Saido Berahino yerekeje muri shampiyona y'Ububiligi

Umukinnyi w’umupira w’amaguru mpuzamahanga wo mu Burundi, Saido Berahino yasinye amasezerano yo gukinira Zulte Waregem yo mu Bubiligi. Saido Berahino yakiniraga Stoke City yo mu Bwongereza mbere y’uko imanuka mu kiciro cya kabiri. Amasezerano Berahino yasinye n’iyi kipe azamara imyaka ibiri. Yahise ahabwa umwenda uriho nimero  38. Biteganyijwe ko uyu mukinnyi atangira gukina kuri uyu […]

Ndi mwiza, ndi umunyabwenge kandi nta wundi nsabye kubindebera-Zari

Zari Hassan (The Boss Lady) aragira inama abakobwa bashaka kumwigana mu migirire. Avuga ko byashoboka ko umubiri w’inyuma baba nka we ariko badashobora kugira imitekerereze cyangwa ubwenge nk’ubwe. Ubwo yaganiraga na Ayo TV, Zari yavuze ko ku isi hari ba Zari benshi ariko abafite ubwenge bakaba babarika (ni bake). Ati : ” Yego rwose uburanga […]

Rayvanny yashyize hanze 'Tetema' afatanyije n'ibyamamare mu muziki ku isi-Yumvire hano

Raymond Shaban Mwakyusa ni umwe mu bahanzi  bakunzwe cyane mu muziki w’akarere k’Afurika y’Iburasirazuba. Tumuzi nka Rayvanny cyangwa se Vanny Boy nk’uko yiyita. Araririmba, akandika ndetse akagira n’impano yo kubyina. Ibikorwa bye by’umuziki abikorera mu nzu ya Wasafi Classic Baby yatangijwe na Diamond Platinumz. Yakoze indirimbo nyinshi zirakundwa ariko biba akarusho ubwo yashyiraga hanze iyo […]

Uganda: Gen. Tumwine yibasiye Inteko Nshingamategeko, na we atukwa kutagira ikinyabupfura

“Ntimumbwire perezida wanyu n’inteko ishinga amategeko yanyu, igisirikare ntigishobora gutegekwa n’abasivili”, aya ni amwe mu magambo minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwine ashinjwa kuvuga mu gihe akomeje gukurikiranwaho gutera ubwoba abagize inteko ishinga amategeko. Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubuzima ya Uganda, Sarah Opendi yatangaje ko abona mugenzi we w’umutekano, Gen. Elly Tumwine nk’umuntu […]

Kenya: Abana barimo ab'imyaka 10 bahabwa ibinini birinda gusama

Bamwe mu babyeyi bo muri Kenya barimo guha abakobwa babo, bato muri bo bafite imyaka 10, ibinini birinda gusama kugira ngo batava mu ishuri. Mu gihugu hose, umukobwa umwe kuri batanu hagati y’imyaka 15 na 19 aba atwite cyangwa se afite umwana. Akarere ka Kwale kari hafi y’inkombe y’inyaja ikora kuri Kenya kari mu tubonekamo […]

Amerika n’u Bwongereza biramagana ubutabera bwa Tanzania ku birego bishinjwa umunyamakuru Kabendera

Ambasade za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza muri Tanzania kuri uyu wa Gatanu zamaganye idohoka ry’imikorere y’ubutabera bw’iki gihugu nyuma yo guhindura ibirego byashinjwaga umunyamakuru Erick Kabendera uzwiho gukora inkuru zicukumbuye, watawe muri yombi mu mpera za Nyakanga. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’izi ambasade zombi rivuga ko zihangayikishijwe n’idohoka ry’ubutabera bwa Tanzania, rirangwa no […]

Nyamasheke/ Bushekeri: Ubumenyi buke mu mikoreshereze y’inguzanyo buracyaheza abagore mu bukene

Ubuyobozi bw’umurenge wa Bushekeri n’ubw’ikigo cy’imari  cy’abahinzi b’icyayi Amizero SACCO kiwukoreramo mu karere ka Nyamasheke, buravuga ko ubumenyi buke mu gukoresha inguzanyo bugiheza abagore benshi mu bukene. Byagaragajwe n’ubu buyobozi ndetse n’abagore ubwabo,ubwo abagera kuri 70 muri bo basanzwe batazi ibyerekeranye no gukorana n’ibigo by’imari bakoranaga amahugurwa y’umunsi umwe  na bwo nishyirahamwe ry’ibigo by’imari biciriritse […]

‘Black Mamba’ nibwo buryo bukoreshwa mu kwica urubozo Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda

