Abanyarwanda bane bishwe na Covid-19

eptrm09xiausmwa.jpg

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abagore babiri n’abagabo babiri, bose b’Abanyarwanda, bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020. Aba bagore bafite imyaka 47 na 63 y’amavuko bapfiriye i Kigali, abagabo b’imyaka 52 na 68 bapfira mu Karere ka Rubavu. Abanduye iki cyorezo uyu munsi bo ni 61, mu bipimo 3545 byafashwe. Barimo […]

Umugore wa Bobi Wine yavuze Ikinyarwanda gitomoye, Kisoro ikura ingofero

Umugore wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, Barbara Itungo yavuze Ikinyarwanda gitomoye, abaturage batuye mu Karere ka Kisoro bakura ingofero. Byabaye tariki ya 16 Ukuboza 2020 ubwo Bobi Wine yiyamamarizaga muri aka Karere gahana imbibi n’aka Burera mu Rwanda. Ubusanzwe abaturage b’i Kisoro bakunze gukoresha indimi ebyiri: Ikinyarwanda n’Urukiga. Mu kubatungura, […]

Perezida Museveni yavuze ko abayoboke ba Bobi Wine azabamaraho

Ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Hoima kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020, Perezida Yoweri Museveni wa Repubulika ya Uganda, yatangaje ko abayoboke ba Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu, azabamaraho. Perezida Museveni yabwiye abayoboke b’ishyaka NRM ahagarariye mu bikorwa byo kwiyamamaza, ko abashyigikiye Bobi Wine biganjemo urubyiruko ari abasazi. Muri videwo yatambukijwe na […]

RDC: FARDC yafashe abasaga 150 barimo abashakaga kugaba igitero ku Mujyi wa Beni

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kiratangaza ko cyataye muri yombi abantu 154, barimo abana 15 n’abarwanyi 16 b’umutwe w’inyeshyamba wa CODECO, mu mukwabu cyakoreye mu mudugudu wa Kotoni, uherereye mu birometero 15 uvuye Bunia, muri Teritwari ya Djugu. Muri uyu mukwabu wakozwe n’abasirikare ba FARDC ku bufatanye n’abapolisi, mu ijoro ryo kuwa […]

Zimwe mu modoka z’abarengeje ibiciro by’ingendo zirafunzwe

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020 rwagaragaje ko ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda batangiye gufata imodoka z’abarengeje ibiciro by’ingendo. Ni nyuma y’aho mu bice bitandukanye by’igihugu Abaturarwanda bakomeje kugaragara ko n’ubwo RURA yatangaje ko “nta cyahindutse” ku biciro by’ingendo, hari aho bakomeje kubizamura mu buryo bweruye. Uru rwego rwagaragaje ibirango […]

Barack Obama yatewe ubwoba n’ukuntu uwenda kuzaba umukwe we arya

dufl8akv4aelff8.jpg

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’imikino, Bill Simmons, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yagarutse ku bihe bya ‘Guma mu rugo’ yanyuzemo n’umuryango we, ariko by’umwihariko umusore ukundana n’umukobwa we w’imfura, Malia, aho yatangajwe n’uburyo uyu wenda kuzaba umukwe we arya cyane bya gisore. Kimwe n’abandi baturage ba Amerika, Barack Obama, nawe […]

Perezida wa Chile yahawe igihano azira kwifotozanya n’umugore, atambaye agapfukamunwa

201220040227-chile-president-fine-intl-scli-0320-restricted-large-169.jpg

Urwego rushinzwe ubuzima muri Chile ku wa 18 Ukuboza 2020, rwatangaje ko Umukuru w’Igihugu, Perezida Sebastian Pinera yaciwe amande y’amafaranga 3,500 y’amadolari ya Amerika ($3500), azira kwifotozanya n’umugore, nta dupfukamunwa bambaye. CNN ivuga ko mu ntangiriro z’uku kwezi ubwo Perezida Pinera yatemberaga ku musenyi mu gace ka Cachagua ari bwo uyu mugore yamusabye ko bakwifotoza […]

Ngiki igihugu kitagira urusengero na rumwe

Ku Isi usanga abenshi bemera Imana, bakubaka insengero kugira ngo bajye baziteraniramo mu gihe cy’amasengesho. Biragoye kubona igihugu cyaburamo urusengero na rumwe, keretse nka Saudi Arabia (Arabie Saoudite), hari imisigiti y’Abasilamu gusa. Muri iki gihugu usanga ku mugaragaro hasengera Abasilamu gusa, abakirisitu bakeya (babarirwa muri 5% by’abatuye muri iki gihugu barenga miliyoni 32, Pew Research) […]

