwanda yatangiye gushakira amajwi Tshisekedi
Mu gihe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza , hari abatangiye kugaragaza uruhande rw’abakandida bashyigikiye ndetse bakaba bakomeje kubavuga imyato, muri abo hakaba harimo Padiri Nahimana wagaragaje ko ari inyuma ya Perezida Tshisekedi. Uyu Nahimana Thomas abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter (X) yatatse Tshisekedi avuga ko amushyigikiye kuko ari umugabo […]
Visi Perezida wa Cuba ari mu Rwanda
Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdes ari mu Rwanda mu ruzinduko rwo kuzenguruka ku mugabane w’Afurika rwatangiye ku ya 14 Ugushyingo, aho yahereye muri Ghana bwa mbere. Ku wa mbere, tariki ya 20 Ugushyingo, Valdes yanditse kuri X (yahoze ari Twitter) – mu cyesipanyoli ati: “U Rwanda rwatwakiriye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere […]
Israel vs Hamas:Ibisasu karundura byazengurukijwe ibitaro by’Abanya-Indonesia
Ibimodoka by’intambara bya Isiraheli bikikije ibitaro bya Indoneziya i Gaza aho byibuze abantu 12 bishwe nyuma y’igitero cya Isiraheli kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.Ni nyuma y’uko Isiraheli ivuga ko cyabonye umuyoboro wa Hamas mu bitaro bya al-Shifa bityo ngo bikaba aribyo bikomeje gutuma ihacana umuriro. Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ko ku […]
Huye:Bafite ubwoba bw’amapoto y’amashanyarazi yamunzwe ari mu mirima yabo
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye , umurenge wa Huye akagali ka Rukira baravuga ko bafite ubwoba bw’amapoto y’ibiti acishwaho insinga z’amashanyarazi yamaze kwangirika bityo bakaba bavuga ko bishobora guteza impanuka. Imyinshi mu midugudu yo muri uyu murenge,harimo iyahawe umuriro mu myaka ya cyera hakoreshejwe amapoto y’ibiti mu buryo butemewe bityo bikaba byaramaze […]
Tshisekedi yiyemeje gupfa ku bwa RDC
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yijeje abaturage b’igihugu cye ko yiteguye gukoresha ingufu zose afite mu kubaka burindi bushya RDC, byaba ngombwa akaba yanapfira muri urwo rugamba. Yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo, ubwo yatangiriraga ibikorwa byo kwiyamamaza muri Stade des Martyrs i Kinshasa. Ni Tshisekedi uri kwiamamariza kuyobora […]
Bite by’isoko ry’ibiribwa rya Musanze ‘Umukono mukuru Kazoza’ yubakishaga rikaba ryaradindiye?

Imirimo yo kubaka isoko ry’ibiribwa rya Musanze (Kariyeri) imaze igihe yaradindiye, nyuma y’uko rwiyemezamirimo wari waratsindiye isoko ryo kuryubakisha amasezerano ye asheshwe. Ku itariki ya 10 Mata ni bwo imirimo yo kubaka mu buryo bugeretse (étage) iri soko ryahoze ricururizamo abakabakaba 1,000 yatangiye. Mu gihe byari byitezwe ko imirimo yo kuryubaka igomba kumara amezi 18, […]
Rutsiro: Abarimu babujijwe kongera kurya ku biryo by’abanyeshuri
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwabujije abarimu bigisha mu mashuri ya Leta agaherereyemo kongera kurya ku biryo by’abanyeshuri, kugira ngo abana bajye bahabwa ingano yose y’ifunguro bagenewe. Ni ibikubiye mu ibaruwa umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Mulindwa Prosper aheruka kwandikira abayobozi b’ibigo by’amashuri yo muri kariya karere. Ku wa 03 Ugushyingo ni bwo mu Rutsiro hari habereye […]
Minisitiri Utumatwishima yakuriye ingofero indirimbo ‘BANA’ ya Chris Eazy na Shafi
Minisitiri w’urubyiruko Utumatwishima Abdallah , yishimiye indirimbo umuhanzi Chris Eazy yakoranye na Shafi.Ni indirimbo ikomeje kwigarurira imitima y’abakunda umuziki by’umwihariko urubyiruko. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter (X), yavuze ko n’ubwo ngo hari amagambo ari mu ndirimbo atabasha kumva ariko ngo iyi ndirimbo ni nziza ku buryo byatumye ayiha umwanya akayireba bityo aboneraho no gusaba […]
