Al Ahly yatsinze mukeba wayo Zamalek yegukana CAF Champions league ya 9

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yegukanye igikombe cya cyenda cya CAF Champions league itsinze ku mukino wa nyuma mukeba wayo, Zamalek SC ibitego 2-1. Ni umukino wari utegerejwe na benshi mu bakunzi b’amaguru hano ku mugabane wa Afurika bijyanye n’ibigwi amakipe yombi afite muri ruhago ya Misiri, bikaba akarusho ko kuba […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 21

en22hsxxuaq2lgq.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 21 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 2761 byafashwe. Abanduye barimo 4 babonetse muri Kigali, 7 babonetse i Rubavu, 5 babonetse muri Nyamagabe, 4 babonetse muri Gatsibo n’undi wabonetse muri Musanze.

Umubikira yatwise azira kurya ifunguro rikoze mu mabya y’ikimasa

Umubikira wo muri Diyoseze Gatolika ya Colorado Springs muri Leta ya Colorado ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mary-Gertrude yaratwise, asobanurirwa ko byatewe n’uko yariye amafunguro akozwe mu mabya y’ikimasa. Icyitonderwa: Uyu mubikira yakoresheje ijambo ‘testicles’ bisobakuye ‘amabya’. Mu gutangaza ibyo yavuze, turakoresha iri jambo ry’Ikinyarwanda. Uyu mubikira w’imyaka 61 y’amavuko yasobanuye ko ubwo […]

Umuhanga Iran yashingiragaho mu gukora intwaro kirimbuzi, yishwe

fb_img_16064940796122751.jpg

Televiziyo ya Iran imaze gutangaza ko umuhanga wafashaga igihugu cyane mu gukora intwaro kirimbuzi, Mohsen Fakhrizadeh-Mahabadi, yishwe arashwe kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2020. Ibitangazamakuru nka Jerusalem Post bivuga ko Mohsen agabweho igitero n’uwitwaje intwaro utaramenyekana, ubwo yari mu modoka hafi y’umurwa mukuru, Tehran. Imodoka Mohsen yarasiwemo Ngo akimara kuraswa, yahise yihutishirizwa ku bitaro, ariko […]

Ab’i Nyagatare na Gicumbi bagiye kongera kureba Tour du Rwanda

img_20201127_164830.jpg

Kuri uyu wa Gatanu ubuyobozi bw’Isiganwa ryo gusiganwa ku magare mu Rwanda ‘Tour du Rwanda’, bwatangaje amakipe, abaterankunga n’inzira Tour du Rwanda ya 2021 izanyuramo, harimo iya Nyagatare na Gicumbi amagare ataherukaga kujyamo. Ni Tour du Rwanda izatangira ku wa 21 Gashyantare 2021 isozwe ku wa 28. Umuhuzabikorwa wa Tour du Rwanda, Olivier Grand-Jean, yavuze […]

Dr. Habumuremyi yakatiwe imyaka itatu, acibwa ihazabu y’akabakaba miliyari

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 27 Ugushyingo rwakatiye Dr. Pierre Damien Habumuremyi igihano cy’igifungo cy’imyaka 3, rumuca n’ihazabu ya miliyoni 892 z’amafaranga y’u Rwanda. Ni mu gihe tariki ya 6 Ugushyingo 2020, Ubushinjacyaha bwari bwaramusabiye gufungwa imyaka itanu n’iyi ngano y’amafaranga y’ihazabu, ku byaha bwamushinjaga; gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu. Dr. Habumuremyi wari […]

Ishyamba si ryeru hagati y’Umuyobozi Wungirije wa Kikwit n’ibiro bya perezida

Abasirikare babiri ba FARDC, bivugwa ko bakora muri perezidansi, kuri uyu wa kane, itariki 26 Ugushyingo batawe muri yombi bashinjwa kugerageza gushimuta Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kikwit, Jean-Claude Mongala. Aba basirikare kuri ubu bafungiye mu bushinjacyaha bwa gisirikare mu Mujyi wa Kikwit, nk’uko amakuru urubuga 7SUR7.CD rukesha Umuvugizi w’a FARDC mu Ntara ya Kwilu, Major […]

