Tundu Lissu avuga ko Perezida Magufuli yajyanwe kuvurirwa mu Buhinde
Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu avuga ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yavanwe muri Kenya aho byavugwaga ko yari arwariye, ajyanwa mu Buhinde ari muri âcomaâ. Yabitangarije ibiro ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) abibwira ko ari amakuru yakuye ku baganga nâabashinzwe umutekano muri Kenya, âgusa ntiyatanga igihamyaâ. Lissu yakomeje abwira ibi biro ko Perezida […]
Umunyarwenya Eric Omondi yatawe muri yombi azira filime y’urukozasoni aheruka gusohora
Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane, yataye muri yombi umunyarwenya Eric Omondi ukomeye cyane muri kiriya gihugu, imukurikiranyeho gusakaza amashusho y’urukozasoni. Omondi yatawe muri yombi n’urwego rwa DCI rushinzwe gukora iperereza ku byaha. Icyaha uyu munyarwenya akurikiranweho, gifitanye isano na filimi yise ‘Wife Material’ aheruka gusohora. Itabwa muri yombi rya Omondi ryemejwe na Ezekiel […]
Umunyamakuru Nkusi avuga ko azarega umucamanza mu rubanza rwa Idamange
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Umurabyo, Nkusi Uwimana Agnes avuga ko agiye kwitabaza inkiko, akarega umucamanza mu rubanza rwa Idamange, kubera ibyakorewe telefone ye. Uyu yari aherutse gufungwa ku bwo gufata amajwi mu isoma ry’urubanza rwa Idamange ku bwo gufata amajwi kandi byabujijwe. Icyo gihe, umucamanaza muri uru rubanza yategetse ko umunyamakuru Nkusi atabwa muri yombi. Ibyo […]
Perezida Kagame nâumufasha we bakingiwe Covid-19

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame nâumufasha we, Jeannette Kagame kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 bakingiwe icyorezo cya Covid-19. Nkâuko ibiro byâUmukuru wâIgihugu (Village Urugwiro) byabitangaje, iki gikorwa cyabereye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali. Village Urugwiro ku rubuga rwa Twitter yagize iti: “Muri gahunda yo gukingira ikomeje hirya no hino mu […]
Ni igihuha_Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda ku makuru yâuko Magufuli arembye
Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda, Dr. Aziz Ponary Mlima kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 yavuze ko amakuru avuga ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli arembye babeshya. Kuva ku murogoba wa tariki ya 9 Werurwe 2021 mu Karere ka Afurika yâIburasirazuba hatangiye kumvikana inkuru yâuko Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli arembeye mu […]
Nyabihu: Nyiransibura arakekwaho gushyira mu musarani imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside

Umuturage wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, Nyiransibura Esperance arakekwaho kuba ari we washyize mu musarani imibiri bivugwa ko ari ayâAbatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu mu gihe yari aje gutura aho yari yabonywe, hategerejwe ko yashyingurwa. Kuri ubu iyi mibiri yabonetse mu musarani wa Nyiransibura wari uherutse gutabwa […]
Abanya-Mexique bemerewe gukoresha urumogi bihugenza banishimisha
Umutwe w’abadepite w’inteko ishingamategekoe ya Mexique watoye wemeza umushinga w’itegeko ryo gukoresha urumogi mu kwishimisha no kwihungenza. Uwo mushinga w’itegeko ubu urajya gutorwa muri sena, mu gihe ishyaka rya Perezida AndrĂŠs Manuel LĂłpez Obrador ryizeye ko naho uzemezwa. Ibi byahita bihindura Mexique rimwe mu masoko manini y’urumogi ku isi kuko rubanda irwemerewe. Iki gihugu cyashegeshwe […]
Denmark yahagaritse urukingo rwa AstraZeneca
