Intore Bamporiki yarahije abahatanira Miss 2019, bamwe bambikwa amakamba

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, abakobwa bahatanira ikamba rya Miss 2019 barahiriye imbere y’Intore Bamporiki uyobora itorero ry’u Rwanda, ko batazatatira igihango cy’igihugu. Ni nyuma yo kunywesha ku ntangoy’indahiro,  abakobwa 15 basigaye mu Nkambi itegurirwamo uzaba Miss nabo bakaba bahigiye imbere ye ko batazatatira u Rwanda. Ibi byabereye mu […]

Mwiseneza Josiane ni igisasu akaba n'umugisha ku bategura Miss Rwanda

Mwiseneza Josiane ni umukobwa uri guhatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2019, watumye muri iri rushanwa hagaragaramo byinshi ndetse rikurikirwa na benshi ugereranyije n’ayabayeho mu myaka yashize, aha kandi harimo no guhangana kw’abafana bitamenyerewe bitewe  no gushyigikirwa k’uyu mukobwa kugaragara hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo, aho usanga benshi bajya impaka k’ugomba kuba Miss […]

Zari yacyuriye Diamond ashinja kutita ku bana babyaranye

Umuherwe Zari Hassan yacyuriye Diamond Platnumz babyaranye, amubwira ko amafaranga atasimbura urukundo agombwa abana be. Zari yabyaranye na Diamond abana babiri, umuhungu n’umukobwa, Tiffah na Nillan, muri Gashyantare umwaka ushize ubwo batandukanaga, abana basigaranye na nyina ariko uyu mugabo yemererwa kuzajya abasura aho babana na nyina muri Afurika y’Epfo. Zari uvuga ko uyu mugabo atita […]

RDC: Mu bakuru b’ibihugu 17 batumiwe mu irahira rya Tshisekedi, uw’u Rwanda na Uganda ntibarimo

Mu bakuru b’ibihugu 17 batumiwe mu muhango w’irahira rya Perezida mushya wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ntiharimo abaturanyi nka Perezida Kagame na Perezida Museveni wa Uganda ndetse n’uwa Zambia, Edgar Lungu bose bagaragaje gushidikanya ku matora yo kuwa 30 Ukuboza muri iki gihugu. Kuri uyu wa kane, itariki 24 Mutarama, nibwo byari biteganyijwe ko […]

Rubavu: Batatu bashinjwa kunyereza umutungo wa Sacco-Rugerero baburiwe irengero

Ubushinjacyaha buratangaza ko mu bantu bagera kuri bane bakekwaho kurigisa umutungo wa Sacco ya Rugerero umwe ari we watawe muri yombi mu gihe abandi bagera kuri batatu barimo umugore umwe bacitse bakaba bari gushakishwa. Ku wa  14 Mutarama  2019  Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bwatangiye gukurikirana  dosiye iregwamo  abantu batatu 3 bakekwaho icyaha cyo […]

U Bufaransa bwohereje mu rukiko mpuzamahanga undi wahoze akuriye Anti-Balaka

Umuyobozi w’umutwe wa Anti-Balaka ndetse akaba ari nawe wari ukuriye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Centrafrica, Patrice-Edouard Ngaà¯ssona, wafatiwe mu Bufaransa mu gihe kirenga gato ukwezi gishize, kuri uyu wa gatatu, itariki 23 Mutarama yohererejwe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara. Patrice-Edouard Ngaà¯ssona wafatiwe mu Bufaransa hagati mu Ukuboza umwaka ushize, yakoze […]

Ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri

Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri yashyizwe mu bikorwa uhereye mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Mata 1994. N’ubwo Abatutsi bari baratangiye kwicwa kuva mu 1991 mu makomini atandukanye, Jenoside yo mu 1994 yaje ari simusiga yibasira abari bararokotse ubwicanyi bwa hato na hato hagati ya 1990 na 1993. Abatutsi bakaba […]

Umugabo arakekwaho kwica umwana we amuryoza kurira cyane

Umugabo wo mu cyaro cya Odur mu Gace Ka Lamogi mu Karere ka Amuru muri Uganda akekwaho kwica umwana we w’umwaka umwe bitewe nuko yariraga cyane. Ibi byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru aho uyu mugabo ukekwaho iki cyaha yakubise bikomeye umwana we w’umuhungu ubwo yageraga mu rugo agasanga uyu mwana yarize ubudahozwa. Bivugwa ko […]