25 Ă©tudiants font appel Ă  l’UniversitĂ© du Rwanda aprĂšs avoir perdu leur bourse

Les Ă©tudiants qui rejoignent l’UniversitĂ© du Rwanda (UR) avec une bourse du gouvernement signent un contrat de performance avec le Conseil de l’enseignement supĂ©rieur (HEC) selon lequel l’Ă©chec des examens entraĂźnerait la perte de la bourse. Selon UR, 25 Ă©tudiants du dĂ©partement Finance and Business Management ont fait appel de cette dĂ©cision, demandant Ă  UR […]

Sgt. Robert yaba abitse ayahe mabanga ya Kizito Mihigo?

Kuwa 25 Ugushyingo 2020, hasakaye amakuru ya kimomo ko umusirikare mu ngabo z’u Rwanda, RDF, Sgt. Maj. Robert Kabera uzwi nka Sergeant Robert mu buhanzi yatorokoye muri Uganda ndetse anavuga impamvu yatumye ajya muri iki gihugu kiri mu majyaruguru y’icyo yakabaye arindiye inkiko. Ikinyamakuru Daily Monitor ni cyo uyu mugabo yavuganye nacyo avuga ko yahunze […]

Umukozi w’ikigo cy’ubutasi cya CIA yiciwe muri Somalia

Umukozi wa CIA aherutse kwicirwa mu gikorwa cyabereye muri Somaliya, ibintu bishobora kubyutsa impaka muri Amerika ku bijyanye n’Abanyamerika bakiri muri iki gihugu cyo mu ihembe rya Afurika gikomeje kuzahazwa n’intambara za hato hato. Nk’uko ikinyamakuru New York Times cyashyize ahagaragara aya makuru kibitangaza, uyu mukozi wa CIA utaramenyekana, yari mu ishami rishinzwe ibikorwa bidasanzwe […]

OMS ihamya ko Afurika ititeguye urukingo rwa Covid-19, mu gihe rwaba rubonetse

Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, OMS/WHO, uhamya ko ibihugu byo ku mugabane wa Afurika utiteguye gukwirakwiza urukingo rwa Covid-19 mu baturage babyo, mu gihe rwaba rubonetse. Bigaragara mu itangazo rigenewe itangazamakuru, uyu muryango washyize hanze kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2020, ubwo Dr. Matshidiso Moeti uwuhagarariye muri Afurika yavugaga ku rwego Afurika igezeho yitegura kwakira […]

Umugereki wabujije Katumbi amahirwe yo guhatanira kuba perezida yatawe muri yombi

Umugereki, Emmanuel Stoupis wigeze gushinja umuherwe Moise Katumbi kumwiba inzu ebyiri mu 2015, ndetse iyi dosiye ikaza kubuza Katumbi amahirwe yo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu 2018, kuri ubu biravugwa ko nawe yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa Kabiri ushize, itariki 24 Ugushyingo, nyuma y’ikirego cyatanzwe na Jean-Claude Muyambo umushinja gukoresha inyandiko mpimbano, ubufatanye mu […]

UR: Abanyeshuri 25 bajuririye icyemezo cyo kubambura buruse

Abanyeshuri 25 bo mu ishami rishinzwe imari n’ubucuruzi muri Kaminuza y’u Rwanda bajuririye icyemezo cyo kuguhagarikira buruse abanyeshuri batsinzwe ibizamini nk’uko biba bikubiye mu masezerano abemerera inguzanyo. Abanyeshuri binjiye muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) kuri buruse ya leta basinyana amasezerano y’imikorere n’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC) havugwamo ko gutsindwa ibizamini byatuma batakaza buruse. Nk’uko Kaminuza […]

