lmana yirigwa i Rwanda igataha i Burundi- Umuturage yumvise ko Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga

Umwe mu baturage b’Abarundi, Claver Nzohayimana Sinarinzi yagaragaje ibyishimo byo kumva ko Inteko ishinga amategeko y’u Burundi kuri uyu wa Kane, yatoye umushinga w’itegeko rigira Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu umuyobozi w’ikirenga mu gukunda igihugu. Ni igikorwa cyahuriranye no kwimura itariki u Burundi bwizihirizagaho Umunsi wo Gukunda Igihugu, wavanwe ku itariki ya […]

Karongi: Bane mu bari baherekeje Minisitiri Gatabazi bakoze impanuka y’imodoka

Abakozi bane ba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu karere ka Karongi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gicurasi 2021. Ni impanuka yabereye mu kagari ka Ryaruhanga ho mu Murenge wa Mubuga. Amakuru imodoka yo mu bwoko bwa V8 ifite plaque RAD108G bariya bakozi barimo, yakoze impanuka nyuma yo kunanirwa […]

RED Tabara irashinja ingabo z’u Burundi kwifatanya na FDLR, Gumino na Twirwaneho

Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urashinja ingabo z’u Burundi kwifatanya n’uwa FDLR ukomoka mu Rwanda, Gumino na Twirwaneho yiganjemo Abanyamulenge, mu guteza umutekano muke muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, Patrick Nahimana, kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021. Muri iri tangazo, […]

Kinshasa: Urukiko rwemeje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha uwahoze akuriye ubutasi

Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Gicurasi, Urukiko rwisumbuye rwa Kinshasa rwatangaje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubutasi (ANR). Urukiko rwavuze ku rwego Kalev Mutondo yariho nk’umuyobozi mukuru mu buyobozi bwa Leta. Kubera iyo mpamvu, agomba kwitaba urukiko rw’ubujurire. Umunyamategeko Muyambo akaba yasezeranyije ko kujuririra iki cyemezo […]

Uko ingengo y’imari yagenewe za Minisiteri n’inzego zitandukanye irutanwa

Ingengo y’imari u Rwanda ruzakoresha mu mwaka utaha wa 2021/2022 ni Miliyari 3, 807 Frw, iziyongera ku kigero cya 9,8% ugereranyije n’iyari yakoreshejwe mu mwaka uri kurangira kuko yo yari Miliyari 3,464.8 Frw. Ibi bisobanuye ko Miliyari 342.2 Frw ari zo ziziyongera ku ngengo y’imari y’umwaka utaha. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Uzziel Ndagijimana, aheruka gutangaza ko […]

Minembwe: Umutwe wa Gumino urashinjwa gushimuta abakozi ba Action Aid

Abakozi bane b’imiryango itegamiye kuri leta ishinzwe ubutabazi harimo aba Action Aid biravugwa ko bamaze iminsi barashimuswe n’inyeshyamba z’umutwe wa Gumino wa Col Makanika muri Teritwari za Fizi na Uvira. Babiri muri aba bantu bakorera Action Aid bari mu maboko y’inyeshyamba bivugwa ko ari iza Gumino kuva ku itariki 18 Gicurasi. Igisirikare cya FARDC gishinja […]

RDC irateganya guha Kenya inkingo za Covid-19 zibarirwa mu 150,000

Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) irateganya guha Kenya inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca zibarirwa mu bihumbi 150 mu minsi mike iri imbere. Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Kenya, Mutahi Kagwe mu kiganiro yagiranye na CNN ejo tariki ya 20 Gicurasi 2021. Kagwe yavuze ko mu nkingo miliyoni 1.12 za AstraZeneca Kenya […]

Nyamasheke: Umugeni ‘mu gatimba’ yatunguranye atega imodoka irimo abagenzi basanzwe

img-20210521-wa0006.jpg

Saa mbili n’iminota 15 z’igitondo zo kuri uyu wa 21 Gicurasi 2021, abagenzi bari muri bisi ntoya ya ‘coaster’ itwara abagenzi yari ivuye Kamembe mu Karere ka Rusizi yerekeza i Kigali batunguwe no kugera ahitwa ku Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, imodoka ihagarikwa n’abantu 8 barimo umugeni wari wambaye agatimba n’abamuherekeje […]

Umuntu wese arashaka kuturuma ariko ababishaka tuzabakura amenyo – Perezida Putin

