Abanduye Covid-19 biyongereyeho 10

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu 10 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 2158 byafashwe. Barimo 6 babonetse i Kigali, 3 muri Nyamagabe n’undi muri Nyagatare. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3050 barimo 55 bâuyu munsi, abakirwaye bo ni 1712. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 4789 […]
Vietnam hafatiwe udukingirizo 345,000 tugurishwa caguwa
Polisi yo mu murwa mukuru wa Vietnam ,Hanoi yafashe udukingirizo tugera ku 345000 twakoreshejwe dusubijwe ku isoko. Inkuru yâIbiro Ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, ivuga ko Polisi yerekanye ibikapu bipima ibiro 360 byari bipakiwemo udukingirizo 345000 twakoreshejwe byari mu bubiko bwo mu gace ka Binh Duong kari mu murwa mukuru Hanoi. Ibinyamakuru binyuranye byo muri Vietnam byavuze […]
Bugesera: Abahinzi bâumuceri batewe igihombo n’ibiza bishyuwe asaga miliyoni 200 frw

Binyuze muri gahunda ya Leta y’Ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo yiswe Tekana, kuri uyu wa Kane, itariki 24 Nzeri, abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Bugesera bari baraguze ubwishingizi bakaba barahuye n’ibiza bikabatera igihombo mu gihembwe cyâihinga cya 2020B, bishyuwe agera 225,899,378 Frw. Kuva iyi gahunda ya Tekana yatangira muri Mata 2019, Ikigo cyâubwishingizi, Radiant cyishyuye abahinzi […]
Munyakazi Sadate mu bo Rayon Sports ibereyemo imyenda
Perezida wa Rayon Sports ucyuye igihe, Munyakazi Sadate, Ni umwe iyi kipe ibereyemo imyenda mu madeni arenga miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda yasize ifite. Kuri uyu wa Kane ni bwo habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Munyakazi Sadate na Murenzi Abdallah ugomba kuba ayoboye Rayon Sports mu gihe cy’inzibacyuho y’iminsi 30. Mu byo komite ya Rayon […]
Koreya ya Ruguru yatwitse Umuyobozi wo mu y’Epfo ari muzima
Minisiteri y’Ingabo muri Koreya yâEpfo yamaganye igikorwa yise icya kinyamaswa cyakozwe nâingabo za Koreya ya Ruguru cyo gutwika umuyobozi wâabarobyi hafi yâumupaka wâibihugu byombi. Umunyamakuru wa BBC mu murwa mukuru wa Koreya yâEpfo (Seoul), Laura Becker yatangaje ko uyu mugabo wishwe ari umuyobozi wâabarobyi bo mu gace ka Yeonpyeong ufite imyaka 44 yâamavuko. Amakuru atangwa […]
Nyamasheke: Bavuga ko umuriro wâamashanyarazi bahawe ntacyo ubamariye
Abacururiza muri santere yâubucuruzi yâahazwi nko kwa Ephasto nâabaturage bayituriye bâutugari twa Gasheke na Karusimbi mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bamaze imyaka 7 bahawe umuriro wâamashanyarazi ariko utaragize icyo ubatezaho imbere kigaragara nkâuko bari babyiteze kubera ingufu nke ufite, bagasaba ubuyobozi kuwongerera ingufu kugira ngo ubashe kubabera imbarutso yâiterambere rirambye. […]
Umugore ubana nâabagabo 2 arashishikariza abandi kumukurikiza
Umunyanigeriyakazi, Brisbane akomeje kwerekana uburyohe ahura nabwo mu rukundo nyuma yo gushaka abagabo 2 bâibigango babana mu nzu imwe. Mu butumwa uyu mugore akomeje kunyuza ku rubuga rwa Twitter, akangurira abandi bagore gushaka abagabo barenze umwe cyane ko we wababimburiye asanga ntako bisa kubana nâabagabo 2 bose uzi neza ko ari abawe. Yagize ati: â […]
PDC na Green Party bateye intambwe iberekeza muri Sena y’u Rwanda

