Burundi: Umukobwa yagiye gukorerwa ‘surprise’ y’ibirori by’isabukuru, apfirayo

Umukobwa w’Umurundikazi witwa Mushimiyimana Jacqueline ku wa 24 Gashyantare 2021 yagiye gukorerwa ‘surprise’ (itungurana) y’ibirori by’isabukuru y’amavuko, apfirayo. Nk’uko urubuga Jimbere Magazine rubivuga, Mushimiyimana yari yujuje imyaka 19 y’amavuko. Umuryango we wasazwe n’agahinda, watangaje uti: “Yari yujuje imyaka 19 kuri uyu wa 24 Gashyantare 2021. Bagenzi be bari bamuteguriye umunsi mukuru ku mugoroba. Amaze kugera […]

Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga

ashley_judd_1614342407171898.jpg

Umukinnyi wa filimi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ashley Judd yahishuye ibihe bikomeye yanyuzemo ubwo yari yavunikiraga ukuguru mu ishyamba ryo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Abakongomani bakamutabara. Yabitangarije ku rubuga rwe rwa Instagram tariki ya 16 Gashyantare 2021, bikurura amarangamutima ya benshi batahwemye gukomeza gushima umutima wa kimuntu w’aba Banyekongo. […]

Nigeria: Abanyeshuri barenga 300 bashimuswe n’abitwaje intwaro bataramenyekana

Polisi ya Nigeria ikorera mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’iki gihugu, yatangaje ko abanyeshuri 317 bo muri kariya gace bashimuswe n’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana. Amakuru avuga ko bariya banyeshuri bashimuswe biganjemo abakobwa, hakaba hamaze gutangira ibikorwa byo kubatabara. Amakuru y’ishimutwa rya bariya banyeshuri yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi ya Nigeria muri Leta ya Zamfara, Mohammed Shehu, wavuze […]

Minisitiri Busingye yahishuye ko u Rwanda rwishyuye indege yazanye Rusesabagina

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston yahishyuye ko Leta y’u Rwanda ari yo yishyuye indege yazanye Paul Rusesabagina ushinjwa ibyaha by’iterabwoba. Yabitangarije umunyamakuru Mark Lamont Hill wa Al Jazeera mu kiganiro UpFront, cyagiye ahagaragara kuri uyu wa 26 Gashyantare 2021. Uyu munyamakuru yabajije Minisitiri Busingye ibijyanye n’imigendekere y’urubanza rwa Rusesabagina, uburenganzira bwe […]

Umwe mu Bajenerali 2 ba FLN basaba kurekurwa by’agateganyo yafatiwe ibihano na Loni

Abajenerali babiri bo mu mutwe wa FLN bari mu bantu 21 bari kuburanishwa n’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka basabye kurekurwa by’agateganyo mu gihe umwe muri bo ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye. Aba ni Maj. Gen. Felicien Nsanzubukire na Maj. Gen. Anastase Munyaneza, bo muri FLN-MRCD, aho bakurikiranweho ibyaha bitandukanye bifitanye isano […]

Inama ya EAC igiye guterana ngo isuzume ubusabe bwa DRC

evj8q1sxmai5anf.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga, hazaba inama isanzwe ya 21 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba hasuzumwa niba Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yakwemererwa kuba umunyamuryango. Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi muri Kamena 2019 yandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari na wari […]

Le procÚs concernant 21 suspects terroristes liés au MRCD ajourné au 3 mars

Le procĂšs concernant 21 suspects terroristes liĂ©s au MRCD et Ă  sa branche militaire a repris le vendredi 26 fĂ©vrier Ă  Kigali, tous les suspects et leurs avocats Ă©tant prĂ©sents Ă  la chambre de la Cour suprĂȘme. Tous les 21 suspects font face Ă  des accusations liĂ©es au terrorisme. Leurs actes prĂ©sumĂ©s ont entraĂźnĂ© la […]

Incuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza ntibasazoreza umwaka w’amashuri rimwe n’abandi

evjkznbxmaeitih.jpg

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ingengabihe y’amashuri abanza n’ayisumbuye, igaragaza ko abiga mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, bazasoza umwaka w’amasomo muri Nzeri 2021 mu gihe abandi basigaye bazayasoza muri Nyakanga 2021. Iyi ngengabihe yerekana ko biga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri abanza n’abiga mu mashuri yisumbuye bose bazasoza umwaka w’amashuri muri […]

Umugore wa Amb. Luca Attanasio aremeza ko umugabo we yagambaniwe n’umuntu ubazi

Umugore wa Ambasaderi w’u Butaliyani i Kinshasa uherutse kwicirwa mu burasirazuba bwa Congo, Luca Attanasio, w’imyaka 43, yatangaje ko umugabo we yagambaniwe kandi akagambanirwa n’umuntu umuzi uzi n’umuryango we kugirango yicwe. Ambasaderi Attanasio yari kumwe n’imodoka za PAM mu burasirazuba bwa Congo kuwa Mbere ushize ubwo yagwaga mu gico cy’abagizi ba nabi bakamwicana n’umurinzi we […]

USA: Yagaburiye abo mu muryango we umutima w’umuntu banze arabica

leon-oye.jpg

Umugabo wo muri Leta ya Oklahoma yishe umuntu amukuramo umutima arangije arawuteka awugaburira abandi bantu batatu bo mu muryango we barimo agakobwa k’imyaka ine mbere y’uko ahindukira nabo akabatera ibyuma hakarokokamo umwe. Uyu mwicanyi uri mu kigero cy’imyaka 40 yemereye imbere y’abashinzwe iperereza ko yakoze ubu bwicanyi, aho yemeye ko yishe umwe mu bantu yishe […]

Cassa Mbungo André akomeje kwigarurira shampiyona ya Kenya

Umunyarwanda Cassa Mbungo Andre utoza ikipe ya Bandari FC, yongeye kwegukana igihembo cy’umutoza mwiza w’icyumweru muri shampiyona ya Kenya ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo Cassa yagizwe umutoza mukuru w’iriya kipe ibarizwa i Mombasa, nyuma yo gutandukana na Gasogi United ya hano mu Rwanda. Ni ku ncuro ya kabiri uyu […]

Urugomo n’ubwicanyi byakorewe Abatutsi mu 1973 mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama

Nk’uko bisobanurwa n’ubushakashatsi Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muyahoze ari Perefegitura ya Gitarama ubwicanyi n’ibikorwa by’urugomo byibasiye Abatutsi mu 1973 byakozwe guhera mu mpera za Gashyantare 1973. Umugambi w’abateguye ibyo bikorwa bibi kwari ukwibasira Abatutsi bose bahereye ku bari mu mashuri no mu kazi. Abayobozi bakuru ba […]

RDC: Umuhanzi afunze azira indirimbo ‘Politiciens escrocs’ yatuye Perezida Tshisekedi

Umuhanzi Idinco Delcat wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, amaze ibyumweru bitatu afunzwe azira indirimbo ye ‘Politiciens escrocs’ yibutsamo Perezida Tshisekedi ibyo yemereye abaturage b’igihugu cye. Uyu muhanzi amaze igihe afungiye muri gereza y’Ikigo Gihurizwamo Ibikorwa bya Gisirikare (CCO) cy’i BĂ©ni ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Indirimbo ye ‘Politiciens escrocs’ (Abanyapolitiki b’abatekamutwe) yasohotse […]

Abantu bakurikirwa n’abantu benshi kurusha abandi kuri Instagram muri 2021

insta-2.jpg

Kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2021 usibye urubuga rwa Instagram ubwarwo ruza ku mwanya wa mbere, umukinnyi Cristiano Ronaldo niwe wavuga uza ku mwanya wa mbere mu bantu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga bakurikiranwa n’abantu benshi kurusha abandi, aho akurikirwa n’abagera kuri miliyoni 263, hagakurikiraho umuririmbyikazi Ariana Grande ukurikirwa na miliyoni 222. Dore abantu 15 […]

