Kera kabaye u Burundi bwemeye guhabwa inkingo za COVID-19
Guverinoma y’u Burundi yemeye kwakira inkingo z’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’igihe iki gihugu cyaranze kwakira izi nkingo. U Burundi na Eritrea ni byo bihugu byonyine muri Afurika bitari byakakiriye inkingo za COVID-19 zatanzwe binyuze muri gahunda ya COVAX, nyuma y’uko Tanzania yazihawe na Leta zunze Ubumwe za Amerika mu minsi ishize. Inkingo u Burundi buteganya […]
Kwa Kimenyi na Miss Muyango bibarutse imfura
Kimenyi Yves usanzwe ari umunyezamu wa Kiyovu Sports n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ndetse n’umukunzi we, Miss Uwase Muyango Claudine, bibarutse imfura yabo kuri uyu wa Gatatu. Ni amakuru yemejwe n’uriya mugore witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, mu butumwa bwa Status yanyujije ku rubuga rwe WhatsApp. Ati: “Rwari urugendo rukomeye, ndashimira Imana ko yarumfashijemo rukaba […]
Umusaza yakubiswe yubitse inda, azira gushaka gusambanya umukazana

Umusaza w’imyaka 63 y’amavuko witwa Moses Oluka yakubitiwe ku karubanda yubitse inda, azira kugaragaza ubushake bwo gusambanya umukazana we. Byabereye mu giturage cya Akero mu Karere ka Bukedea tariki ya 27 Nyakanga 2021 nyuma y’aho uyu mukazana witwa Alupo Jessica n’umugabo we Akol Samuel bari babanje kurega uyu musaza ku mukuru w’umuryango witwa Martine Okwii. […]
Covid-19 iri kuvuza ubuhuha mu mpunzi muri Uganda
Icyorezo cya Covid-19 kirimo kuvuza ubuhuha mu nkambi z’impunzi n’ahandi zicumbitse muri Uganda aho HCR yemeza ko impunzi zisaga 2500 zimaze kwandura kongera n’abakozi b’imiryango yita kuri izo mpunzi. Iyi mibare y’impunzi 2,500 y’impunzi zzimaze kwandura Covid-19 yavuye mu bipimo 29,000 by’abapimwe kuva icyorezo cyatangira kugaragara muri Uganda. Abagera ku 1892 ni bo bakize mu […]
Muhanga: Barataka Frw ijana bishyura buri munsi bavuga ko rihabwa gitifu
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga bagurishiriza inzoga mu isanteri yo mu Rutongo, baravuga ko batazi irengero ry’amafaranga ijana batanga kuri buri jerekani buri munsi, bakavuga ko ayo atwarwa na Gitifu Nyandwi Maurice. Umwe mu baturage ntiyashatse ko amazina ye atangazwa, ngo ” batazanyirenza”, yabwiye […]
RDC: Perezida Tshisekedi yemejwe nk’umukandida w’ihuriro AFDC-A mu matora ya 2023
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemejwe nk’umukandida uzahagararira impuzamashyaka AFDC-A mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2023. Ni amakuru yemejwe n’iriya mpuzamashyaka mu itangazo ryo ku wa Mbere tariki ya 26 Nyakanga Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko yakiriye ku wa Kabiri. Iri tangazo rivuga ko “Ihuriro ry’abaperezida b’amashyaka […]
Ubutumwa bwa MC Kats ku isabukuru y’amavuko ya Fille Mutoni bwibajijweho
Umu-MC n’umunyamakuru, Edwin Katamba (MC Kats) ku munsi w’amavuko y’uwo babyaranye, yoherereje ubutumwa bwibajijweho n’abazi iby’umubano we na Fille Mutoni. Kuwa 25 Nyakanga, Fille Mutoni yagize isabukuru. Benshi mu bakunzi be bohereje ubutumwa ariko nyamukuru, hari hategerejwe ubwa Katamba byari bayvuzwe mbere ko batangiye kongera gusubirana. Ibi byari byateye impungenge bamwe bavuga ko agomba kwitondera […]
Séminaire organisé par l’Imani Center for Policy and Education sur “L’impératif de la relance économique : Comment la résolution de la question du Sahara peut-elle renforcer l’intégration régionale et continentale de l’Afrique”
Le 27 juillet 2021, l’Imani Center for Policy and Education, un groupe de réflexion ghanéen, a organisé un séminaire, à Accra, sur le thème : “L’impératif de la relance économique : Comment la résolution de la question du Sahara peut-elle renforcer l’intégration régionale et continentale de l’Afrique”. L’événement a rassemblé plusieurs parties prenantes ghanéennes et […]