U Rwanda rwijeje Tanzania gukomeza gukoresha Icyambu cya Dar es Salaam

Guverinoma y’u Rwanda yasezeranyije Tanzania ko izakomeza gukoresha Icyambu cya Dar es Salaam kuko ishima serivisi zitangirwa kuri iki cyambu kinyuzwaho 80% by’ibyo igihugu gitumiza mu mahanga. Ibi Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Maj. Gen. Charles Karamba, yabitangarije Dodoma kuri uyu wa Gatanu ushize nyuma yo guhura no kugirana ibiganiro na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa […]

Imirimo yo kubaka Ibitaro bya Nyabikenke bemerewe na perezida igeze ku musozo

Abaturage ba Ndiza, mu Karere ka Muhanga, barishimira ko batazongera gukora ibirometero bajya gushaka serivisi zo kwa muganga, nyuma y’aho Ibitaro bya Nyabikenke bemerewe na Perezida wa Repubulika bizatwara agera kuri miliyari 7 bigiye kuzura. Aba baturage bakoraga urugendo rurerure bakajya i Kabgayi no mu Karere ka Gakenke bagiye gushaka serivisi zo kwa muganga nko […]

Amabwiriza y’imyandikire yateje impaka kuva mu 2014 agiye gukurwaho

Umuyobozi Mukuru (Intebe) wungirije w’Inteko y’Umuco, Uwiringiyimana Jean Claude n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri n’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020 batangaje ko amabwiriza y’imyandikire y’Ikinyarwanda yateje impaka mu myaka 6 ishize agiye gukurwaho. Aya mabwiriza yashyizweho n’urwego rwitaga Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) mu 2014. Aya mabwiriza yashyizeho ibihekane birimo […]

Hari abari gutegura umuhango wo kurahira kwa Trump nk’uwatsinze amatora

Abantu barenga 325,000 bari gutegura uburyo bazitabira umuhango wo kurahira kwa Donald Trump nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nk’uko igitangazamakuru The Independent cyabitangaje, aba bantu bamaze kwemeranya ko uyu muhango uzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rihuza amashusho, ku rubuga rwa Facebook, ari na ho hari kubera ubukangurambaga buhamagarira abandi kuwitabira. Abari gutegura […]

Sudani yarunze ingabo nyinshi ku mupaka na Ethiopia nyuma yo kwicirwa abasirikare

Ibiro ntaramakuru bya Sudani, Suna, kuri uyu wa Gatandatu byatangaje ko iki gihugu cyohereje “ingabo nyinshi” ku mupaka wacyo na Ethiopia nyuma y’igitero cyagabwe n’ingabo za Ethiopia n’imitwe yitwara gisirikare ku basirikare ba Sudani. Ibiro bya Sudani byavuze ko “ingabo za Sudani zakomeje gutera imbere zinjira muri Al Fashaqa” muri Sudani, byongeraho ko igisirikare cyohereje […]

Centrafrica: Francois Bozize yamaganye abamushinja gushaka guhirika ubutegetsi

Umuvugizi wa Francois Bozize wahoze ari Perezida wa Centrafrica yateye utwatsi amakuru akomeje kuvuga ko ari we uri inyuma y’abantu bitwaje intwaro bashaka guhirika ubutegetsi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, mu itangazo ryashyizwe ahagaragra na minisitiri w’itumanaho, Ange-Maxime Kazagui. “Oya, Francois Bozize ntabwo ari mu bihuru ahubwo ari iwe i Bossangoa”, nk’uko byemejwe na […]

Mu mikino 10 iheruka, Arsenal yakubiswemo 7

Agahinda ni kenshi ku bakunzi n’abafana ba Arsenal FC, imwe mu makipe y’ubukombe mu Bwongereza, nyuma y’aho ikomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’icyiciro cya mbere, English Premier League. Ubwo umwaka w’imikino w’2020/2021 watangiraga, abakunzi n’abafana b’iyi kipe batangiye kumwenyura kuko yabanje gutsinda imikino ibiri; uwayihuje na Fullham tariki ya 12 Nzeri 2020, ikawutsindamo ibitego 3-0 […]

Pierre Buyoya wayoboye u Burundi azashyingurwa muri Mali

Umuryango wa Pierre Buyoya wayoboye Repubulika y’u Burundi, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020 watangaje ko umurambo we uzashyingurwa muri Mali. Mali ni ho Pierre Buyoya n’umuryango we bari bamaze imyaka igera ku 8 baba, aho yagiyeyo amaze guhabwa inshingano yo kuba Intumwa Yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri iki gihugu no mu […]