Abanduye Covid-19 biyongereyeho 10

img-20200924-wa0049.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu 10 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 2158 byafashwe. Barimo 6 babonetse i Kigali, 3 muri Nyamagabe n’undi muri Nyagatare. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3050 barimo 55 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1712. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4789 […]

Vietnam hafatiwe udukingirizo 345,000 tugurishwa caguwa

Polisi yo mu murwa mukuru wa Vietnam ,Hanoi yafashe udukingirizo tugera ku 345000 twakoreshejwe dusubijwe ku isoko. Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga ko Polisi yerekanye ibikapu bipima ibiro 360 byari bipakiwemo udukingirizo 345000 twakoreshejwe byari mu bubiko bwo mu gace ka Binh Duong kari mu murwa mukuru Hanoi. Ibinyamakuru binyuranye byo muri Vietnam byavuze […]

Bugesera: Abahinzi b’umuceri batewe igihombo n’ibiza bishyuwe asaga miliyoni 200 frw

eirslhqwkaeqwxw.jpg

Binyuze muri gahunda ya Leta y’Ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo yiswe Tekana, kuri uyu wa Kane, itariki 24 Nzeri, abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Bugesera bari baraguze ubwishingizi bakaba barahuye n’ibiza bikabatera igihombo mu gihembwe cy’ihinga cya 2020B, bishyuwe agera 225,899,378 Frw. Kuva iyi gahunda ya Tekana yatangira muri Mata 2019, Ikigo cy’ubwishingizi, Radiant cyishyuye abahinzi […]

Munyakazi Sadate mu bo Rayon Sports ibereyemo imyenda

Perezida wa Rayon Sports ucyuye igihe, Munyakazi Sadate, Ni umwe iyi kipe ibereyemo imyenda mu madeni arenga miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda yasize ifite. Kuri uyu wa Kane ni bwo habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Munyakazi Sadate na Murenzi Abdallah ugomba kuba ayoboye Rayon Sports mu gihe cy’inzibacyuho y’iminsi 30. Mu byo komite ya Rayon […]

Koreya ya Ruguru yatwitse Umuyobozi wo mu y’Epfo ari muzima

Minisiteri y’Ingabo muri Koreya y’Epfo yamaganye igikorwa yise icya kinyamaswa cyakozwe n’ingabo za Koreya ya Ruguru cyo gutwika umuyobozi w’abarobyi hafi y’umupaka w’ibihugu byombi. Umunyamakuru wa BBC mu murwa mukuru wa Koreya y’Epfo (Seoul), Laura Becker yatangaje ko uyu mugabo wishwe ari umuyobozi w’abarobyi bo mu gace ka Yeonpyeong ufite imyaka 44 y’amavuko. Amakuru atangwa […]

Nyamasheke: Bavuga ko umuriro w’amashanyarazi bahawe ntacyo ubamariye

Abacururiza muri santere y’ubucuruzi y’ahazwi nko kwa Ephasto n’abaturage bayituriye b’utugari twa Gasheke na Karusimbi mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bamaze imyaka 7 bahawe umuriro w’amashanyarazi ariko utaragize icyo ubatezaho imbere kigaragara nk’uko bari babyiteze kubera ingufu nke ufite, bagasaba ubuyobozi kuwongerera ingufu kugira ngo ubashe kubabera imbarutso y’iterambere rirambye. […]

Umugore ubana n’abagabo 2 arashishikariza abandi kumukurikiza

Umunyanigeriyakazi, Brisbane akomeje kwerekana uburyohe ahura nabwo mu rukundo nyuma yo gushaka abagabo 2 b’ibigango babana mu nzu imwe. Mu butumwa uyu mugore akomeje kunyuza ku rubuga rwa Twitter, akangurira abandi bagore gushaka abagabo barenze umwe cyane ko we wababimburiye asanga ntako bisa kubana n’abagabo 2 bose uzi neza ko ari abawe. Yagize ati: ” […]

PDC na Green Party bateye intambwe iberekeza muri Sena y’u Rwanda

Amajwi y'abatoye uko ateye

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki n’amashyaka yemewe mu gihugu rimaze gutora abasenateri basimbura abo ryatanze barangije manda. Abamaze gutorwa ni Mukakarangwa Clotilde wo mu ishyaka riharanira Demokarasi ihuza abaturage, Parti Democrate Centriste (PDC) na Mugisha Alexis wo mu ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije, Democratic Green Party. Aba batorewe gusimbura Senateri Mukakarisa Jeanne d’Arc na Uyisenga Charles biteganijwe […]

