Abicwa na Malaria bashobora kwiyongera mu gihe kuyirwanya byakomeza kuburizwamo na Covid-19
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, riraburira Isi muri uyu mwaka wa 2020, aho umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malaria usanzwe wizihizwa kuwa 25 Mata buri mwaka wakubitanye n’ibihe bikomeye isi irimo byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rigaragaza impungenge ko umubare w’abapfa bazize indwara ya Malaria ushobora kuziyongera bitewe […]
Rwanda:Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 7

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Mata 2020,yatangaje abandi barwayi 7 bashya babonetse mu bipimo 1,275 hakaba hakize umwe. Muri rusange abantu 183 ni bo bamaze kugaragaraho ubwandu bwa virusi ya covid-19,abantu 88 muri aba barakize harimo umwe w’uyu munsi, nta muntu urahitanwa n’iyi ndwara mu Rwanda naho abakiyirwaye ni 95.
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego za RDF
Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Kagame Paul kuri uyu wa 25 Mata 2020 yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego zirimo ubw’ikigo cya gisirikare cya Gabiro, ishuri rya Gako n’ibitaro bya Kanombe. Impinduka ni izi zikurikira: Gen. Maj. Innocent Kabandana wari Umugaba Mukuru wungirije w’Inkeragutabara yagizwe umuyobozi w’ishuri rya gisirikare rya Gako. Brig. Gen. Ephrem Rurangwa […]
Abayobozi bacyuye igihe ‘basubiye ku isuka no mu matungo’
Uwakumva umuntu avuze ko abantu bari bakomeye mu gihugu kuri ubu basubiye ku isuka cyangwa mu matungo bagira ngo ashize isoni kubera ko ari imvugo wakwita nyandagazi isobanura ko umuntu wagiraga ibindi akora byakwitwa ko bikomeye byiyubashye, byagaragariraga amaso ya benshi ko ari abakire bo mu rwego rwo hejuru. Iyo umukire yahombaga, abantu baramuneguraga bamuvugaho […]
Perezida Kagame yaganiriye na Donald Trump kuri Covid-19
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuri uyu wa 25 Mata 2020 yaganiriye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump ku ngamba zo gukomeza kurwanya indwara y’icyorezo ya Covid-19 yagize ingaruka ku bihugu byombi. Aba bakuru b’ibihugu bavuze ku mubano ibihugu byombi bisanzwe bifitanye ndetse n’inkunga Amerika ikomeje guha u Rwanda mu kurwanya iki […]
Diamond yemeye kwishyurira imiryango 500 amezi atatu y’ubukode bw’inzu
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yatangaje ko azishyura ubukode bw’amezi atatu ku miryango 500 yo muri kiriya gihugu yagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19. Uyu musore uza ku isonga mu banyamuziki bakunzwe mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko azakora iki gikorwa cy’urukundo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe […]
25/4/ 1994: Abafaransa muri LONI barwanyije ko ibyaberaga mu Rwanda byakwitwa jenoside
Ku wa 25 Mata mu 1994, Leta yariho icyo gihe, yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 25 Mata mu 1994. Leta y’abicanyi yakomeje gushyigikirwa n’Abafaransa mu Kanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku isi, barwanya ko ijambo “genocide” ryakoreshwa Kuva tariki 7/4/1994 jenoside itangiye, […]
Rubavu-Busasamana : Abaturage bageneye abo mu mujyi toni z’ibirayi n’iz’imboga

Abaturage bo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu batanze ibiribwa bigizwe na toni 4.5 z’ibirayi na toni 20 z’imboga z’amashu ku baturage bo Mu mirenge ya Gisenyi na Rubavu batabasha gukora kuko bakoreraga i Goma ubu bakaba batacyambuka. Itsinda ryari riyobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Nsabimana Mvano Etienne ryataganje ko iki gikorwa […]
Ibihugu bya Afurika byatangiye gusaba Madagascar ku muti wa Covid-19 iherutse gukora
Nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru Madagascar imuritse umuti gakondo wa CVO cyangwa Covid-Organics uvura Coronavirus, SĂ©nĂ©gal yamaze gusaba iki gihugu kugiha kuri uriya muti. SĂ©nĂ©gal yabaye igihugu cya mbere gisabye Madagascar uriya muti, gusa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ishobora gutera ikirenge mu cyayo. Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar ni we watangaje ko mugenzi […]
Gisagara: Inzoga yitwa ‘Igikwangari’ iteje inkeke