Kuri uyu wa Kane, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko hari bamwe mu banzi b’abanyamahanga bo muri iki gihugu barota kuruma uduce twinshi tw’igihugu, aburira ko Moscou “izabakura amenyo” nibaramuka babigerageje. Mu ijambo rikomeye ubwo yahamagazaga inama n’abayobozi, perezida w’u Burusiya yavuze ko imbaraga z’amahanga zo gukumira u Burusiya guhera mu binyejana byashize. Putin […]

Nyanza: Arashinjwa kwica umwana w’imyaka 12 wamubonye avuye kwiba ihene y’iwabo

Umugabo w’imyaka 35 ukekwaho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko amunize amuziza ko yamubonye avuye kwiba ihene y’iwabo akurikiranwe n’ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye. Ni icyaha uregwa avugwaho kuba yarakoze ku itariki ya 09 Gicurasi 2021 mu gihe cya saa munani mu ishyamba ry’inturusu riherereye mu Mudugudu wa Saruhembe, Akagari ka Rwotso, Umurenge wa […]

‘Nanaca imigani’_Mr Eazi yatangiye gukoresha Ikinyarwanda cy’umwimerere

eazi.png

Umuhanzi Oluwatosin Ajibade (Mr Eazi) ukomoka muri Nigeria, umaze iminsi mu Rwanda, yatangiye gukoresha ururimi rw’Ikinyarwanda rutavangiye. Bigaragara mu butumwa uyu muhanzi ari kwandika ku rubuga rwe rwa Twitter, aganira n’Abanyarwanda bishimira uruzinduko rwe muri iki gihugu. Muri uru ruzinduko yatangiye tariki ya 11 Gicurasi 2021, uyu muhanzi yaje kureba amahirwe ari mu ishoramari mu […]

Umugabo yakangaranyije abashinzwe kurinda Perezida Kenyatta ubwo yamusatiraga

Abashinzwe umutekano wa Perezida Uhuru Kenyatta kuri uyu wa Kane bahatiwe gukumira umucengezi wagerageje kumusatira mu birori byo gutangiza icyambu cyo mu mujyi wa Lamu. Ibyabaye byafashwe igice no kuri televiziyo byabaye mu gihe Perezida yafataga ijambo, hashize akanya nyuma yo gutangiza icyambu gishya cya Kenya muri Lamu. Nk’uko bigaragara mu mashusho yabonywe n’urubuga rwa […]

Abapolisi bayabangiye ingata nyuma yo gusanga Cobra mu gikapu cy’umugenzi basakaga

Abapolisi ba Uganda bacungaga bariyeri yo mu gace ka Busia, bakijijwe n’amaguru nyuma yo gusanga inzoka yo mu bwoko bwa Cobra ireshya na metero eshatu z’uburebure mu gikapu cy’umugenzi basakaga. Aba bapolisi batangaje ko nyir’igikapu yambukaga umupaka yerekeza muri Kenya aturutse muri Uganda, gusa ahitamo gucika ubwo abapolisi bamuhamagazaga ngo bamusake bisanzwe. Uwitwa Jackson Bwiire […]

Impunzi y’Umunyekongo igiye kwiruka amasaha 40, nta guhagarara

Impunzi ikomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iba muri Kenya yitwa François Msafiri, igiye kwiruka amasaha 40, nta guhagarara. Msafiri mu kiganiro yagiranye na Citizen TV, yavuze ko iyi ‘marathon’ azayikora ava mu mujyi wa Nairobi, agana i Mombasa; ahantu hafite intera y’ibilometero 480. Yagize ati: “Abahanga baravuga ngo ntacyo umuntu atakora. Njyewe […]

BAL: Umukino umwe wasubitwe

Uyu ni umunsi wa Gatanu w’irushanwa Basketball Africa League, (BAL) ribera mu Rwanda gusa umwe mu mikino yarasubitswe kubera Coronavirus. Umukino wagombaga guhuza Zamalek yo mu Misiri na Groupement Sportif des Petroliers yo muri Arijeriya ejo ku wa Gatatu warasubitswe kubera ko hagaragaye umwe mu bakinnyi wanduye Covid-19. VOA

Lady Gaga yahishuye ibintu byamuhungabanyije yakorewe na producer afite imyaka 19

lady-gaga-apple.jpg

Umuhanzikazi wakunze kuvugisha benshi kubera udushya yakundaga gukora, Lady Gaga, yahishuye ukuntu yagize ihungabana rikomeye mu mutwe ubwo yafatwaga ku ngufu n’umuntu utunganya umuziki afite imyaka 19 yarangiza akajugunywa ku muhanda atwite. Uyu muririmbyi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu ufite imyaka 35 ibi yabitangaje mu kiganiro “The Me You Can’t See” […]