Leta ya Denmark kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 yahagaritse byâagateganyo gukingira abaturage bayo urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa AstraZeneca bitewe nâibibazo bikomeye bikekwa ko rwateje. Minisiteri yâUbuzima ya Denmark mu nkuru ya Telegraph yavuze ko iki cyemezo cyatewe âna raporo zâibibazo bikomeye byo kuvura kwâamaraso mu bantu bahawe urukingo rwa AstraZeneca.â Iyi […]
Norah wari ufite ubumuga bwo mu mutwe yasambanyijwe, aricwa
Umugore witwa Norah wari ufite ubumuga bwo mutwe, yasambanyijwe nyuma aricwa n’abantu bataramenyekana, bamusanze aho yararaga ku mu Mujyi wa Kabale ahitwa Kigongi. Uyu wakomokaga muri Nyakabungo umurambo we wabonetse kuwa Gatatu mu buriri bwe yimukanaga gusa byari byagaragaye ko atabyutse nk’ibisanzwe. Umwe mu bamotari wagize amakenga, Willy Byomuhangi yabwiye Chimpreports ko ” Ahagana mu […]
Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwa Rusesabagina nâabo bareganwa rwasubikwa
Inteko y’Abashinjacyaha yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byâiterabwoba nâibyambukiranya imbibi ko urubanza rwa Paul Rusesabagina nâabandi 20 rwasubikwa rugasubukurwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021, kubera ko we nâabandi bamwe muri bo batunganiwe. Urubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 nyuma yâaho ejo hashize urukiko rwa rwatesheje agaciro inzitizi ya Rusesabagina yâuko […]
RDF yohereje abasirikare bashya muri misiyo i Malakal
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyatangiye igikorwa cyo gusimbuza abasirikare bacyo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe ni bwo itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare 128 mu 157 bagomba kujya muri buriya butumwa, ryahagurutse i Kigali ryerekeza i Malakal muri Sudani y’Epfo. Aba basirikikare […]
RDC: Abapolisi bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Mutond wahoze akuriye ubutasi
Muri iki gitondo, abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Kalev Mutond wahoze akurikiye urwego rwâubutasi rwa gisirikare (ANR). Ni amakuru Mutond ubwe yihereye Radio Okapi mu butumwa, agira ati: âUrugo rwanjye ruherereye kuri Nimero 24 kuri Ma Campagne, Karitsiye Joli Parc muri Binza Ma Campagne rwose rugoswe […]
Serengeti: Abagore bashyingiranwa n’abagabo bapfuye
Bamwe mu bagore batuye mu Karere ka Serengeti mu Ntara ya Mara muri Tanzania baravuga ko babangamiwe n’umuco wo kubashyingira abagabo bapfuye, bizwi nka ” Ndoa ya makaburi.” Mu Ntara ya Mara, iyo umugabo ageze igihe cyo kurongora, agapfa, umuryango umushakira umugore, yabyarana abana n’undi mugabo wo muri uwo muryango abana bakitwa mu mazina ya […]
UEFA CL: Bwa mbere mu myaka 16 Messi na Cristiano Ronaldo babaye insina ngufi
Bwa mbere mu myaka 16 ishize Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bombi bananiwe kurenga 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Ni nyuma y’imikino yo kwishyura ya 1/8 yakinwe ku wa Kabiri no ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Cristiano Ronaldo na Juventus ye basezerewe na FC Porto yo muri Portugal ibifashijwemo n’ibitego byinshi yatsindiye mu Butaliyani, […]
Afite umwenge ku mutima niko bambwiye! Agahinda kâumubyeyi watawe nâumugabo-Akeneye ubufasha
Kurikira ibiganiro nâamavidewo binyura kuri Bwiza TV
Mu mezi 9, CĂ´te dâIvoire ipfushije undi Minisitiri wâIntebe
Minisitiri wâIntebe wa CĂ´te dâIvoire akaba na Minisitiri wâIngabo, Hamed Bakayoko, yapfiriye mu bitaro byo mu Budage kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 azize indwara yâumutima, akaba ari uwa kabiri upfuye kuva muri Nyakanga 2020. Inkuru yâurupfu rwe yemejwe na Perezida wâiki gihugu, Alassane Ouatara abicishije ku rubuga rwa Twitter, agira ati: âIgihugu kiri mu […]