Umunyarwanda,  Frank Bizimana wari umaze umwaka muri gereza ahitwa Ntungamo, atangaza ko we na bagenzi be bakorerwaga iyicarubozo hifashishijwe uburyo buzwi nka ‘Black Mamba’. Bizimana wari umaze umwaka muri gereza aryozwa kwinjira muri iki gihugu binyuranyije n’amategeko , avuga ko aho yari afungiwe bakubitwaga hifashishijwe ubu buryo ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga ngo ni ‘inzoka y’umukara.” […]

Huye: Abahinzi ba Soya batashye amara masa

Abahinzi ba Soya bibumbiye muri Koperative, COAGIMPA bavuga ko bahinze Soya kuri hegitari zisaga 50 ariko bakaba bararumbije. Aba bahinzi bo mu gishanga cya Mpaza barasaba ko bashumbushwa ku bw’igihombo bagize. Umwe muri bo, Erasme Budadi Rushimisha avuga ko aho yari yiteze imifuka itatu, nta n’umwe yahabonye. Ati “ Nari nziko nzakuramo nka 300,000 Rwf […]

Hashize igihe Wendy Waeni  ategereje inkunga yemerewe na Perezida Kagame

Umwana muto w’impano mu mikino ngororamubiri, Wendy Waeni atangaza ko ategereje inkunga yemerewe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ubwo bahuraga mu myaka itatu ishize. Wendy yahuye na Perezida Kagame nyuma yo kubimusaba abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter. Aganira na Televiziyo yo muri Kenya, Ktn, Wendy yavuze ko yaganiriye na Perezida Kagame ku bintu […]

Zari yahishuye icyo yifuzaga kuri Diamond mbere yo kubana na we

Uwahoze ari umukunzi wa Diamond Platnumz, Zari Hassan atangaza ko yifuzaga kubana n’uyu muhanzi igihe kirekire n’ubwo bitakunze. Uyu mugore yabwiye Millardayo dukesha iyi nkuru ko Diamond yamubabaje ndetse ko nibyo yatangaje ko yamuciye inyuma ari ikinyoma. Ati “ Nashakaga kubana na Diamond igihe kirekire. Arabizi ko ntigeze muca inyuma n’umugabo n’umwe.” Avuga ko atigeze […]

DIGP Marizamunda yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi ya Eswatini

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2019, umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Bwami bwa Eswatini aho azitabira umuhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi y’ubwo Bwami. Uyu muhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi ukaba uteganyijwe kuba uyu munsi tariki ya 09 Kanama, […]

Ndatwite, nangiye umugabo wanjye ko dukora imibonano mpuzabitsina, ese umwana ntiyagira ikibazo?

Amahoro kuri mwese, ndi umudamu, nkaba mfite inda y’amezi atanu, ariko umugabo wanjye yifuza ko dukora imibonano mpuzabitsina nkamwangira kuko ntinya ko umwana wacu yagira ikibazo mu nda. Mu by’ukuri dutuye mu Ntara y’Amajyaruguru, twari tumaze imyaka ibiri n’igice dushakanye ntaratwita, aho bikundiye mba numva mpangayitse, noneho we nkabona ntacyo bimubwiye, ahubwo yifuza ko twakomeza […]

RDC: Abaganga batatu barashinjwa uruhare mu iyicwa ry’umuganga wa OMS 

Abaganga batatu b’Abanyekongo barakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’impuguke mu bijyanye n’ibyorezo ikomoka muri Cameroun yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. Ubutabera bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Kanama, bukaba bwemeje ko bufite abaganga batatu mu baganga bane b’Abanyekongo bashinjwa kugira uruhare mu gitero cyagabwe ku itsinda […]

Rusizi: Abigisha ijambo ry'Imana basabwe kutarigoreka bagamije indonke

Ubuyobozi bw’ishuri rya Bibiliya EMAUS ku rwego rw’igihugu buvuga ko bibabaje kubona hari bamwe mu bavuga ko ari abavugabutumwa usanga barabaye nk’indiri y’ubujura bushukana,aho usanga aho kwigisha ijambo ry’Imana n’akamaro karyo mu bantu ,biyigishiriza inyigisho zigamije kubasaruramo amafaranga. Byavuzwe ubwo abapasiteri n’ababwirizabutumwa mu matorero ya gikirisitu atandukanye bagera ku 10 bahabwaga impamyabushobozi zijyanye no kwigisha […]

Huye: Iduka rimwe ryafatiwemo amapaki y’amasashi ibihumbi 40

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Huye, umurenge wa Kigoma, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Kanama, yafatiye mu iduka ry’uwitwa Uwera Francoise amapaki y’amasashi 40,000 yinjije mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko apfunyikiramo abakiriya. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko  ayo […]