Abanyarwanda 9 bagiye kurangiza amasomo ya gisirikare muri USA (Amafoto)

migaruka.jpg

Abanyarwanda icyenda (9) bagiye kurangiza amasomo ya gisirikare mu ishuri rikuru rya Missouri Military Academy (MMA) riherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Aba ni: Dylan Neza Mugisha, Kenny Kazoora, Prize Mpabuka, Bruno Migaruka Kuzwayezu, Ganza Sano Rugumire, Edwin Kagame, Landry Cyusa Rudasingwa, Dhalil Brave Belko na Fred Bryant Intwali. Umuhango wo kurangiza amasomo […]

Nyamasheke: Akurikiranweho gukura ibice by’umubiri ku murambo w’umuturanyi

Umugabo w’imyaka 78 y’amavuko wo mu Karere ka Nyamasheke ushinjwa guca ibice by’umubiri by’umuntu wari wapfuye yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Ku itariki ya 19 Gicurasi 2021, nibwo Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Kagano bwareze busaba ifunga ry’agateganyo ry’iminsi 30 uyu mugabo w’imyaka 78 ukekwaho guca imyanya y’umubiri ku murambo w’umusaza w’imyaka 80 wari […]

Hashize imyaka 30 mbyumva-Amb. Karega

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Vincent Karega yavuze ko amaze imyaka 30 yumva ibyiwa balkanisation; u Rwanda rwigarurira bimwe mu bice bya RDC. Imvugo ‘Balkanisation’, yatangijwe n’abarimo Arikiyepiskopi wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC, akaba n’Umuvugizi w’Ihuriro Lamuka rya Martin Fayulu watsinzwe amatora […]

Canada: Hemejwe ko ihanurwa ry’indege ya Ukraine yahanuwe na Iran ari igikorwa cy’iterabwoba

Kuri uyu wa Kane, urukiko rwo muri Canada rwemeje ko iraswa ry’indege ya Ukraine International Airlines PS752 yarashwe na Iran ryakozwe nkana kandi ko ari “igikorwa cy’iterabwoba,” bikaba biharura inzira y’indishyi zishoboka ku miryango y’abahohotewe. Urukiko Rwisumbuye rw’Ubutabera rwa Ontario rwasanze “ku buryo bushoboka” ibitero bibiri bya misile byibasiye indege nyuma gato yo guhaguruka ku […]

Ibitero kuri Gaza byatanze umusaruro wa gisirikare ukomeye- Gen Gantz wa Israel

Minisitiri w’ingabo wa Israel Beny Gantz yatangaje kuri Twitter ko ibitero kuri Gaza byatanze “umusaruro wa gisirikare ukomeye”. Ni nyuma y’aho agahenge katangiye kuva ku masaha y’igicuku cyo kuwa Gatanu. Hahagaritswe imirwano yo kurasanaho ibisasu imaze iminsi 11 isize abantu barenga 240 bafpuye, benshi ni abo muri Gaza. Abanyapalestina bahise bisuka mu mihanda ya Gaza […]

Amafoto: Misile ya Israel yaguye ku gitanda cy’umuturage, ntiyaturika

misil5.png

Ingabo za Israel ziherutse kurasa misile mu mujyi wa Gaza muri Palestine, igwa ku gitanda cy’umuturage ariko ku bw’amahirwe ntiyaturika. Nk’uko Daily Mail yabitangaje kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021, iyi misile yarashwe mu gace ka Khan Yunis gaherereye muri Gaza, mu bitero ingabo za Israel zari zikomeje kugaba ku mutwe w’intagondwa wa Hamas. Amafoto […]

Hari abavuga ko ikibazo cy’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana cyirengagijwe

Mu gihe u Rwanda n’ u Bufaransa bari mu nzira nziza yo kunoza umubano, hari abavuga ko ikibazo cy’ihanurwa ry’indege ya Juvenal Habyarimana cyirengegijwe n’impande zombi. Nyuma y’ibyegeranyo byateguwe mu gucukumbura ukuri ku ruhare rw’Ubufaransa muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (Raporo Duclert) n’iy’ u Rwanda (Raporo Muse) abayobozi b’ibihugu byombi bamaze kugaragaza ko bashimishijwe […]