Rusizi/Nyenji: Barara mu kizima kandi baturiye urugomero rutanga amashanyarazi

Abaturage bo mu Kagari ka Nyenji, mu Murenge wa Nzahaha, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa no kurara mu kizima nyamara urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu by’u Rwanda, Burundi na Congo/ Kinshasa rwa Rusizi ya Kabiri ruri mu kagari ka Rwinzuki baturanye. Bavuga ko iyi mibereho ari yo ibaheza mu bukene kandi ari abahinziborozi  […]

Kugenda, gukorera muri Uganda by’Umunyarwanda byabaye icyaha- Amb. Nduhungirehe

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko bimaze kugaragara ko kuba Umunyarwanda yagenda cyangwa agakorera muri Uganda byagizwe icyaha. Abanyarwanda batandukanye bagiye batabwa muri yombi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Aba bakorewe iyicarubozo ndetse bamwe bacuzwa utwabo by’umwihariko abakoraga ubucuruzi. Kuwa Kabiri w’iki cyumweru nibwo Umunyarwanda wari Ushinzwe Ubucuruzi n’ikwirakwizwa […]

USA: Umusore w’imyaka 21 yishe abantu batanu abarasiye muri banki

Umugabo witwaje imbunda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Mutarama yarashe abantu batanu abasanze muri imwe mu mabanki yo muri Leta ya Florida nk’uko bitangazwa n’igipolisi. Itangazamakuru ryo muri Amerika riravuga ko uwigeze gutorezwa ubucungagereza wari uherutse kwimukira muri Florida aturutse muri Indiana yishe abantu batanu bari bahagaze ku […]

Umunyamideli Kantengwa Judith yahishuye ko nyirarume yamusambanyirije mu Rwanda

Nyuma yo kugenda avugwaho gushyira amashusho n’amafoto by’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga, umunyamudeli Judith Heard yahishuye bimwe mu byagiye bimutera ihungabana mu mateka y’ubuzima bwe. Judith aganira na BBC, yatangaje ko ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko, yasambanyijwe ku ngufu n’abasirikare babiri b’abofisiye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamufatiyeho imbunda, ko ibi “Byatumye mu buzima […]

Huye: Abagororwa batanu barashwe

Abaturiye gereza ya Huye,ku Karubanda, bavuga ko ahagana saa Mbiri z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mutarama 2019, humvikanye amasasu menshi, bikavugwa ko abagororwa batanu barashwe ubwo bageragezaga gutoroka. Havugimana Pierre ni umwe mu baturage batuye ku Karubanda, avuga ko yari ari mu nzira ataha yumva amasasu avuga ariko ntibyamara akanya karekare. […]

Uwahoze yunganira Perezida Donald Trump aramushinja iterabwoba

Michael Cohen wigeze kuba umwunganizi mu mategeko wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze kwitaba inteko ishinga amategeko nk’uko byari biteganyijwe kuwa 07 Gashyantare, aho umwunganizi we nawe kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko umutekano we n’uw’umuryango we biri mu kaga kubera iterabwoba rya Perezida Trump. Umunyamategeko Lanny Davis kandi avuga […]

Kenya: Abagabo batanu bapfuye bitangira umugore  mu gitero cyahitanye 21

Abagabo batanu bo mu gihugu cya Kenya  bakoreraga Kompanyi ya ‘Cellulant’ bapfuye bagerageza guhisha umugore wari wihishe hamwe nabo mu gitero cy’iterabwoba cyo kuwa 15 Mutarama 2019 mu Mujyi wa Nairobi. Aba bagabo kuri ubu biswe abagabo batanu b’imitima ikomeye ni  Denis  Munene Mwaniki w’imyaka 29, Jeremiah Mathai Mbaria (31), John Wanyaga Ndiritu (29), Kelvin […]

Umuyobozi wa Polisi yahaye umukoro abapolisi mu turere twa Burera na Gicumbi

Ubwo yasuraga abapolisi bakorera mu turere twa Burera na Gicumbi, District Police Unit (DPU)  kuri uyu wa  Kabiri tariki 22 Mutarama 2019, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yavuze ko Polisi nk ‘urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, umwaka ushize wa 2018 rwitwaye neza mu kubungabunga umutekano. Yavuze ko imbaraga zakoreshejwe muri […]