Urugamba hagati ya FARDC, FDLR na ADF rwatangiye-Omar Kavota
Umuyobozi wungirije w’Ikigo giharanira Amahoro, Demukarasi n’Uburenganzira bwa Muntu (CEPADHO), Omar Kavota arasaba ingabo za Congo(FARDC) kurinda abaturage mu rugamba rwo kurwanya imitwe irimo FDLR na ADF. Kavota yatangaje ibi kuri uyu wa 18 Nzeri, nyuma y’urupfu rw’umuyobozi mukuru wa FDLR, Lt. Gen. Sylivestre Mudacumura warasiwe mu gitero muri Bwito/Rutshuru, ndetse na Abdoul Rahman wa […]
Nyamasheke: Ubumenyi buke mu buhinzi burakoma mu nkokora umusaruro wifuzwa
Abahinzi nâaborozi bayobotse inzira yo kubikora kijyambere mu karere ka Nyamasheke bavuga ko ubumenyi buke nâamahugurwa adahagije bikiri bimwe mu mbogamizi bahura na zo zibabuza kugera ku musaruro wifuzwa wahaza amasoko bashobora kubona bakagira nâibitunga imiryango yabo,bakavuga ko nâamahugurwa make aboneka ahabwa bake muri bo, bikaba imwe mu mpamvu zâidindira ryâumusaruro ukenewe ku masoko no […]
Ntabwo ndi agakingirizo- Perezida Tshisekedi
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yagaragaje ibyo amaze gukora bitaranze ubuyobozi bwa Joseph Kabila. Perezida Tshisekedi yabitangerije ibinyamakuru byo mu Bubiligi, aho yasubizaga Martin Fayulu, wakomoje ku bucuti bwe na Kabila, aho ubuyobozi bwabo abushyira mu gatebo kamwe, akemeza ko Tshisekedi ari igikoresho cya Kabila. Yagize ati “Afite uburenganzira bwo kuvuga […]
Abifuza kwiga ubumenyingiro mu gihe gito bazirikanwe nâIshuri Rikuru rya PIPR
Abifuza kwiga imyuga mu mu Ishuri Rikuru rya Peace Integrated Polytechnic of Rwanda (PIPR) itangaza ko iri gutanga amasomo yâubumenyingiro mu gih gito mu mashami atandukanye. Iri shuri rikuru rifite icyicaro mu  Murenge wa Niboyi ku muhanda KK453 uherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali no muri St Paul ritangaza ko abashaka kuryigamo […]
Umufaransa Jean Claude Gianadda ategerejwe i Kigali mu gitaramo
Umunyamuziki wâicyamamare, Jean Claude Gianadda ategerejwe i Kigali, aho azaririmba mu gitaramo cyateguwe na Chorale Christus Regnat. Gianadda wâimyaka 75 yâamavuko, akomoka mu Bufaransa, ni icyamamare muri muzika akaba azwi cyane ku ndirimbo zisingiza Imana. Azafatanya na Chorake Christus Regnat mu gususurutsa Abanyarwanda ku wa 5 Ukwakira 2019, i Kigali. Mu kiganiro Bwiza.com yagiranye nâushinzwe […]
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR riteye urujijo
Ubuyobozi bwâInyeshyamba zirwanya Leta yâu Rwanda (FDLR) bwashyize hanze itangazo ribika Umuyobozi w’Ingabo zabwo gusa benshi bemeza ko riteye urujijo bitewe n’ubikwa ndetse n’ipeti yari afite. Itangazo ribika rya FDLR NO 003/2019  ryo kuwa 18 Nzeri 2019 rirabika uwitwa Gen. Mupenzi Pierre Bernard rwabaye kuwa 18 Nzeri 2019 muri Rutshuru, muri Kivu yâAmajyaruguru. Igiteye urujijo […]
Dr. wâUmunya-Taiwan yarakajwe nâibyanditse ku rubuga rutumira abagombaga kwitabira inama i Kigali
Umudogiteri ukomoka mu gihugu cya Taiwan, Tsai Hui-shan yarakajwe nâamagambo yanditse ku rubuga rwa interineti rwariho ubutumire bw’abagombaga kwitabira inama iri kubera i Kigali mu Rwanda. Dr. Tsai Hui-shan (èâ¥èâ˘â˘Ă§ÂĹ ) ni umwe mu bagombaga kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku kwita ku barwayi bâindwara zikomeye. Uyu muganga usanzwe akorera mu gihugu cya Eswatini (yahoze ari Swaziland) […]
Ishyaka rya Museveni ryihakanye uwatewe umusumari mu itama ari ryo azira
Ubuyobozi bwâIshyaka riri ku butegetsi muri Uganda (NRM) mu Karere ka Mbale bwihakanye, Â Isaac Kitoogo uherutse gutangaza ko yatewe umusumari mu itama azira gusingiza ishyaka rya Perezida Yoweli Museveni. Kitoogo avuga ko yatewe umusumari mu itama ubwo yatahaga avuye mu Mujyi wa Mbale, agahura nâabagabo batatu bamubuzaga gukomeza gusingiza Museveni na NRM ye. Mu kiganiro […]
Numva nayitwika, ni imodoka nyuma yo gusanga umugabo wanjye arimo kuyisambaniramo- Nkore iki?