Tshisekedi yahishuye umubare w’abacancuro yitabaje ngo bamufashe M23
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abacancuro barenga 1,000 ari bo yitabaje, kugira ngo bamufashe guhangana n’umutwe wa M23. Tshisekedi yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24 na mugenzi we wa RFI, Christophe Boisbouvier. Umutwe wa M23 umaze igihe uvuga ko usibye kuba […]
Dr Congo:Gereza yakira imfungwa 200 ifungiyemo 900 harimo n’indembe
Imiterere mibi ya gereza muri gereza yo mu mujyi wa Kakwangura i Butembo ihangayikishije abayobozi ba gereza kubera impfu z’imfungwa zavuzwe mu gihe kitarenze amezi abiri biturutse ku mwanda. Amakuru aturuka muri gereza mu mujyi wa Butembo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 200, kuri ubu irimo imfungwa zirenga 900 ,bisobanuye ko ubucucike bukurura umwanda no […]
Alain Mukuralinda yasobanuye impamvu u Rwanda rutakura ingabo ku mupaka uruhuza na DR Congo
Mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo 2023, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken yavuze ko yavuganye na Perezida w’u Rwanda na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku mwuka w’ubushyamirane ku mupaka w’ibihugu byombi. Matthew Miller, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika, icyo gihe yavuze ko ku wa mbere Blinken yavuganye kuri telefone na Perezida […]
RDC na SADC basinyanye amasezerano yo gutsinsura M23
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na SADC Ku wa Gatanu basinyanye amasezerano ashyiraho sitati y’Ingabo uriya muryango uteganya kohereza muri Congo. Umuhango wo gushyira umukono kuri aya masezerano wayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Perezidansi ya RDC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ziriya ngabo “zigiye koherezwa mu rwego gufasha Igisirikare cya […]
Miss Erica yapfuye
Irakoze Erica wamenyekanye mu muziki w’u Burundi na hano mu Rwanda nka Miss Erica, yapfuye kuri uyu wa Gatanu. Inkuru y’urupfu rw’uyu muririmbyikazi yatangiye kuvugwa mu masaha y’umugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2023. Amakuru avuga ko yaguye mu bitaro bya Bumerec biherereye i Bujumbura, aho yari arwariye kuva ku mugoroba wo […]
Gaza.Lisansi yo guhungisha abarwayi yabaye ikibazo
lisansi yo gukoresha hajyanwa abarwayi bamaze gukomerekera mu ntambara ya Israel na Palesitina (Gaza) , yabaye ikibazo aho ibitaro bya Al Shifa biri mu ntara ya Gaza barimo gushaka uko uko byabitaho abandi bakajyanwa ahandi. Kugeza ubu umuryango utabara imbabare Croix Rouge ikomeje guhura n’inzitizi z’uko badafite lisansi ihagije yo gukoresha mu modoka zitwara abarwayi […]
Impamba umunyamakuru Manirakiza Théogène yavanye mu gihome
Umunyamakuru Manirakiza Théogène yatangaje ko hari amasomo menshi yigiye muri gereza yari amazemo iminsi, akaba ateganya kuyasangiza abamukurikiye. Ku wa Gatanu tariki ya 17 Ugushyingo ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetetse ko Manirakiza washinze ikinyamakuru UKWEZI Media Group afungurwa by’agateganyo, nyuma yo gusanga nta mpamvu zikomeye zatuma akomeza gukurikiranwa afunze. Manirakiza yari yaratawe muri […]
Nyamagabe:Ubwoba ni bwose ko bashobora kugarizwa n’amapfa atewe no kubononera imirima
Abaturage b’i Nyamagabe baratabaza nyuma y’uko ngo ngo hari sosiyete y’abashinwa yibasiye imiriima yabo yegereye ibirombe bicukurwamo umucanga n’amabuye y’agaciro bityo ngo bakaba bafite ubwoba ko bishobora kubateza amapfa. Aba baturage bo mu Murenge wa Cyanika bavuga ko bitewe n’iyo mpamvu imirima yabo yagiye itwarwa n’isuri bityo bakaba bafite ubwoba ko mu gihe abandi bazaba […]
