Mugisha Gilbert yabaye umukinnyi wa 3 APR FC isinyishije
Rutahizamu uca ku mpande, Mugisha Gilbert wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri APR FC aba umukinnyi wa gatatu iyi kipe y’ingabo z’igihugu isinyishije. Uyu musore yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri APR FC nyuma yo kumuha Frw miliyoni 15 ya recruitment n’umushahara wa 900,000 Frw buri kwezi. Mugisha wari umaze imyaka ine muri Rayon […]
Mushikiwabo yamaganye yivuye inyuma iyicwa rya Perezida wa Haïti
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Mme Louise Mushikiwabo, yamaganye yivuye inyuma iyicwa rya Jovenel Moïse wari Perezida wa Haïti. Mushikiwabo yamaganye iyicwa rya Perezida wa Haïti anafata mu mugongo abaturage ba kiriya gihugu, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye. Ati: “Nyuma y’inkuru y’iyicwa rya Perezida Jovenel Moïse, namaganye nivuye inyuma iki gikorwa […]
Rubavu: Gitifu yasabye ko ibaruwa yanditse yegura iteshwa agaciro
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba w’Akarere ka Rubavu, Ngabonzima Jean de Dieu, kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021 yasabye ko ibaruwa y’ubwegure aherutse kwandika yateshwa agaciro kuko ngo yayanditse ari ku gitutu. Tariki ya 5 Nyakanga ni bwo mu Karere ka Rubavu hamenyekanye inkuru y’ubwegure “ku mpamvu bwite” bw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari […]
Ruhango: Arashinja Mudugudu kumwaka ruswa y’igitsina yambaye ubusa buri buri

Umugore witwa Dusabimana Claudine utuye mu Mudugudu wa Nyamagana, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango aravuga ko Umuyobozi w’Umudugudu atuyemo yitwikiriye ijoro, ajya kumusaba ruswa y’igitsina kugira ngo ajye amuha uburenganzira bwo gucuruza akabari yisanzuye, bigera aho umuyobozi yiyambika ubusa, atangira kwikinisha. Dusabimana yabwiye BTN TV dukesha iyi nkuru ko Mudugudu yamuteye mu masaa […]
Turakeka ko natwe zishobora kuba zihari kuko ubu bwandu ntibusanzwe- Dr Mpunga
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Lt Col Dr. Mpunga Tharcisse avuga ko harebwe uko ubwandu bushya bwa Coronavirus buri kwiyongera, bari gukeka ko haba hari ubwoko bushya bwa Coronavirus mu Rwanda. Mu kiganiro na RBA, Dr. Mpunga yavuze ko ari uko batekereza gusa ngo mu bipimo bifatwa ntacyo barabona gihamya ko haba hari […]
Umunyezamu wa Argentine yahaye isezerano rikomeye Messi wamuvuze imyato
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Argentine, Emiliano Martinez, yahaye isezerano Kapiteni we Lionel Messi ry’uko azamufasha ibishoboka byose bagatwara Igikombe cy’Isi. Uyu munyezamu wa Aston Villa yo mu Bwongereza yabigarutseho nyuma y’umukino Argentine yatsinzemo Colombia kuri za penaliti, igera ku mukino wa nyuma wa Copa America igomba guhuriramo na Brésil ku Cyumweru. Ati: “Ndizera gufasha Messi […]
Rusizi: Hari abatishoboye bagiye kugerezwa amazi meza mu ngo ku buntu
Mu gihe bigenda bigaragara hirya no hino mu turere twa Rusizi na Nyamasheke aho abaturage baba bamaze igihe kinini banywa amazi mabi y’ibishanga, bahabwa amazi meza bakayashyiriraho igiciro ku ijerikani umuturage utishoboye atakwigondera, n’ubundi bagakomeza kuvoma bya bishanga kandi bitwa ngo bahawe amazi meza, ubuyobozi bw’umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi buravuga ko mu […]