Munyakazi Sadate yiyemeje gushyigikira ubuyobozi bushya bwa Rayon Sports

Perezida ucyuye igihe wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko yiteguye gushyigikira no kuba hafi ubuyobozi bushya bw’iriya kipe mu rwego rwo kuyiteza imbere. Ni ibikubiye mu butumwa bugenewe itangazamakuru yashyize ahagaragara, bwaje bukurikira umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ye na Murenzi Abdallah wagizwe Perezida w’inzibacyuho w’umuryango wa Rayon Sports. Mu byo Perezida Sadate yashyikirije Murenzi, harimo […]

114 Ougandais rejettent l’offre de rapatriement depuis le Rwanda

114 Ougandais qui Ă©taient listĂ©s pour ĂȘtre rapatriĂ©s du Rwanda au cours du dernier lot de l’exercice ont refusĂ© l’offre. Il y a une semaine, le gouvernement ougandais a commencĂ© Ă  rapatrier les Ougandais qui se sont retrouvĂ©s coincĂ©s au Rwanda aprĂšs la fermeture des frontiĂšres qui a Ă©tĂ© dĂ©clarĂ©e en mars comme une mesure […]

Nicholas Sarkozy mu bibazo uruhuri bifitanye isano na ruswa n’amafaranga ya Kadhafi yariye

Urukiko rw’ubujurire rwa Paris kuri uyu wa Kane, itariki 24 Nzeri 2020, rwateye utwatsi ubusabe bw’uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, Nicholas Sarkozy bwo guhagarika gukorwaho iperereza ku mafaranga yahawe na Kadhafi mu gihe yiyamamazaga mu 2007, rutanga uburenganzira bwo kurikomeza ku buryo bidatinze ashobora kujyanwa mu rukiko. Mu 2013, Ibiro by’umushinjacyaha wa repubulika i Paris […]

Rusesabagina yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi

Umunyapolitiki urwanya leta y’u Rwanda, Paul Rusesabagina watawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020 ngo yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi. Mu kiganiro Paul Rusesabagina w’imyaka 66 y’amavuko yagiranye n’igitangazamakuru The New York Times tariki ya 15 Nzeri 2020, yavuze ko yafashwe yari azi ko ari kwerekeza mu Burundi. Impamvu yatangaje yari imujyanye […]

Abagande 114 bagombaga gucyurwa mu cyiciro cya 3 banze kuva mu Rwanda

Abagande 114 mu bari bashyizwe ku rutonde rw’abagombaga gucyurwa bakurwa mu Rwanda bahaheze kubera icyorezo cya Covid-19 banze amahirwe yo gusubizwa iwabo bahitamo kuguma mu Rwanda. Hashize icyumweru Guverinoma ya Uganda itangiye gucyura abaturage bayo baheze mu Rwanda nyuma y’ifungwa ry’imipaka ryatangajwe muri Werurwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Byibuze abagera ku […]

Abadepite 27 ba EU baratabariza “umuturage wabo Rusesabagina”

Abadepite 27 baturuka mu mitwe ya politiki itandukanye igize Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 bandikiye Umuyobozi w’uyu muryango, Joseph Borell Fontelles bamugaragariza impungenge kuri Paul Rusesabagina watawe muri yombi na leta y’u Rwanda. Kwita Rusesabagina umuturage w’u Bubiligi na EU babishingira ku kuba yaravuye mu Rwanda mu 1996 […]

Menya ingano y’umushahara abayobozi b’ibigo bya Leta bitandukanye bagenerwa buri kwezi

Iteka rya Minisitiri w’Intebe N° 92/03 ryo kuwa 01/03/2013 rihindura kandi rikuzuza Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 53/03 ryo kuwa 14/07/2012, ni ryo rishyiraho imishahara n’ibindi bigenerwa Abakozi bo mu Butegetsi Bwite bwa Leta. Cyakora cyo n’ubwo iri teka ari iryo mu myaka irindwi ishize, nta wakwirengagiza ko buri myaka itatu imishahara y’abakozi ba Leta […]

Neymar na Alvaro Gonzalez bashobora gufatirwa ibihano bikaze

_114385161_neymarandalvarogonzalez.jpg

Urubanza hagati ya Neymar na Alvaro Gonzalez ruzasuzumwa ku ya 30 Nzeri na komite ishinzwe imyitwarire y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru w’ababigize umwuga LFP. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru w’ababigize umwuga mu itangazo rigenewe abanyamakuru kuri uyu wa gatatu, itariki 23 Nzeri ryatangaje ko komite ishinzwe imyitwarire izaterana ku wa gatatu tariki ya 30 Nzeri kugira ngo ifate umwanzuro […]