Perezida George Weah yemeye ko yatsinzwe amatora
Perezida George Weah wa Liberia, yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu yahatanagamo ashaka kuyobora iki gihugu muri manda ye ya kabiri. Weah yemeye ko yatsinzwe, nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje by’agateganyo amajwi y’ibyavuye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora yabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru. Ni nyuma y’uko mu cyiciro cya mbere cyayo rwari rwabuze gica […]
P. Museveni avuga ko ari gusabwa kwiyongeza indi manda kuko ngo agaragara nk’umusore
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yihanangirije urubyiruko rw’inkumi n’abasore bo muri Uganda abasaba kwirinda ubusambanyi n’ibiyobyabwenge bakamera nkawe akiri muto, bikaba bituma abaturage ngo bahora bamusaba kwiyongeza indi manda kuko ngo agaragara nk’abasore. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kane taliki 17 Ugushyingo 2023, ubwo yacyeburaga urubyiruko ngo rwirinde ibiyobyabwenge kugirango barusheho kuramba nk’uko nawe […]
APR FC yirukanye Masabo wari Umunyamabanga Mukuru wayo
Ikipe ya APR FC yamaze gusezerera Masabo Michel wari umaze imyaka irenga itatu ari Umunyamabanga Mukuru wayo. Masabo yari SG wa APR FC kuva ku wa 8 Mutarama 2021, nyuma yo guhabwa izo nshingano azisimbuyeho Lt Col (Rtd) Sekaramba Sylvestre. Kugeza ubu haracyategerejwe kumenya ugomba kumusimbura kuri ziriya nshingano kuko kugeza ubu ataratangazwa.
Umuraperi Puff Daddy arashinjwa gufata kungufu
Casandra Ventura wahoze ari umukunzi w’umuraperi Sean Love Combs uzwi nka Puff Daddy yavuze ko uyu muraperi yamuhohotoye mu gihe cy’imyaka icumi anamutoteza mu gihe yari umukunzi we ndetse na mbereho. Kuri uyu wa kane, umuhanzi w’indirimbo R&B, Cassandra Ventura, yareze Sean “Diddy” Combs mu rukiko rw’ikirenga, ashinja uyu muraperi yamusambanyije ku gahato akanamukoresha uburetwa […]
Rusizi: Impanuka ikomeye yahitanye abantu n’inka
Abantu batatu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ugushyingo bapfuye, ubwo imodoka yari itwaye inka barimo yakoreraga impanuka mu karere ka Rusizi. Iyi mpanuka yabereye mu mu Mudugudu wa Kadasomwa mu Murenge wa Kamembe ubwo iyo modoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite Plaque RAD335F yagwaga mu mugezi witwa Kadasomwa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa […]
Gukuraho Promotion automatique mu banyeshuri byatanze uwuhe musaruro mu burezi bw’u Rwanda?
Hashize igihe kitari kinini kandi kitari gito hakuweho gahunda izwi nka promotion automatique yo kwimura abanyeshuri bava mu mwaka umwe w’amashuri bajya mu wundi nyuma yo gusanga ko bidindiza uburezi. Iyo gahunda yaje gusimbuzwa n’ubundi iyari isanzweho yo gusibiza abanyeshuri batatsinze hakumurwa abafite amanota abibemerera.Ibi rero ngo bikaba byarakanze bamwe mu banyeshuri biraraga bakarushaho gukanguka. […]
Titi Brown yikije ku mubano yari afitanye na Bamporiki,anavuga uko yahanuriwe ko azafungurwa
Umubyinnyi Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown yavuze inzira y’inzitane yahuye nayo haba mbere na nyuma yo gufungirwa i Mageragere, aho afata ibyamubayeho nk’umugambi w’Imana yashakaga ko aba mushya. Kuri uyu wa Kane ubwo Titi Brown yaganiraga na ISIMBITV yavuze uburyo ki gufungwa byatumye ahinduka mushya akaba yaranahakuye ingamba zigera kuri ishatu zizamuhindurira ubuzima.Muri izo […]
Tshisekedi yavuze ku kuba M23 yakwisubiza Goma, asingiza Wazalendo