Abatuye mu kagari ka Rwanza, mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, bavuga ko babangamirwa n’abanywi n’inzoga yitwa Igikwangari bemeza ko bakora urugomo nyuma yo kuyihaga. Igikwangari cyangwa nyirantare, ni inzoga y’inkorano izwi cyane mu turere twa Huye na Gisagara, ikaba igurishwa kuva ku giceri cy’ijana kuzamura, nk’uko abatuye muri kariya gace babisobanuriye […]
Karongi: Umugabo afunzwe akekwaho kwica mugenzi we amuteye icyuma
Umuturage wo mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Rugabano, Akagari ka Tyazo, Umudugudu wa Karambi, Rwamudanga Vianney yateye icyuma mugenzi we, Habumuremyi Evariste ubwo ubuyobozi bwarimo bushaka uko bwamugeza kwa muganga ahita ashiramo umwuka. Ibi bikaba byabaye ku mugoroba wo kuwa 24 Mata 2020 ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri zishyira saa moya z’ijoro, bakaba […]
Abanyamategeko ba Gen. Tumukunde barataka guterwa ubwoba
Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha byo gutunga intwaro mu buryo butemewe ndetse n’ubugambanyi. Abamuburanira barataka guterwa ubwoba n’abantu batandukanye n’ubwo batabatangaza amazina. Nyuma yo gutabwa muri yombi, muri bimwe byagaragajwe nk’ibimenyetso, hari aho ubugenzacyaha bugerageza kugaragaza ko amwe mu magambo ya Gen. Tumukunde, yashishikariza […]
U Bushinwa bwamaganye iperereza amahanga yifuza gukora ku nkomoko ya Covid-19
Mu gihe hashize iminsi Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU) ushinje u Bushinwa gukwirakwiza amakuru atari yo ku bwandu bwa covid-19, ubu noneho Leta y’u Bushinwa yanze iperereza ryigenga amahanga yifuzaga gukora ku nkomoko y’iki cyorezo cyugarije Isi. Amahanga akomeje kugaragaza ko kumenya inkomoko y’iyi ndwara byafasha Leta zitandukanye kuyihagarika.Umudipolomate mu Bwami bw’Ubwongereza, Chen Wen yabwiye BBC […]
Rwanda registers highest daily increase of 22 new cases, raising total to 176
The Rwandan Ministry of Health reported late Friday 22 new COVID-19 cases, the largest single daily increase since the country registered its first case on March 14, bringing the total cases to 176. The new cases “reflect a rise in cases of cross-border truck drivers and their assistants,” the ministry said in its daily coronavirus […]
Rubavu: Uwakekwagaho gutema inka y’uwarokotse Jenoside yishwe arashwe ashaka gutoroka
Amakuru agera kuri Bwiza.com ni uko Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yarashe, yica, Sibomana Jean Pierre washakaga “gutoroka” nyuma y’aho afashwe akekwaho kwica inka ya Nyiramagori Rachelle, umupfakazi w’abana batatu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aya makuru avuga ko uyu Sibomana yarashwe agerageza gutoroka aho yari afungiwe muri Gereza ya Kanama. […]
Jeannot Witakenge wakiniye Rayon Sports na APR FC yitabye Imana
Umunya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jeannot Witakenge, wakiniye APR FC na Rayon Sports (akanayibera umutoza) yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Mata 2020 aguye i Bukavu. Inkuru y’urupfu rwa Witakenge yemejwe na Didi Mwati Bulambo wari incuti ye ya hafi, wemeje ko yahitanwe na Kanseri yari amaze igihe […]
Rubavu: Bafite ubwoba ko abakora magendu bashobora kubanduza COVID-19
Bamwe mu baturage batuye mu bice byegereye ku mupaka uhuza Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo na Rubavu mu Rwanda, bavuga ko bafite impungenge ko abashumba bambuka mu buryo butemewe bashobora kuba intandaro yo kwandura Coronavirus. Bamwe mu baganiriye na Radiyo ijwi ry’Amerika batangaje ko hari abashumba bakijya kugurisha amata muri Congo, […]
RDC: FDLR yishe abantu 13 barimo n’abarinzi ba Pariki ya Virunga
Abantu 13 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abarinzi ba Pariki y’igihugu ya Virunga, biciwe mu gitero bagabweho n’inyeshyamba z’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Ubuyobozi bwa Parike ya Virunga bwemeje ayo makuru, mu itangazo rivuga ko igitero cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro mu mudugudu wa Rumangabo “cyahitanye ubuzima bwa benshi, barimo abarinzi ba […]