Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa yasabiwe amezi 6 y’igifungo

Abashinjacyaha b’Abafaransa basabiye igifungo cy’amezi atandatu uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy, mu rubanza aregwamo gutera inkunga mu buryo butemewe n’amategeko ibikorwa byo kwiyamamaza kwe mu 2012. Umuvugizi w’ubushinjacyaha ntiyashoboye guhita atanga ibisobanuro kuri aya makuru nk’uko bitangazwa na Reuters. Ku wa kabiri, Sarkozy yahakanye amakosa mu rubanza rwe ku gutera inkunga mu buryo […]

Kenneth Kaunda wayoboye Zambia yatabarutse

Amakuru ava i Lusaka avuga ko Perezida wa mbere wa Zambia, Kenneth David Buchizya Kaunda yatabarutse, aguye mu bitaro bya gisirikare bya Maina Soko, mu gihugu cye. Umuhungu we, Kambarage, yemeje aya makuru abinyujije kuri paji ya Facebook ya se, ati ” Mfite agahinda ko kubamenyesha ko mzee yatuvuyemo, mumusabire.” Kaunda yari afite imyaka 97, […]

Le parquet demande la réclusion à perpétuité pour Rusesabagina

le parquet a demandĂ© au tribunal , ce Jeudi 17 juin, de condamner Ă  perpĂ©tuitĂ© Paul Rusesabagina, le prĂ©sident fondateur du MRCD-FLN, le groupe armĂ© qui a tuĂ© des civils rwandais lors d’une sĂ©rie d’attaques qu’il a menĂ©es dans diffĂ©rentes parties du pays en 2018 et 2019 . Rusesabagina est inculpĂ© de 9 chefs d’accusation, […]

Nyaruguru: Ishuri rimaze imyaka 6 nta muriro kandi insinga zinyura muri metero 200

img-20210617-wa0026_1.jpg

Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Muhora riherereye mu Kagari ka Gakoma, Umurenge wa Kibeho w’Akarere ka Nyaruguru ndetse n’ubw’Itorero rya Methodiste Libre/Paruwasi ya Muhora, buvuga ko bubangamiwe no kuba nta muriro w’amashanyarazi rigira kandi kuva 2015 insinga zinyura muri metero zitarenze 200 uhavuye. Burasaba ubuyobozi bwite bwa Leta ko bwabibuka, umuriro w’amashanyarazi ukagera mu kigo cyabo, […]

Sergio Ramos yasutse amarira asezera kuri Real Madrid

Myugariro Sergio Ramos wari Kapiteni wa Real Madrid, yasutse amarira ubwo yasezerwagaho n’iyi kipe, gusa atanga icyizere cy’uko hari igihe kizagera akagaruka muri iyi kipe. Kuri uyu wa Kane ni bwo Ramos yasezeweho na Real Madrid yari amazemo imyaka 16, mu muhango wabereye kuri Stade yayo ya Santiago Bernabeu. Ni umuhango uyu mukinnyi yagaragayemo arira […]

Tanzania yatangiye gusaba inkingo za Covid-19

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO), ishami rya Afurika, Dr Matshidiso Moeti kuri uyu wa 17 Kamena 2021 yatangaje ko Tanzania yasabye kwinjizwa muri gahunda ya COVAX kugira ngo ihabwe inkingo za Covid-19. Dr Moeti mu nkuru dukesha ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, yagize ati: “Twakiriye amakuru y’uko Tanzania ishaja kwinjira muri gahunda ya COVAX.” […]

Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Amerika biyongereye kuri 215%

Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Amerika biyongereye ku kigero cya 215% mu myaka 10 ishize nk’uko imibare ibyerekana. Urubuga rwitwa Erudera rukurikirana cyane ibijyanye n’uburezi, ruvuga ko mu mwaka w’amashuri 2019/2020 Abanyarwanda biga muri Amerika bari 1,444 bavuye kuri 469 bo mu 2011/2012. Hari abavuga ko ibi biterwa n’uko ibigwi by’amashuri yo muri Amerika n’imikoranire iri […]

Umunyakenya avuga ko abamushinja gushishura indirimbo ya Knowless ari abanyeshyari

bahati.jpg

Umuhanzi w’Umunyakenya, Kevin Kioko wamenyekaniye ku izina rya Bahati, yasubije abamushinja gushishura indirimbo ‘Peke Yangu’ y’Umunyarwandakazi Butera Knowless ko bamugiriye ishyari kubera ko ari nimero ya mbere. Uyu muhanzi uri ku gitutu nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise ‘Pete Yangu’, kubera ko yayiririmbye mu buryo busa n’ubwa Knowless, yanditse ku rubuga rwa Instagram ati: “Ni […]