Perezida Félix Antoine Tshisekedi yatangaje ko umutwe wa M23 utazigera wongera gufata umujyi wa Goma nk’uko byagenze mu myaka 11 ishize. Mu Ugushyingo 2012 M23 yigaruriye uyu mujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, iwumarana amezi atatu mbere yo kuwirukanwamo bigizwemo uruhare n’Ingabo za SADC zifatanyije n’iz’Umuryango w’Abibumbye. Kuri ubu imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya […]
Tshisekedi yashimangiye ko RDC ishobora kujya mu ntambara yeruye n’u Rwanda
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gushimangira ko igihugu cye gishobora kujya mu ntambara yeruye n’u Rwanda ashinja kugishozaho intambara. Tshisekedi yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24 na mugenzi we wa RFI, Christophe Boisbouvier. Ni ikiganiro cyibanze ku ngingo zirimo n’umwuka mubi umaze […]
Bujumbura: Major Gashirahamwe wivuganwe na M23 yashyinguwe (Amafoto)

Igisirikare cy’u Burundi ku wa Kane cyashyinguye Major Gashirahamwe Ernest uheruka kugwa mu mirwano y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23. Umuhango wo kumushyingura wabereye mu mujyi wa Bujumbura, ukaba warabimburiwe na Misa yo kumusabira. Abantu bake bo mu muryango we bari mu bemerewe kumushyingura. Soldat de 1ère Classe Melance Ndikumana uri […]
Kenya:Gahunda yo kohereza abapolisi muri Haiti yemejwe
Kuri uyu wa kane, inteko ishinga amategeko ya Kenya yemeje kohereza abapolisi igihumbi muri Haiti, kugirango bajye guhagarika akajagari n’ihohoterwa ry’agatsiko k’amabandi n’abahezanguni bazengereje abaturage.Akaba ari mu rwego rw’ubutumwa bw’amahoro bushyigikiwe n’umuryango w’abibumbye(UN). Ni mu gihe Intara nto ya Karayibe yibasiwe n’ihohoterwa ry’agatsiko rigenzura 80% by’umurwa mukuru, aho umubare w’ibyaha bikomeye ugera ku rwego rwo […]
U Burundi bwatangiye neza urugendo rujya mu Gikombe cy’Isi
Ikipe y’Igihugu y’u Burundi ‘Intamba mu Rugamba’ yegukanye amanota atatu ya mbere y’urugendo rujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gutsinda Gambie ibitego 3-2. Iyi kipe y’umutoza Ndayiragije Etienne yari yakiriye Gambie kuri Stade yitiriwe Bénjamin Mkapa i Dar es Salaam, mu mukino wa mbere wo mu itsinda F. Byasabye umunota wa 31 w’umukino […]
Guinness World Record:Yesheje agahigo ko kugira umusatsi muremure kurusha abandi
Umugore w’Umunya-Nigeria yaciye agahigo ku isi yandikwa muri Guinness World Record nyuma y’uko agize umusatsi wa mbere muremure cyane w’umukorano (wig/perruque) ukoreshejwe intoki. Uyu mugore witwa Helen Williams, wo mu mujyi wa Lagos, yaciye uwo muhigo nyuma yo gukora uwo musatsi w’umukorano ufite uburebure bwa metero 351.28. Akoze impuzandengo y’ikiguzi byamutwaye avuga ko yakoresheje ibirundo […]
Hatangiye gushyirwaho ibyapa biburira abashoferi hafi ya za Camera zandikira abarengeje umuvuduko
Nyuma y’igihe hari abasaba ko hashyirwa ibyapa iruhande rwa za Camera zandikira abantu umuvuduko,kuri ubu basubijwe kuko icyo cyifuzo cyatangiye kubahirizwa. Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko aho ibi byapa bigiye gushyirwa ahantu hose hegereye za Camera zandikira abatwaye ibinyabiziga bakarenza umuvuduko wateganyijwe. Ubusanzwe abatwara ibinyabiziga bajyaga bitotombera ko izi Camera zishyirwa ahantu […]
Uwahoze atoza Amavubi yayishimye hejuru nyuma yo guhagamwa na Zimbabwe
Umudage Antoine Hey wahoze atoza Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yashimagije The Warriors ya Zimbabwe nyuma yo kugwa miswi n’u Rwanda igitego 1-1. Ku wa Gatatu ni bwo Amavubi na The Warriors banganyije 0-0, mu mukino wa mbere w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Mu gice cya kabiri cy’umukino […]
Bebe Cool yongeye gukora mu jisho Bobi Wine