Abakobwa b’imyaka icyenda n’irindwi bandikiye Madamu Jeannette Kagame

image_750x_60389a97b709a.jpg

Ishimwe Irakoze Queen w’imyaka 9 na Mutesi Uwase Promesse w’imyaka 7 bombi bava indi imwe, bandikiye Madamu Jeannette Kagame ibaruwa bamusaba ubufasha burimo kwiga neza. Aba bana bo mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali banditse iriya baruwa ngo batanabibajije ababyeyi babo kuko bumvaga ari igitecyerezo kibari ku mutima. Bombi […]

Ntabwo urukingo rwa Covid-19 ruryana_Umwamikazi Elizabeth

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II yasabye abaturage kwemera guterwa urukingo rwa Covid-19 ku bwo kwirinda no kurinda n’abandi, cyane ko “rutaryana”. Nk’uko tubikesha BBC, uyu mwamikazi yabitangarije abakozi mu nzego z’ubuzima bashinzwe kugeza inkingo za Covid-19 mu bice bitandukanye by’igihugu, mu gihe hari inzitizi z’abafite ubwoba bwo kuziterwa. Elizabeth II avuga ko abantu batakabaye baterwa […]

Igikorwa cya mbere cya gisirikare cya Perezida Joe Biden cyahitanye 17 muri Syria

Kuri uyu wa Kane, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero ku bikorwaremezo bikoreshwa n’inyeshyamba zo muri Syria ziterwa inkunga na Iran, abantu bagera kuri 17 bahasiga ubuzima. Iki kikaba ari cyo gikorwa cya mbere cya gisirikare ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden bukoze busubiza ibitero biherutse kugabwa ku nyungu z’igihugu muri Irak. Asobanura ukuntu iki […]

Urukiko rwateye utwatsi inzitizi zatanzwe na Rusesabagina

Urukiko rutesheje agaciro inzitizi zari zatanzwe na Paul Rusesabagina ko rudafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza. Rwifashishije ingingo zinyuranye z’amategeko, urukiko rugaragaje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina. Urukiko ruvuze ko inzitizi ku iburabubasha nta shingiro zifite. Ruvuze ko iburanisha rigomba gukomeza. Me Gatera Gashabana, umwe mu bunganira Paul Rusesabagina avuze ko icyemezo cy’urukiko ku […]

Ihungabana ku bana b’abahungu basambanywa ku ngufu

Bamwe mu bahungu basambanyijwe bakiri bato bavuga ingaruka byagize ku buzima bwabo, zirimo ihungabana, indwara zidakira ndetse no guhezwa mu miryango ngabo; bagasaba ko iki kibazo cyahagurukirwa mu buryo bwihariye. Babiri muri bo baganiriye n’umunyamakuru w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) bamuhaye ubuhamya bw’uko basambanyijwe n’ab’igitsina gabo bavuga ko bari bakuru, babanje kubashuka. Umusore w’imyaka 18 y’amavuko […]

Hari n’uzava i Ndera umunsi umwe ahite aba umunyamakuru_Ingabire M. ImmaculĂ©e

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamanga Urwanya Ruswa n’akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, asanga hari n’abarwayi bo mu mutwe bashobora kuzava i Ndera bagahinduka abanyamakuru, kubera akavuyo kari mu itangazamakuru Nyarwanda. Ingabire yabigarutseho mu gihe bamwe mu banyamakuru bashinjwa ubunyamwuga buke, bikanajyana n’ibitangazamakuru bimwe na bimwe bikora nta murongo ngenderwaho. Ni mu gihe kandi nanone mu gihugu […]