Gor Mahia yugarijwe n’ubukene yaje i Kigali yambaye imyambaro y’ikipe y’igihugu ya Kenya

img_20201127_114710.jpg

Ikipe ya Gor Mahia yugarijwe n’ikibazo cy’amikoro, yahagurutse i Nairobi muri Kenya iza i Kigali yambaye imyambaro y’ikipe y’igihugu ya Kenya ‘Harambee Stars’. Gor Mahia yitabiriye umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league uzayihuza na APR FC ku munsi w’ejo, ukazabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Mu kanya kashize ni bwo iriya kipe […]

Vote par le Parlement europĂ©en d’une rĂ©solution d’urgence sur la dĂ©tĂ©rioration des libertĂ©s en AlgĂ©rie

Le Parlement europĂ©en rĂ©uni en plĂ©niĂšre Ă  Bruxelles a adoptĂ©, le jeudi 26 novembre 2020, une rĂ©solution d’urgence dĂ©nonçant la dĂ©tĂ©rioration des libertĂ©s en AlgĂ©rie. La rĂ©solution adoptĂ©e par 669 dĂ©putĂ©s pour et seulement 3 dĂ©putĂ©s contre, soit la quasi totalitĂ© des membres du Parlement europĂ©en, condamne la rĂ©pression des activistes des droits de l’homme […]

Uko umugambi wa Iran wo gutwika Paris hakoreshejwe bombe yiswe Nyina wa Satani wari uteye

36160030-8992027-image-a-123_1606439650342.jpg

Hamenyekanye uko Ambasaderi wa Iran muri Autriche, Assadollah Assadi yinjiye igisasu cyiswe nyina wa satani (Mother of Satan) ngo kijyanwe mu nama yari kubera mu Mujyi wa Paris ahari hateraniye abadepite b’Abongereza n’umunyamategeko wa Perezida wa Amerika, Rudy Giuliani. Uyu mugambi waburijwemo mu 2018 wari ugamije guhitana abadepite bakurikira: Bob Blackman, Matthew Offord, Sir David […]

Brazil: Perezida Bolsonaro yarahiye ko atazemera guterwa urukingo rwa Covid-19

Perezida wa Brazil, Jair Bolsonaro kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ugushyingo, yatangaje ku mugaragaro ko atazigera yemera urukingo rwa Covid-19 kandi ari uburenganzira bwe. “Ndababwira, ntarwo nzakira. Ni uburenganzira bwanjye,” ibi ni ibyatangajwe na Perezida Bolsonaro bihita bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Igihugu cya Brazil, kimaze kubarurwamo abasaga miliyoni 6 banduye Covid-19, kiza inyuma […]

Amafoto: Uko abaganga bakoreye intare irembye ‘operasiyo’

36138558-8990297-chobe_the_lioness_who_was_rescued_from_tiger_king_joe_exotic_s_z-a-47_1606404916875.jpg

Abaganga bo mu bitaro bivura inyamaswa biri muri Kaminuza ya Leta ya Oregon muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tariki ya 23 Ugushyingo 2020 bakoreye intare y’ingore yari irembye igikorwa cyo kubaga kizwi nka operasiyo (operation) mu mvugo za kiganga. Iyi ntare ifite imyaka itanu y’amavuko yitwa Chobe. Mu 2018, yakomerekejwe ingingo ndangagitsina mu rwororerwo (zoo) […]

Jules Ulimwengu ntari mu bakinnyi 18 Gor Mahia yazanye i Kigali

img_20201127_092348.jpg.png

Ikipe ya Gor Mahia itegerejwe mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatanu, yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 18 izifashisha mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league izahuriramo na APR FC batarimo Umurundi Jules Ulimwengu. Umukino uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ugushyingo. Uretse Jules Ulimwengu […]