Umuhanzi,Umwanditsi, Umukinnyi wa Filimi ndetse akaba atunganya umuziki MosesSsali uzwi nka Bebe Cool yibasiye mugenzi we Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine avuga ko nta muhanzi ukimurimo ahubwo ko ari nka karaoke(Indirimbo zishaje). Aba bahanzi haba Bebe Cool na Bobi Wine bamaze imyaka irenga icumi badacana uwaka biturutse ku gapingane aba bombi bagiranye gashingiye ku muziki […]
Nyiragongo: Abaturage bigaragambije bamagana Wazalendo
Abaturage bo muri Teritwari ya Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Ku wa Gatatu bakoze imyigaragambyo bamagana inyeshyamba za Wazalendo. Wazalendo ni ihuriro ry’imitwe itandukanye yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Guverinoma y’iki gihugu yahurije hamwe, kugira ngo bafashe Ingabo zayo guhangana n’umutwe wa M23. Kuva aba barwanyi bahawe intwaro n’igisirikare cya RDC cyakora […]
Ubutasi bw’u Burundi bwavuze umubare w’abasirikare babwo bafashwe mpiri na M23
Umwe mu basirikare bakuru bo mu rwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu Burundi, batangaje ko abasirikare 16 ari bo urwo rwego rufite amakuru y’uko bafashwe mpiri na M23. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru uyu mutwe ni bwo werekanye abasirikare batatu b’u Burundi wafatiye ku rugamba ubwo bari bagiye guha umusada Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi […]
Nyaruguru:Aravugwaho guhengera umugore we ari mu ruzinduko agasambanya abana be babiri.
Mu karerere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo haravugwa umugabo wasambanyije abana be babiri nyuma yo guhengera umugore we ariwe nyina w’abo bana yagiye mu ruzinduko. Uyu mugabo abana yasambanyije umwe afite imyaka itatu undi ni itatu. Uyu mugabo, akaba yaregewe Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023.Ubushinjacyaha buvuga ko ibi bikekwa […]
Chorale Christus Regnat yateguje igitaramo cyatumiwemo Josh Ishimwe
Chorale Christus Regnat yamamaye mu ndirimbo ‘Mama Shenge’ yakoranye n’abahanzi bamenyerewe nk’abaririmba indirimbo zisanzwe zitari izo mu kiriziya,igiye gukora igitaramo cy’amateka ku bakunda ibihangano byayo. Ni Chorale yamaze kuba ikimenyabose kubera ubuhanga bwayo ,haba mu majwi no mu njyana ariko biza kuba akarusho ubwo bakoranaga indirimbo ‘Mama Shenge’ n’ibyamamare birimo ‘Andy Bumuntu ndetse na Yverry’. […]
Perezida Kagame yagiranye inama n’abasirikare bakuru
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda, yagiranye inama n’abasirikare bakuru, abapolisi ndetse n’abayobozi n’izindi nzego z’umutekano z’u Rwanda. Ni inama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023. Usibye ba Ofisiye bakuru muri RDF no muri Polisi bayitabiriye, yanitabiriwe n’abakozi b’izindi nzego z’umutekano zirimo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza (NISS), […]
Amavubi yatangiye biguru ntege urugendo rujya mu Gikombe cy’Isi
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yaguye miswi 0-0 na The Warriors ya Zimbabwe, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda rya gatatu wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Wari umukino kandi […]
Will Smith arashinjwa ubutinganyi
Umugabo uzwi nka Brother Bilaal arashinja icyamamare muri Cinema Will Smith wahoze ari umwunganizi we,gutinga umugabo mugenzi we. Mu kiganiro na Tasha K, cyanyuze kuri YouTube ku wa mbere, tariki ya 13 Ugushyingo 2023, Bilaal yavuze ko yigeze gufata Smith aryamana n’umukinnyi Duane Martin mu cyumba cyo kwambariramo agasa n’uwikanze nyuma agashaka kubihisha. Yagize ati: […]
Zimbabwe yapfushije umukinnyi mbere yo kwesurana n’Amavubi