Nyamihana: Abasore babiri babanaga mu nzu bapfuye urw’amayobera

Abasore babiri babanaga mu nzu mu mudugudu wa Nyamihana, muri Komini ya Mugina, mu Ntara ya Cibitoke, mu gihugu cy’u Burundi basanzwe bapfuye polisi ita muri yombi abantu 9 bakekwaho kubigiramo uruhare. Abo basore ni DieudonnĂ© Bizimana w’imyaka 18 na Pascal Ntaconayigize w’imyaka 20 ans. Basanzwe muri iyi nzu bakodeshaga bapfuye kuwa Kabiri ushize, itariki […]

Abavuye muri Uganda n’ u Buhinde bazajya babanza kujya mu kato bageze mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangaje ko abagenzi bavuye mu bihugu by’Ubuhinde na Uganda bagomba kujya mu kato iminsi irindwi muri hoteli zagenwe mu rwego rwo kwirinda Covid-19. Iri tangazo rivuga ko abagenzi bavuye muri ibyo bihugu cyangwa babinyuzemo mu minsi irindwi ishize bagomba kujya mu kato muri hoteli enye gusa zateganyijwe ziri mu mujyi […]

Boko Haram yatangaje umuyobozi wayo mushya wasimbuye Abubakar Shekau

Umutwe w’Abajihadiste wo muri Nigeria Boko Haram wemeje bidasubirwaho urupfu rw’uwari umuyobozi wawo, waguye mu mirwano yabahuje n’Abarwanyi ba Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Uburengerazuba, ISWAP, utangaza umuyobozi wawo mushya, Bakura Modu bakunda kwita Sahaba, mu mashusho yoherejwe kuri uyu wa Gatatu Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Sahaba, umuyobozi w’ingenzi wa Boko Haram uzwi n’impuguke nk’ufite […]

Abayobozi ba Rukiga bashyikirijwe umurambo w’Umugande wari ufungiye mu Rwanda

Umurambo w’umugande w’imyaka 38 bivugwa ko yapfiriye muri gereza yo mu Rwanda yari afungiyemo mu ntara y’Iburasirazuba washyikirijwe abayobozi ba Uganda muri iki cyumweru nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko uyu ari uwitwa John Baptist Tumukorereki, ukomoka mu Karere ka Rukiga wapfuye ku itariki 16 Gicurasi 2021. Umurambo we iyi nkuru ivuga ko washyikirijwe abayobozi […]

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Bufaransa agiye kwegura

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, General François Lecointre aherutse gutangaza ko tariki ya 21 Nyakanga 2021 azegura kuri izi nshingano, mu rwego rwo kwirinda kuvugwa muri politiki kandi akiri umusirikare mukuru. Gen. Lecointre mu kiganiro Le Grand Jury yagiriye kuri radiyo na televiziyo RTL tariki ya 13 Kamena 2021, yagize ati: “Nasabye Perezida wa Repubulika […]

Abayobozi 40 b’ibihugu bya G7 bamaze kuva ku butegetsi bagasiga Putin akiyobora

hx4p2krnwva65pjutlofjb2grm.jpg

Kuva yatorwa mu 2000, Perezida w’u Burusiya uriho ubu amaze kubona abayobozi 40 batandukanye b’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi, G7 bava ku butegetsi bakamusiga akiyobora. Vladimir Putin amaze kwicarana n’abayobozi babiri b’Abadage, Gerhard Schröder na Angela Merkel, abaperezida bane b’Abafaransa (Chirac, Sarkozy, Hollande na Macron), ba minisitiri b’intebe bane ba Canada, abaperezida batanu b’Abanyamerika, […]

Abacuruza amashusho ya ‘porno’ baricinya icyara kubera ubwiyongere bukabije bw’abakiriya

Abatunganya bakanacuruza amashusho y’urukozasoni azwi nka ‘porno’ mu Bwongereza ubu baricinya icyara bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abakiriya babo. Raporo nshya yashyizwe hanze n’urubuga Ofcom ivuga ko mu bihe bya Guma mu Rugo byo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-91 mu Bwongereza, abantu benshi bahugiye cyane mu kureba amashusho y’urukozasoni ku mbuga agaragaraho. Mu Bwongereza, kuva muri Nzeri […]

Rusesabagina yasabiwe gufungwa ubuzima bwose, Herman imyaka 20

Ubushinjacyaha kuri uyu wa 17 Kamena 2021 bwasabiye Paul Rusesabagina wabaye Perezida w’ihuriro mpuzamashyaka rya MRCD-Ubumwe gufungwa ubuzima bwose, mu gihe Nsengimana Herman wabaye umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN urishamikiyeho we yasabiwe gufungwa imyaka 20. Rusesabagina utacyitabira urubanza rwe kuva muri Werurwe 2021, akurikiranweho ibyaha 9 bifitanye isano n’ibitero by’iterabwoba FLN yagabye mu turere […]