Gashumba yarwanye n’umukunzi we
Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umunyamakuru, Sheila Carol Gashumba yarwanye n’umukunzi we, RickMan Manrick, ubusanzwe uba muri Suwede. Aba bombi bari bamaze igihe bakundana gusa hari amakuru ko barwanye mbere yo gutandukana n’ubwo nta mpamvu ibinyamakuru bya Uganda byatanze ku cyaba cyabiteye. Inshuti za hafi z’aba bombi, zivuga ko aba batakibana ndetse bakaba badateganya gusubirana […]
Karasira Aimable yavuze ko adatuye mu Biryogo, ngo atuye muri sitasiyo ya Polisi
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Nyakanga 2021, Karasira Uzaramba Aimable wamenyekaniye mu biganiro kuri YouTube bitavugwaho rumwe yageze imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Umucamanza yatangiye amusomera umwirondoro we, amubaza niba amakuru awuvuzwemo yose ari ukuri. Yabyemeye ariko ahakana ko atuye mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa […]
Perezida wa Haïti yishwe n’abagizi ba nabi, bakomeretsa umufasha we
Perezida wa Repubulika ya Haïti, Jovenel Moise, mu rukerera rw’uyu wa 7 Nyakanga 2021 yishwe arashwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi bataramenyekana, umufasha we na we arahakomerekera. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu byemeje iyi nkuru bivuga ko Perezida Moise n’umugore we bagabweho iki gitero ubwo bari mu rugo rwabo rwihariye, saa saba. Byagize biti: “Ahagana […]
Ijambo rya Minisitiri Ngirente na Perezida Ndayishimiye ryatumye zimwe mu mpunzi zitegura gutaha
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe ziravuga ko ziri kwitegura gutaha iwabo nyuma yo kumva ijambo ritanga icyizere ryavuzwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye. Iri jambo ryavuzwe tariki ya 1 Nyakanga 2021 ubwo u Burundi bwizihizaga isabukuru y’imyaka 59 […]
Musanze: Umukobwa ararembye cyane nyuma yo guhabwa n’umuhungu ubunyobwa n’amagi ‘biriho aside’
Umukobwa BWIZA yamenye ko yitwa Amiddah (Mida) ararembye cyane nyuma y’aho abana bari kumwe na we bavuga ko hari umuhungu batazi, waje iwabo mu Mudugudu wa Kabaya, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, akamuha amagi n’ubunyobwa, bivugwa ko byari biriho aside. Umunyamakuru wa BWIZA yageze aho ibi byabereye kuri uyu […]
Tanzania irateganya kwikorera inkingo za Covid-19 n’izindi ndwara
Minisitiri w’Ubuzima wa Tanzania, Prof. Abel Makubi yatangaje ko iki gihugu giteganya kwikorera inkingo z’icyorezo cya Covid-19 n’izindi ndwara, mu rwego rwo kugabanya amafaranga gishora mu gihe kizitumiza mu mahanga. Nk’uko tubikesha The Citizen TV, Prof. Makubi yabitangarije mu mujyi wa Dodoma ku wa 5 Nyakanga 2021, ubwo yasobanuraga gahunda igihugu gifite mu kurwanya iki […]
Rubavu: Ba Gitifu baherutse kweguzwa babyanze
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari turindwi mu Karere ka Rubavu byavugwaga ko beguye ku mpamvu zabo bwite, bavuga ko begujwe ku ngufu, ubu bakaba bafashe icyemezo cyo kutegura kugeza igihe bazarenganurirwa. Icyemezo cyo kubeguza cyafatiwe mu nama y’umutekano yahuje abarimo Komite Nyobozi y’Akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abegujwe. Icyo gihe bose ngo bategetswe kwandika amabaruwa, bamenyesha ubuyobozi bw’Akarere […]