Izindi mpunzi 511 z’Abarundi zabaga i Mahama zafashijwe gutaha

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nzeri 2020 ni bwo icyiciro cya gatatu kigizwe n’impunzi 511 z’Abarundi cyafashijwe gutaha. Ni impunzi zigizwe n’abana, abagore n’abagabo zari zimaze imyaka igera kuri 5 ziba mu nkambi ya Mahama mu burasirazuba bw’u Rwanda. Izi mpunze yaje mu Rwanda zihunze imvururu zakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu […]

U Busuwisi bamwe bizera ko butagira ingabo bugiye kugura intwaro karundura

Leta y’u Busuwisi bamwe bazi ko itagira igisirikare, ifite gahunda yo gushora amafaranga yo muri iki gihugu arenga miliyari 6 yo kugura intwaro karundura zirimo indege z’intambara. Izi ndege ngo zigomba gusimbura izo iki gihugu cyari gisanganwe zo mu bwoko bwa 30F/A-18 Hornets zivugwaho ubushobozi buke ugereranyije n’izigezweho, ngo izo zizatakaza manda mu 2030. Gifite […]

Nyagatare: Umugore yari amuciye igitsina amushinja kumuca inyuma

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 22 Nzeri, umugore wo mu Karere ka Nyagatare yarumye igitsina cy’umugabo we n’ibindi bice by’umubiri amushinja kumuca inyuma, ubuyobozi bw’akarere bukaba busaba abagabo kutagira ipfunwe ryo kuvuga ihohoterwa bakorerwa. Uyu mugabo witwa Ugayurwe Joel wo mu Mudugudu wa Kabirizi akagari ka Mbare Umurenge wa Karangazi avuga ko yarumwe igitsina […]

FC Barcelona: Umukinnyi umwe ni we usigaye mu bo umutoza Koeman atashakaga

Ikipe ya FC Barcelona yamaze kwemeza ko yamaze kumvikana na Atletico Madrid, kuri Luis SuarĂ©z ugomba kuyivamo akerekeza muri iyi kipe y’umutoza, Diego Simeone. SuarĂ©z yatanzweho miliyoni esheshatu z’ama -Euro. FC Barcelona yamusezeyeho ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, gusa byitezwe ko umuhango nyir’izina wo kumusezeraho bya nyabyo uba kuri uyu wa Kane, aho na we […]

Gicumbi: RIB yafunze umugabo ukekwaho gusambanya umukobwa we

Mu Murenge wa Rutare w’akarere ka Gicumbi, RIB ihafungiye umugabo w’imyaka 44 ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15. Inkuru ya Igihe ivuga ko uyu mugabo ukekwa gusambanya umwana we, ngo ashobora kuba yarabikoze umugre we yagiye kwa muganga kurwaza mugenzi we. Tariki ya 22 Nzeri 2020 ni bwo inkuru yasakaye, ubwo […]

Miliyoni 300 frw yari agenewe gufasha abarokotse yaburiwe irengero

Ikigega cy’igihugu gishinzwe gufasha Abarokotse Jenoside, FARG, cyatangiye urugamba rwo kugaruza akayabo ka miliyoni 300 frw yari agenewe gutera inkunga imishinga ibyara inyungu atarakoreshejwe ku mpamvu yari yagambiriwe. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Nzeri n’Umuyobozi wa FARG, Uwacu julienne ubwo yasubizaga ibibazo by’imicungire mibi y’umutungo byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri […]

U Burusiya bwakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga uzwi nka Yesu

Leta y’u Burusiya yakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga Pasiteri Sergei Torop uvuga ko ari Yesu Krisitu wagarutse mu Isi, bwifashishije indege za kajugujugu. Sergei Torop abayoboke b’itorero rye bita Vissarion cyangwa se ‘Yesu wa Siberia’, yigeze kuba umupolisi, abwirukanwamo mu 1989 yishingira urusengero. Arashinjwa kurema itorero ritemewe no kwambura abayoboke amafaranga (amaturo). Mu itorero rya […]

Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n’abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: “Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi”. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko […]

Rubavu: Bafashwe bagerageza kwinjiza za televiziyo mu gihugu mu buryo bwa magendu

5cb710ca-0f51-487a-9f6f-f7e10db55e10_1_.jpg

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe televiziyo 10 (Flat screen) zari zinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu, abari bazizanye mu Rwanda bari banyuze mu nzira zitemewe. Izi televiziyo uko ari 10 zafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Nzeri, Twagiramungu Innocent w’imyaka 41 na Habarurema Athanase w’imyaka 36 bafashwe bakurikiranweho kugira uruhare […]

CIJ igiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza muri RDC

Urukiko Mpuzamahanga ruharanira ubutabera, CIJ (Court Internationale de Justice) rwa La Haye mu Buholandi kuri uyu wa 22 Nzeri 2020 rwatangaje ko rugiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu myaka igera kuri 23 ishize. Uru rukiko ruvuga ko ingabo za Uganda zari mu Ntara […]