Impamvu Buyoya yeguye ku mirimo ye muri Afurika Yunze Ubumwe

Uwahoze ari Perezida w’u Burundi, Pierre Buyoya, yatangaje impamvu aherutse gufata icyemezo cyo kwegura ku kazi yari amaranye iminsi k’intumwa ya Afurika Yunze Ubumwe muri Mali na Sahel, aho yavuze ko ashaka gufata umwanya uhagije akongera agasukura isura ye yahindanyijwe na dosiye y’iyicwa rya Melchior Ndadaye mu 1993 riherutse gutuma ubutabera bw’u Burundi bumukatira igihano […]

U Rwanda rwavuze igihe ntarengwa ruzaba rwazanye urukingo rwa COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya COVID19, kandi ko bitarenze tariki ya 7 z’ukwezi gutaha ruzaba rwamaze gutanga ubusabe bw’inkingo za Covid 19 ruzakenera mu gukingira abaturage. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, ubwo yakiraga inkunga y’u Buyapani yo gufasha u Rwanda mu guhangana na […]

Bobi Wine yasabye abamushyigikiye gutanga agahenge nyuma yo kurazwa ku muhanda

Umuhanzi akaba n’umudepite, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yasabye abamushyigikiye guha agahenge inzego z’umutekano birinda gukomeza guhangana na zo, nyuma yo kurazwa na zo ku muhanda mu ijoro ryakeye. Kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira muri Uganda, Bobi Wine yakunze kugirana ubwumvikane buke n’abashinzwe umutekano ku bijyanye n’uko agomba gukora ibikorwa byo kwiyamamaza ntawe […]

Kabale: Habuze ujya gusaba umurambo w’Umunyarwanda warasiwe ku mupaka

Abayobozi bo mu Karere ka Kabale, mu gihugu cya Uganda baravuga ko umurambo w’Umunyarwanda uherutse kurasirwa ku mupaka w’iki gihugu n’u Rwanda waheze mu buruhukiro habuze abantu bajya kuwusaba. Uyu Munyarwanda ni umwe mu gatsiko k’abantu umunani baherutse kuraswaho, kuwa Gatanu ushize, n’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Burera, bagerageza kwinjiza magendu ya kanyanga […]

Kudahemba neza umusirikare ni nko gucumbikira intare ishonje_Ibaruwa bivugwa ko yandikiwe Perezida wa RDC

Ku mbuga zitandukanye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hasakaye ibaruwa bigaragara ko hari abasirikare n’abapolisi baba baherutse kwandikira Perezida FĂ©lix Tshisekedi uyobora iki gihugu, bagaragaza agahinda batewe no guhembwa umushahara muke. Iyi baruwa bitagaragara itariki yandikiweho, ifite umutwe ugira uti: “Manifeste du Militaire Congolais”. Mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo: “Inyandiko y’Igisirikare cya Congo” Bigaragara […]

Sankara afite ugushidikanya ku bo bareganwa

Nsabimana Callixte uzwi nka Maj. Sankara wahoze ari umuvugizi w’inyeshyamba za FLN avuga ko ashidikanya ku bo bareganwa mu rubanza rumwe kuko atabazi mu bantu baba barakoze ibyaha nk’ibye. Ni ibyo yatangaje ubwo Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba ruri i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwaburanishaga urubanza rw’ba bahoze muri FLN. Sankara yavuze ko “Afite ugushidikanya […]

Rusizi: Abanyeshuri basabwe uruhare mu guhangana n’ubuke bw’imbuto ziribwa

img-20201124-wa0028.jpg

N’ubwo umurenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi ari umwe mu mirenge igaragaramo ibiti by’imbuto ziribwa binyuranye, ngo na ho hagaragara ubuke n’ihenda ryazo, ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri ahabarizwa,ubuyobozi bwite bwa Leta n’abanyeshuri ubwabo bagasanga igihe ikemurwa ry’iki kibazo ryahera mu bana ubwabo mu minsi iri imbere cyasigara ari amateka n’ikibazo cy’imirire mibi kikivugwa muri bamwe […]