Ngororero: Imirambo y’umusore n’inkumi yasanzwe muri Nyabarongo izirikanye

Umurambo w’umusoee witwa Mbitsemunda Jean Baptiste w’imyaka 25 na Mukarukundo Sandrine w’imyaka 20, yasanzwe mu ruzi rwa Nyabarongo ihambiranyije amaboko, bigakekwa ko biyahuye. Ku wa Mbere tariki ya 14 Kamena 2021 ni bwo imirambo ya bariya bombi yabonetse. Amakuru avuga ko Mbitsemunda akomoka mu Murenge wa Bwira naho Mukarukundo agakomoka mu Murenge wa Ndaro yombi […]

Umukobwa w’ i Kampala yashyize hanze video ari gusambana n’abahungu batatu icyarimwe

Umukobwa wo mu Mujyi wa Kampala utaramenyekana amazina bivugwa ko yiga Kitende, yashyize hanze amashusho ari gusambana n’abahungu batatu batandukanye icyarimwe. Muri video eshatu ngufi, uyu mukobwa agaragara ari muri ibyo bikorwa biteye isoni bigakekwa ko umwe muri abo bahungu, cyane ko bo batagaragara neza ari we waba yarashyize hanze ayo mashusho. Hari amakuru avuga […]

Mali: Ingabo za Niger zishwe, Abafaransa barakomereka, hafatwa n’abayobozi ba EIGS

prisonnier-libere-echange-terrorisme-djihadiste-narcotrafiquant-islamiste-mujao-rebelle-touareg-mnla-cma-hcua-barkhane-serval-armee-soldat-francais_1_.jpg

Muri Mali, imirwano yo kuwa Kabiri ushize, itariki 15 Kamena, yahuje n’abasirikare ba Niger n’u Bufaransa, bari mu gikorwa cyo gutata, n’abarwanyi b’abajihadiste bo mu mutwe wa Leta ya Kisilamu igice cya Sahara (EIGS), yaguyemo abasirikare babiri ba Niger undi arakomereka, ndetse abasirikare babiri b’Abafaransa bo muri Operation Barkhane nabo barahakomerekera nk’uko byatangajwe kuri uyu […]

400 bakingiwe bagaragayeho Covid-19, abakenera ibitanda biyongereyeho 175%_RBC

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Dr Nsanzimana Sabin yatangaje ko ibipimo by’icyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi bafata, bigaragaza ko abantu 400 bacyanduye kandi baramaze gukingirwa. Dr Nsanzimana yabitangarije mu kiganiro iki kigo na Minisiteri y’Ubuzima byagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 16 Kamena 2021 cyibandaga ku ngamba nshya Guverinoma yitegura gufata bitewe n’ubwiyongere bukabije […]

Sandra Teta aratwite nyuma y’amezi make yibarutse

Amakuru ava i Makindye muri Neverland aho umuhanzi Weasel Manizo (Deogratius Mayanja) atuye, avuga ko umukunzi we, Umunyarwandakazi, Teta Sandra atwite nyuma y’amezi agera ku 12 yibarutse imfura. Mu mwaka wa 2020 nibwo Teta yari yibarutse Ria Mayanja. Ibinyamakuru byo muri Uganda byandika imyidagaduro ntibizi neza igihe inda yatewe Teta imaze gusa byemeza ko atwite. […]

Bidasubirwaho Sergio Ramos yatandukanye na Real Madrid yari amazemo imyaka 16

Ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, yatangaje ko myugariro Sergio Ramos agomba kuyivamo nyuma y’imyaka 16 yari amaze ayikinira. Uyu mugabo yari umukinnyi wa Real Madrid kuva muri 2005, nyuma yo kuyigeramo akiri muto cyane akubutse mu kipe ya Sevilla FC. Ramos yari Kapiteni wa Real Madrid kuva muri 2015, asimbuye umunyezamu […]

Nyamasheke: Abacuruzi n’aborozi b’inka barataka igihombo

Aborozi b'ibimasa na bo baravuga ko baguye mu gihombo kuko abababagurira na bo bavuga ko batakibona abaguzi babyo kuko abanyekongo batacyiza ku bwinshi

Abacururiza inka mu isoko rishya rya Rugali riri hafi y’ikiyaga cya kivu mu murenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke n’aborozi b’inka bo mu mirenge inyuranye y’aka karere barema iri soko baravuga ko aho abakongomani bagabanukiye kuza kubagurira kubera amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 ataborohereza kuza nta baguzi bakibona bagakorera buri gihe mu gihombo,bagasaba […]

Gutsindwa na APR FC byeguje umutoza Guy Bukasa muri Rayon Sports

Umukongomani Guy Bukasa wari umutoza mukuru wa Rayon Sports, yaraye yeguye ku nshingano zo gutoza iyi kipe nyuma yo gutsindwa na APR FC muri shampiyona. Mbere y’uko Bukasa yegura muri Rayon Sports, yari yatsinzwe na APR FC igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona. Mu butumwa uyu mugabo yageneye abatoza bari bamwungirije ndetse […]