George Chigova wari umunyezamu w’Ikipe ya Super Sport United yo muri Afurika y’Epfo ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Zimbabwe ‘The Warriors’ yapfuye azize umutima. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo uyu munyezamu w’imyaka 32 y’amavuko yapfuye. Ni nyuma y’uko muri Nyakanga uyu mwaka yari yafashwe n’indwara y’umutima yahise ituma atongera gukina umupira w’amaguru kugeza apfuye. Chigova […]
U Rwanda rwamaganye Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwavuze ko rudatekanye
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itemeranya n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza, nyuma yo gutangaza ko u Rwanda atari igihugu gitekanye ku buryo rwakoherezwamo abimukira. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwatesheje agaciro umwanzuro wa Guverinoma y’icyo gihugu wo kohereza mu Rwanda abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro. Urukiko rwavuze ko u Bwongereza bwinjiye muri […]
Yaka Mwana ababajwe no gufungurwa ataramara muri gereza amezi nk’atandatu
Taliki 09 Uku kwezi, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwafunze Gasore Pacifique uzwi nka Yaka Mwana, akurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa umuntu ku bushake. Icyo gihe umuvugizi w’Uru rwego ,Dr Murangira B Thierry, yatangaje ko yatawe muri yombi agafungirwa kuri sitasiyo ya Kicukiro. Gusa bidatinze ku munsi w’ejo nibwo hamenyekanye amakuru y’uko uyu Yaka yafunguwe […]
Salva Kiir yirukanye umukuru wa Polisi mu gihe hanugwanugwaga Coup d’Etat

Perezida wa Sudani y’Amajyepfo, Salva Kiir, yirukanye umuyobozi wa polisi, Majak Akec Malok, nyuma y’iminsi ibiri guverinoma ye ihakanye gushaka guhirika ubutegetsi. Ku cyumweru, Perezida Kiir yagarutse mu gihugu avuye mu nama ya Soudi Arabia na Afurika yabereye i Riyadh, agaruka mu nkubiri y’ibihuha bivuga ko hari hateguwe umugambi wo kumwirukana ku butegetsi. Kugeza ubu […]
Minijust yatangaje impamvu muzi abantu bafungwa biyongera umusubirizo
Dukurikije imibare yaturutse mu rwego rw’amagororero mu Rwanda (RCS), hagati ya Kamena na Ukwakira, ibigo 13 by’Amagororero byo muri iki gihugu byakiriye imfungwa zirenga 13.000 mu mezi atandatu. Imibare yatanzwe na RCS yerekana ko umubare w’abantu bari mu magororero wari 88,676 mu ntangiriro z’Ugushyingo. Minisitiri w’ubutabera Emmanuel Ugirashebuja yasobanuye impamvu zituma umubare munini w’abantu boherezwa […]
Amadorari y’Amerika ku isoko ry’ivunjisha mu Rwanda ari kubona umugabo agasiba undi
Muri iyi minsi ku isoko ry’ivunjisha nta kindi gikomeje kuvugwa uretse ngo ubuke bw’amadorali y’Amarika akomeje kubura kuburyo n’uyabonye ngo asanga ahenze. Uretse kuba aya madorali abura akaba macye ku isoko, ngo n’ibicuruzwa bimwe na bimwe ngo bikomeje gutumbagira kubera iyo mpamvu. Inzobere mu byerekeye ubukungu, zivuga ko ibura ry’aya madorari riterwa no kuba umusaruro […]
Minisitiri yasabye ko abakene b’abanebwe bajya bakubitwa kugeza bakize
Minisitiri w’Ibigo by’Imari buciriritse muri Uganda, Haruna Kasolo, yasabye Guverinoma y’iki gihugu ko yashyiraho itegeko ry’uko abanya-Uganda bakennye b’abanebwe bajya kubitwa mu rwego rwo kwiga gukora bahinduka abakire. Kasolo yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 14 Nyakanga, ubwo yari mu karere ka Kayunga. Yagize ati: “Perezida Museveni na Leta ya NRM byashyizeho gahunda zigamije kugabanya […]
Korea y’Epfo ifite ubwoba kubera ibishobora kuyibaho
Kuri iki cyumweru ubwo umukuru w’igihugu cya Korea y’Epfo, Yoon Suk-yeol, yakiraga minisitiri w’umutekano wa Amerika ushinzwe umutekano Lloyd Austin iwe mu rugo , yasabye Austin kuba maso ku gitero icyo ari cyo cyose cya Korea ya Ruguru, harimwo n’ibitero bitunguranye “bisa n’ibya Hamas”. Kuva Hamas yinjiriye imbibi igakora ibitero by’ubugome muri Israel ku wa […]