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki nâamashyaka yemewe mu gihugu rimaze gutora abasenateri basimbura abo ryatanze barangije manda. Abamaze gutorwa ni Mukakarangwa Clotilde wo mu ishyaka riharanira Demokarasi ihuza abaturage, Parti Democrate Centriste (PDC) na Mugisha Alexis wo mu ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije, Democratic Green Party. Aba batorewe gusimbura Senateri Mukakarisa Jeanne dâArc na Uyisenga Charles biteganijwe […]
Munyakazi Sadate yiyemeje gushyigikira ubuyobozi bushya bwa Rayon Sports
Perezida ucyuye igihe wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko yiteguye gushyigikira no kuba hafi ubuyobozi bushya bw’iriya kipe mu rwego rwo kuyiteza imbere. Ni ibikubiye mu butumwa bugenewe itangazamakuru yashyize ahagaragara, bwaje bukurikira umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ye na Murenzi Abdallah wagizwe Perezida w’inzibacyuho w’umuryango wa Rayon Sports. Mu byo Perezida Sadate yashyikirije Murenzi, harimo […]
114 Ougandais rejettent l’offre de rapatriement depuis le Rwanda
114 Ougandais qui Ă©taient listĂ©s pour ĂȘtre rapatriĂ©s du Rwanda au cours du dernier lot de l’exercice ont refusĂ© l’offre. Il y a une semaine, le gouvernement ougandais a commencĂ© Ă rapatrier les Ougandais qui se sont retrouvĂ©s coincĂ©s au Rwanda aprĂšs la fermeture des frontiĂšres qui a Ă©tĂ© dĂ©clarĂ©e en mars comme une mesure […]
Nicholas Sarkozy mu bibazo uruhuri bifitanye isano na ruswa nâamafaranga ya Kadhafi yariye
Urukiko rwâubujurire rwa Paris kuri uyu wa Kane, itariki 24 Nzeri 2020, rwateye utwatsi ubusabe bwâuwahoze ari Perezida wâu Bufaransa, Nicholas Sarkozy bwo guhagarika gukorwaho iperereza ku mafaranga yahawe na Kadhafi mu gihe yiyamamazaga mu 2007, rutanga uburenganzira bwo kurikomeza ku buryo bidatinze ashobora kujyanwa mu rukiko. Mu 2013, Ibiro byâumushinjacyaha wa repubulika i Paris […]
Rusesabagina yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi
Umunyapolitiki urwanya leta yâu Rwanda, Paul Rusesabagina watawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020 ngo yaba yarabeshye impamvu yari imujyanye mu Burundi. Mu kiganiro Paul Rusesabagina wâimyaka 66 yâamavuko yagiranye nâigitangazamakuru The New York Times tariki ya 15 Nzeri 2020, yavuze ko yafashwe yari azi ko ari kwerekeza mu Burundi. Impamvu yatangaje yari imujyanye […]
Abagande 114 bagombaga gucyurwa mu cyiciro cya 3 banze kuva mu Rwanda
Abagande 114 mu bari bashyizwe ku rutonde rwâabagombaga gucyurwa bakurwa mu Rwanda bahaheze kubera icyorezo cya Covid-19 banze amahirwe yo gusubizwa iwabo bahitamo kuguma mu Rwanda. Hashize icyumweru Guverinoma ya Uganda itangiye gucyura abaturage bayo baheze mu Rwanda nyuma yâifungwa ryâimipaka ryatangajwe muri Werurwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ryâicyorezo cya Covid-19. Byibuze abagera ku […]
Abadepite 27 ba EU baratabariza âumuturage wabo Rusesabaginaâ
Abadepite 27 baturuka mu mitwe ya politiki itandukanye igize Inteko yâUmuryango wâUbumwe bwâu Burayi (EU), kuri uyu wa 23 Nzeri 2020 bandikiye Umuyobozi wâuyu muryango, Joseph Borell Fontelles bamugaragariza impungenge kuri Paul Rusesabagina watawe muri yombi na leta yâu Rwanda. Kwita Rusesabagina umuturage wâu Bubiligi na EU babishingira ku kuba yaravuye mu Rwanda mu 1996 […]
Menya ingano y’umushahara abayobozi b’ibigo bya Leta bitandukanye bagenerwa buri kwezi
Iteka rya Minisitiri wâIntebe N° 92/03 ryo kuwa 01/03/2013 rihindura kandi rikuzuza Iteka rya Minisitiri wâIntebe no 53/03 ryo kuwa 14/07/2012, ni ryo rishyiraho imishahara nâibindi bigenerwa Abakozi bo mu Butegetsi Bwite bwa Leta. Cyakora cyo n’ubwo iri teka ari iryo mu myaka irindwi ishize, nta wakwirengagiza ko buri myaka itatu imishahara y’abakozi ba Leta […]
Neymar na Alvaro Gonzalez bashobora gufatirwa ibihano bikaze