Imana yakugeneye umugisha udashobora Kunyura kuri Pastor wawe mpaka uwuhawe n’umubyeyi wawe – Rev. / Ev. Nibintije

Abayefeso 6:1 “ Bana, mvumvire Ababyeyi banyu mwunze ubumwe n’ umwami, kuko ari byo bikiranuka.”   Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. […]

Umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa ICC washyizwe ku isoko ry’umurimo

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwashyize ku isoko ry’umurimo umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru mu gihe habura igihe gito ngo amasezerano y’akazi ya Fatou Bensouda agere ku musozo. Biteganyijwe ko manda y’imyaka 10 ya Bensouda izarangira ku itariki 15 Kamena 2021, akaba kuri ubu akurikiranye uwahoze ari inyeshyamba ya LRA, Dominic Ongwen, ku byaha ndengakamere ashinjwa gukorera mu […]

Uganda: Haravugwa urupfu rw’Umunyarwanda wicishijwe ibuye

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Rukiga kiravuga ko cyatangiye iperereza ku iyicwa ry’Umunyarwanda w’imyaka 29 wakubiswe ibuye mu mutwe bikamuviramo urupfu mu giturage cya Kigara, mu Murenge wa Kamwezi, hafi y’umupaka uhuza Uganda n’u Rwanda. Umuvugizi w’igipolisi muri Kigezi, Elly Maate, yemeje aya makuru, avuga ko nyakwigendera ari uwitwa Augustine Kwizera, ukomoka mu Rwanda […]

U Rwanda rugiye kwakira abimukira 500 baturutse muri Libya

U Rwanda na Libya biri gukora ku mugambi wo kwimura abimukira Magana bafungiye mu bigo byo muri Libya bakazanwa mu Rwanda nk’uko byemejwe na bamwe mu bayobozi. Diyana Gitera, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibibazo bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yabwiye The New Times ko u Rwanda u Rwanda rurimo kwiga ku gitekerezo cy’abafatanyabikorwa cyo gukura […]

Abarimo abarinda Museveni barashinjwa kumena amabanga y’ibukuru no kugerageza kumuhirika ku butegetsi

Abantu 12 barimo batatu barinda umukuru w’igihugu (SFC), abapolisi n’abandi bakozi mu gisirikare bafunzwe bashinjwa gutanga amakuru y’umutekano yashoboraga gutuma habaho ihirikwa ry’ubutegetsi. Abashinjwa bagejejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare ruri Makindye, ruyobowe na Lt. Gen. Andrew Gutti kuwa 7 Kanama uyu mwaka. Mu bashinjwa harimo;  IP Peter Ayebare wari usanzwe akora mu by’ikoranabuhanga ahitwa Naguru,  […]

Kenya: Abagore bigaragambije bavuga ko abagabo babo batagitera akabariro

Abagore bo mu gace ka Limuru muri Kenya bari mu myigaragambyo yamagana ba nyir’utubari bakomeje gutuma abagabo babo badatera akabariro. Aba bagore bavuga ko abagabo bazindukira mu tubari dufungurwa mu gitondo cya kare, maze bakanywa ibisindisha, bataye abagore babo mu buriri. Aba bagore bati “ Mwubahirize amabwiriza agenga amasaha yo gucuruza cyangwa se tuzigabize inzu […]

Amarira n’agahinda mu ishyingurwa ry’abasirikare b’u Burundi biciwe muri Somalia

Ku wa 27 Nyakanga 2019, nibwo abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia bagabweho igitero na Al Shabaab, barindwi muri bo bahasiga ubuzima.   Nyuma yo kugezwa i Burundi, ku wa Gatatu tariki ya 7 Kanama 2019, bashyinguwe mu cyubahiro, umuhango waranzwe n’amarira n’agahinda ku miryango yabo ndetse n’ubuyobozi bw’ingabo butangaza ko bubabajwe […]

Col. Tawimbi ushinjwa gukorana na Kayumba Nyamwasa yafunguwe agira byinshi atangaza

Hari hashize amezi arwindwi Col Tawimbi ushinjwa gukorana na Kayumba Nyamwasa urwanya Leta y’u Rwanda, afunze, nyuma yo gufungurwa akaba avuga ko ntaho ahuriye n’ibikorwa bigamije guhungabanya u Rwanda. Muri Mutarama uyu mwaka nibwo Col Tawimbi yafunzwe ariko akaba yari amaze aya mezi yose ataragezwa imbere y’ubutabera. Ku bwe ahamya ko yari afungiye ubusa kandi […]