Gen Nyakarundi na bagenzi be bihaye imyaka 2 yo gushyira iherezo ku mitwe yitwaje intwaro
Abakuriye ubutasi bwa gisirikare mu bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari, bihaye igihe cy’imyaka ibiri ngo babe bamaze gushyira iherezo ku mitwe yitwaje intwaro yayogoje akarere. Gushyira iherezo kuri iyi mitwe biri mu bikubiye mu myanzuro yafatiwe mu nama yabahurije i Bujumbura ku wa kabiri tariki ya 06 Nyakanga. Ni inama yitabiriwe n’abakuriye ubutasi bwa […]
Musanze: Abakobwa bavukana bafashwe ku ngufu ntibabona ubutabera
Abakobwa babiri bavukana bo mu Karere ka Musanze (amazina yabo yagizwe ibanga) bavuga ko bafashwe ku ngufu, kugeza ubu bakaba batarahabwa ubutabera. Uwo BBC yise Marie nka Marie w’imyaka 28, arera umwana w’imyaka ine yabyaye nyuma yo gufatwa ku ngufu. Murumuna we Anna*(si izina rye nyakuri) we wamugaye amaguru yombi, ababafashe ku ngufu ntibigeze bakurikiranwa, […]
Museveni yavuze ko yiteguye kuva ku butegetsi, EAC niba igihugu kimwe
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yatangaje ko yiteguye kuva ku butegetsi amazeho imyaka 37 mu gihe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, waba umaze kuba igihugu kimwe. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Visi Perezida wa Kenya, William Ruto bafatanyije gushyira ibuye fatizo ahazubakwa uruganda rwa Dei BioPharma Ltd ruzajya rukora imiti n’inkingo, igikorwa […]
Argentine yatsinze Colombia, isanga Brésil ku mukino wa nyuma wa Copa America
Ikipe y’igihugu ya Argentine, Albicelest, yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America isezereye Cafeteros ya Colombia kuri penaliti 3-2. Hiyambajwe za penaliti nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Rutahizamu Lautaro Martinez ni we wafunguriye Argentine amazamu ku gitego cyo ku munota wa karindwi w’umukino, ku mupira yari ahawe […]
Ukutumvikana kwadutse ku ishyingurwa rya Kaunda
Bamwe mu bo mu muryango w’uwahoze ari Perezida wa Zambia, Kenneth Kaunda, biyambaje urukiko ngo bagerageze kubuza ko ashyingurwa mu irimbi ry’igihugu rya Embassy Park mu murwa mukuru Lusaka. Leta nyuma yasohoye itegeko rivuga ko azashyingurwa mu irimbi rya Embassy Park aho abandi babaye ba Perezida na bo bashyinguwe. Gushyingurwa biteganyijwe kuba kuri uyu wa […]
Rubavu: Rurageretse hagati ya Bizagwira ushinja BRD na RDB kumutereza inzu ye mu manyanga
Bizagwira Faustin utuye mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi akagari ka Bugoyi arasaba Perezida Paul Kagame kumurenganura ku mutungo we ugizwe n’inzu yakoreragamo ubuvuzi akaba avuga ko yagurishijwe mu cyamunara mu buryo burimo uburiganya bukomeye. Inkomoko y’ikibazo cya Bizagwira Faustin avuga ko ari inguzanyo yasabye muri banki y’igihugu itsura amajyambere, BRD, atanga ingwate y’inzu […]
Euro: U Butaliyani bwageze ku mukino wa nyuma busezereye Espagne
Ikipe y’igihugu y’u Butaliyani yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’u Burayi (Euro 2020), nyuma yo gusezerera Espagne kuri penaliti 4-2. Amakipe yombi yari yarangije iminota 90 y’uyu mukino wa 1/2 cy’irangiza na 30 y’inyongera anganya igitego 1-1. Ni ibitego byombi byinjiye mu gice cya kabiri cy’umukino. Espagne yihariye umukino gusa inanirwa kubyaza amahirwe menshi […]