Tundu Lissu avuga ko Perezida Magufuli yajyanwe kuvurirwa mu Buhinde

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu avuga ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yavanwe muri Kenya aho byavugwaga ko yari arwariye, ajyanwa mu Buhinde ari muri ‘coma’. Yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) abibwira ko ari amakuru yakuye ku baganga n’abashinzwe umutekano muri Kenya, “gusa ntiyatanga igihamya”. Lissu yakomeje abwira ibi biro ko Perezida […]

Umunyarwenya Eric Omondi yatawe muri yombi azira filime y’urukozasoni aheruka gusohora

Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane, yataye muri yombi umunyarwenya Eric Omondi ukomeye cyane muri kiriya gihugu, imukurikiranyeho gusakaza amashusho y’urukozasoni. Omondi yatawe muri yombi n’urwego rwa DCI rushinzwe gukora iperereza ku byaha. Icyaha uyu munyarwenya akurikiranweho, gifitanye isano na filimi yise ‘Wife Material’ aheruka gusohora. Itabwa muri yombi rya Omondi ryemejwe na Ezekiel […]

Umunyamakuru Nkusi avuga ko azarega umucamanza mu rubanza rwa Idamange

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Umurabyo, Nkusi Uwimana Agnes avuga ko agiye kwitabaza inkiko, akarega umucamanza mu rubanza rwa Idamange, kubera ibyakorewe telefone ye. Uyu yari aherutse gufungwa ku bwo gufata amajwi mu isoma ry’urubanza rwa Idamange ku bwo gufata amajwi kandi byabujijwe. Icyo gihe, umucamanaza muri uru rubanza yategetse ko umunyamakuru Nkusi atabwa muri yombi. Ibyo […]

Perezida Kagame n’umufasha we bakingiwe Covid-19

he.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’umufasha we, Jeannette Kagame kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 bakingiwe icyorezo cya Covid-19. Nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangaje, iki gikorwa cyabereye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali. Village Urugwiro ku rubuga rwa Twitter yagize iti: “Muri gahunda yo gukingira ikomeje hirya no hino mu […]

Ni igihuha_Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda ku makuru y’uko Magufuli arembye

Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda, Dr. Aziz Ponary Mlima kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 yavuze ko amakuru avuga ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli arembye babeshya. Kuva ku murogoba wa tariki ya 9 Werurwe 2021 mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kumvikana inkuru y’uko Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli arembeye mu […]

Abanya-Mexique bemerewe gukoresha urumogi bihugenza banishimisha

Umutwe w’abadepite w’inteko ishingamategekoe ya Mexique watoye wemeza umushinga w’itegeko ryo gukoresha urumogi mu kwishimisha no kwihungenza. Uwo mushinga w’itegeko ubu urajya gutorwa muri sena, mu gihe ishyaka rya Perezida AndrĂŠs Manuel LĂłpez Obrador ryizeye ko naho uzemezwa. Ibi byahita bihindura Mexique rimwe mu masoko manini y’urumogi ku isi kuko rubanda irwemerewe. Iki gihugu cyashegeshwe […]

Denmark yahagaritse urukingo rwa AstraZeneca

Leta ya Denmark kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 yahagaritse by’agateganyo gukingira abaturage bayo urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa AstraZeneca bitewe n’ibibazo bikomeye bikekwa ko rwateje. Minisiteri y’Ubuzima ya Denmark mu nkuru ya Telegraph yavuze ko iki cyemezo cyatewe “na raporo z’ibibazo bikomeye byo kuvura kw’amaraso mu bantu bahawe urukingo rwa AstraZeneca.” Iyi […]

Norah wari ufite ubumuga bwo mu mutwe yasambanyijwe, aricwa

Umugore witwa Norah wari ufite ubumuga bwo mutwe, yasambanyijwe nyuma aricwa n’abantu bataramenyekana, bamusanze aho yararaga ku mu Mujyi wa Kabale ahitwa Kigongi. Uyu wakomokaga muri Nyakabungo umurambo we wabonetse kuwa Gatatu mu buriri bwe yimukanaga gusa byari byagaragaye ko atabyutse nk’ibisanzwe. Umwe mu bamotari wagize amakenga, Willy Byomuhangi yabwiye Chimpreports ko ” Ahagana mu […]

Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwa Rusesabagina n’abo bareganwa rwasubikwa

Inteko y’Abashinjacyaha yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi ko urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 rwasubikwa rugasubukurwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021, kubera ko we n’abandi bamwe muri bo batunganiwe. Urubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 nyuma y’aho ejo hashize urukiko rwa rwatesheje agaciro inzitizi ya Rusesabagina y’uko […]

RDF yohereje abasirikare bashya muri misiyo i Malakal

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyatangiye igikorwa cyo gusimbuza abasirikare bacyo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe ni bwo itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare 128 mu 157 bagomba kujya muri buriya butumwa, ryahagurutse i Kigali ryerekeza i Malakal muri Sudani y’Epfo. Aba basirikikare […]

RDC: Abapolisi bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Mutond wahoze akuriye ubutasi

Muri iki gitondo, abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Kalev Mutond wahoze akurikiye urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (ANR). Ni amakuru Mutond ubwe yihereye Radio Okapi mu butumwa, agira ati: “Urugo rwanjye ruherereye kuri Nimero 24 kuri Ma Campagne, Karitsiye Joli Parc muri Binza Ma Campagne rwose rugoswe […]

Serengeti: Abagore bashyingiranwa n’abagabo bapfuye

Bamwe mu bagore batuye mu Karere ka Serengeti mu Ntara ya Mara muri Tanzania baravuga ko babangamiwe n’umuco wo kubashyingira abagabo bapfuye, bizwi nka ” Ndoa ya makaburi.” Mu Ntara ya Mara, iyo umugabo ageze igihe cyo kurongora, agapfa, umuryango umushakira umugore, yabyarana abana n’undi mugabo wo muri uwo muryango abana bakitwa mu mazina ya […]

UEFA CL: Bwa mbere mu myaka 16 Messi na Cristiano Ronaldo babaye insina ngufi

Bwa mbere mu myaka 16 ishize Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bombi bananiwe kurenga 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Ni nyuma y’imikino yo kwishyura ya 1/8 yakinwe ku wa Kabiri no ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Cristiano Ronaldo na Juventus ye basezerewe na FC Porto yo muri Portugal ibifashijwemo n’ibitego byinshi yatsindiye mu Butaliyani, […]

Mu mezi 9, Côte d’Ivoire ipfushije undi Minisitiri w’Intebe

Minisitiri w’Intebe wa CĂ´te d’Ivoire akaba na Minisitiri w’Ingabo, Hamed Bakayoko, yapfiriye mu bitaro byo mu Budage kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 azize indwara y’umutima, akaba ari uwa kabiri upfuye kuva muri Nyakanga 2020. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe na Perezida w’iki gihugu, Alassane Ouatara abicishije ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Igihugu kiri mu […]