Agahinda ntikica gashengura umutima, ubu ndababaye, ndababaye kandi ndumva rwose byarandenze. Ndagisha inama wenda umutima mubi mfite muri iyi minsi washira. Amazina ntabwo nyavuga ariko ntuye muri Kigali, niho nkorera ndetse n’umugabo wanjye niho akorera. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo nari ntashye mvuye mu kazi nka saa Mbiri z’ijoro, naramuhamagaye mubaza aho arimo gufatira […]
RDC: Mu ijoro rimwe inyeshyamba zishe abantu 13
Abantu 13 bishwe abandi batatu barakomeretswa mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, n’abantu bataramenyekana mu gace ka Ngadu, Teritwari ya Ituri, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Radio Okapi itangaza ko aba bagizi ba nabi bari bitwaje intwaro bityo bakaba bahagabye igitero ahagana saa tanu z’ijoro, bamwe baricwa, abandi barakomereka […]
Kimenyi Yves yagonzwe n'ikibazo gisa n'icya Haruna
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yagonzwe n’ikibazo cyâimyirondoro ibiri itandukanye, nkâicyagonze kapiteni wâikipe yâigihugu Haruna Niyonzima mu minsi ishize bishobora kuzatuma atanakina umukino amavubi afitanye na Ethiopia. Nkuko RBA ibyutse ibitangaza mu kiganiro k’imikino cya mugitondo,uyu munyezamuzamu afite ibyangombwa bitandukanye hamwe bigaragaza ko yavutse 1996 ahandi bikagaragaza ko yavutse 1992 bityo bikaba bitemewe ko […]
FARDC yirinze kuvuga umubare wâabicanwe na Gen. Mudacumura
Umuvugizi wâIngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), General Richard Kasonga, yemeje ko Lt. Gen. Mudacumura wayobora igisirikare cya FDLR Yishwe na FARDC mu rukerera rwo kuwa 18 Nzeri mu gace ka Bwito muri Rutshuru, yanga kuvuga umubare wâabicanwe na we. Mu kiganiro na VOA, Gen. Kasonga yavuze ko igihe kitaragera ngo atangaze abicanwe […]
Ababyeyi babona abana babo bicwa n'inzara- Kimwe mu birimo gutera ihahamuka impunzi z'Abarundi
Umubare w’impunzi z’Abarundi zihahamuka mu nkambi ya Nduta muri Tanzania urimo kwiyongera, bityo bigatangazwa ko birimo guterwa n’ubuzima bubi zibayemo bwiyongeraho no kuba zirimo gusabwa gutaha ku gahato. Imibereho mibi mu nkambi, ihohoterwa zikorerwa ritandukanye, inzara, imfu za hato na hato, ubwoba bwo gusubizwa mu Burundi ku ngufu,… Nibyo birimo gutera izi mpunzi kugira ibibazo […]
Nzacira, nanyare mu biryo nuntumira mu bukwe bwawe- Umuhanzi abwira  Rema watandukanye na Eddy Kenzo
Umuhanzi Jennifer Full Figure wo muri Uganda yasabye Rema Namakula kutazamutumira mu bukwe bwe kuko atitguye kurya ibyo azakirizwa. Full Figure avuga ko azanyara ndetse agacira mu byo azakirizwa bitewe nâuko ubukwe bwa Rema nâumukunzi we mushya, Hamza Ssebunya abona ari ubwâubugoryi. Ati â Nutinyuka ukantumira mu bukwe bwawe, ndagusezeranya ko nzanyara, nkanacira mu biryo […]
Uburyo mutubura amafaranga iyaba byashobokaga ngo mutubure na BNR- Abadepite babwira abakozi ba RAB
Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Kugenzura Imikoreshereze yâImari nâUmutungo byâIgihugu (PAC) baciye amarenga ko Ikigo cyâIgihugu gishinzwe Ubuhinzi (RAB) kigomba kuzongera kwitaba iyi Komisiyo nyuma yo kutanyurwa nâibisobanuro byâuburyo abayobozi bwâiki kigo batanze amasoko ya miliyari 4.258 Frw, kandi yari yarateganyirijwe kuzatwara miliyari 1.968 zâ amafaranga yâ u Rwanda. Mu bizabagarura kandi harimo nâamasoko yatanzwe atari […]
Ntabwo ingabo z'u Rwanda ziri muri Congo, iza Congo nizo zamwishe-Amb. Nduhungirehe
 Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, Ubutwererane nâUmuryango wâIbihugu bya Afurika yâIburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, arahakana amakuru yavugaga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amb. Nduhungirehe kandi yanahakanye ko nta ruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu iyicwa rya Lt. Gen Mudacumura Sylvestre wari umuyobozi w’inyeshyamba za FDLR-FOCA, wishwe ku wa […]