Urubanza hagati ya Neymar na Alvaro Gonzalez ruzasuzumwa ku ya 30 Nzeri na komite ishinzwe imyitwarire yâIshyirahamwe ryâUmupira wâamaguru wâababigize umwuga LFP. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru wâababigize umwuga mu itangazo rigenewe abanyamakuru kuri uyu wa gatatu, itariki 23 Nzeri ryatangaje ko komite ishinzwe imyitwarire izaterana ku wa gatatu tariki ya 30 Nzeri kugira ngo ifate umwanzuro […]
Izindi mpunzi 511 z’Abarundi zabaga i Mahama zafashijwe gutaha
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nzeri 2020 ni bwo icyiciro cya gatatu kigizwe nâimpunzi 511 zâAbarundi cyafashijwe gutaha. Ni impunzi zigizwe nâabana, abagore nâabagabo zari zimaze imyaka igera kuri 5 ziba mu nkambi ya Mahama mu burasirazuba bwâu Rwanda. Izi mpunze yaje mu Rwanda zihunze imvururu zakurikiye amatora yâUmukuru wâIgihugu […]
U Busuwisi bamwe bizera ko butagira ingabo bugiye kugura intwaro karundura
Leta yâu Busuwisi bamwe bazi ko itagira igisirikare, ifite gahunda yo gushora amafaranga yo muri iki gihugu arenga miliyari 6 yo kugura intwaro karundura zirimo indege zâintambara. Izi ndege ngo zigomba gusimbura izo iki gihugu cyari gisanganwe zo mu bwoko bwa 30F/A-18 Hornets zivugwaho ubushobozi buke ugereranyije nâizigezweho, ngo izo zizatakaza manda mu 2030. Gifite […]
Nyagatare: Umugore yari amuciye igitsina amushinja kumuca inyuma
Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 22 Nzeri, umugore wo mu Karere ka Nyagatare yarumye igitsina cyâumugabo we nâibindi bice byâumubiri amushinja kumuca inyuma, ubuyobozi bwâakarere bukaba busaba abagabo kutagira ipfunwe ryo kuvuga ihohoterwa bakorerwa. Uyu mugabo witwa Ugayurwe Joel wo mu Mudugudu wa Kabirizi akagari ka Mbare Umurenge wa Karangazi avuga ko yarumwe igitsina […]
FC Barcelona: Umukinnyi umwe ni we usigaye mu bo umutoza Koeman atashakaga
Ikipe ya FC Barcelona yamaze kwemeza ko yamaze kumvikana na Atletico Madrid, kuri Luis SuarĂ©z ugomba kuyivamo akerekeza muri iyi kipe y’umutoza, Diego Simeone. SuarĂ©z yatanzweho miliyoni esheshatu z’ama -Euro. FC Barcelona yamusezeyeho ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, gusa byitezwe ko umuhango nyir’izina wo kumusezeraho bya nyabyo uba kuri uyu wa Kane, aho na we […]
Gicumbi: RIB yafunze umugabo ukekwaho gusambanya umukobwa we
Mu Murenge wa Rutare wâakarere ka Gicumbi, RIB ihafungiye umugabo wâimyaka 44 ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana we wâumukobwa ufite imyaka 15. Inkuru ya Igihe ivuga ko uyu mugabo ukekwa gusambanya umwana we, ngo ashobora kuba yarabikoze umugre we yagiye kwa muganga kurwaza mugenzi we. Tariki ya 22 Nzeri 2020 ni bwo inkuru yasakaye, ubwo […]
Miliyoni 300 frw yari agenewe gufasha abarokotse yaburiwe irengero
Ikigega cyâigihugu gishinzwe gufasha Abarokotse Jenoside, FARG, cyatangiye urugamba rwo kugaruza akayabo ka miliyoni 300 frw yari agenewe gutera inkunga imishinga ibyara inyungu atarakoreshejwe ku mpamvu yari yagambiriwe. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Nzeri nâUmuyobozi wa FARG, Uwacu julienne ubwo yasubizaga ibibazo byâimicungire mibi yâumutungo byagaragajwe nâUmugenzuzi Mukuru wâImari ya Leta muri […]
U Burusiya bwakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga uzwi nka Yesu
Leta yâu Burusiya yakoze operasiyo kabuhariwe yo guhiga Pasiteri Sergei Torop uvuga ko ari Yesu Krisitu wagarutse mu Isi, bwifashishije indege za kajugujugu. Sergei Torop abayoboke bâitorero rye bita Vissarion cyangwa se âYesu wa Siberiaâ, yigeze kuba umupolisi, abwirukanwamo mu 1989 yishingira urusengero. Arashinjwa kurema itorero ritemewe no kwambura abayoboke amafaranga (amaturo). Mu itorero rya […]
Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n’abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: “Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi”. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko […]
Rubavu: Bafashwe bagerageza kwinjiza za televiziyo mu gihugu mu buryo bwa magendu

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe televiziyo 10 (Flat screen) zari zinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu, abari bazizanye mu Rwanda bari banyuze mu nzira zitemewe. Izi televiziyo uko ari 10 zafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Nzeri, Twagiramungu Innocent wâimyaka 41 na Habarurema Athanase wâimyaka 36 bafashwe bakurikiranweho kugira uruhare […]
CIJ igiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza muri RDC
Urukiko Mpuzamahanga ruharanira ubutabera, CIJ (Court Internationale de Justice) rwa La Haye mu Buholandi kuri uyu wa 22 Nzeri 2020 rwatangaje ko rugiye gukomeza gusuzuma ibyo ingabo za Uganda zishinjwa kwangiza ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu myaka igera kuri 23 ishize. Uru rukiko ruvuga ko ingabo za Uganda zari mu Ntara […]