Indege 10 za mbere, iza gisivili n’iza gisirikare, zihenze ku Isi

Inzira yoroshye yo gutembera vuba cyangwa kugera kure mu buryo bworoshye muri iki gihe ni indege. Hari indege zitwara abagenzi, iz’abantu ku giti cyabo ndetse n’iza gisirikare, ariko izo ndege na zo zigiye zirutanwa mu biciro nk’uko tugiye kubibona ku rutonde dukesha Wonderslist. Dore uko zirutana mu biciro 1. Boeing 747 Air Force One ($4 […]
Imiti ya Hepatite yavuye ku 1,200$ igera kuri 60$ mu mezi atatu
Uyu munsi, tariki ya 28 Nyakanga 2021, U Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya hepatite. Indwara ya hepatite iracyari ikibazo ku isi kuko buri mwaka ihitana abantu bagera kuri 1,100,000, ikaba yica umuntu umwe buri masegonda 30. N’ubwo isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, Hepatite nayo ikomeje kuba ikibazo gikomeye ari […]
Leta y’u Burundi yaburijemo ibitaramo bya Israel Mbonyi
Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 28 Nyakanga 2021, yatangaje ko yaburijemo ibitaramo by’umuhanzi w’Umunyarwanda, Israel Mbonyi uririmba indirimbo ziramya n’izihimbaza Imana. Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubutegetsi, iterambere ry’abaturage n’umutekano mu Burundi mu kanya gashize, yasobanuye ko impamvu ibitaramo bya Mbonyi byaburijwemo ari uko nta burenganzira yigeze ahabwa n’urwego rubifitiye ububasha. Iyi Minisiteri […]
Kinshasa: Umupolisi yarashe umukuriye ubwo bagenzuraga abambaye udupfukamunwa
Kuri uyu wa Gatatu muri karere ka Bandalungwa, mu Mujyi wa Kinshasa umupolisi yibeshye arasa umukuriye ubwo bari mu bugenzuzi bwo kureba abantu batambaye udupfukamunwa. Amakuru agera ku rubuga rwa ACTUALITE.CD aravuga ko uyu mupolisi warashwe mu mutwe yahise yihutanwa kwa muganga nk’uko byemejwe n’uwungirije umuyobozi w’igipolisi cya Congo (PNC) akaba na komanda w’igipolisi muri […]
Ntabwo turi ikirwa_Perezida Samia Suluhu wakingiwe Covid-19
Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangaje ko igihugu ayoboye atari ikirwa ku buryo kitakwifatanya n’ibindi muri gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2021, ubwo yari amaze guterwa urukingo rw’iki cyorezo ku nshuro ya mbere. Ni icyemezo yafashe mu gihe uwo yasimbuye […]
Ambasaderi Vrooman wari uhagarariye USA mu Rwanda yimuriwe muri Mozambique
Ambasaderi Peter Vrooman wari umaze imyaka itatu ahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda, yimuriwe muri Mozambique. Iyi mpinduka yatangajwe n’ibiro bya Perezida wa USA (White House) kuri uyu wa 27 Nyakanga 2021, nk’uko bigaragara ku rubuga rwabyo. USA yagize Vrooman Ambasaderi wayo mu Rwanda muri Werurwe 2018, ashyikiriza Perezida Paul Kagame impapuro […]
Abanduye Covid-19 barwariye mu ngo bagiye kujya bakurikiranwa by’umwihariko
Leta y’u Rwanda iratangaza ko igiye gukurikirana by’umwihariko abarwayi ba Covid-19 barwariye mu rugo bagiye gukurikiranwa by’umwihariko mu rwego rwo guca intege abasanganwa iyo ndwara bakanga kwishyira mu kato nk’uko byatangajwe na Leta y’u Rwanda. Mu kiganiro cyihariye yahaye Ijwi rya Amerika kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yavuze ko […]
Masisi: Abandi barwanyi barenga 90 barambitse intwaro
Abandi barwanyi barenga 90 b’umutwe witwaje intwaro wa APCLS bakoreraga muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), barambitse intwaro, bishyikiriza igisirikare cya Leta. Igikorwa cyo kumurikira aba barwanyi ubuyobozi n’abaturage bo muri Masisi cyayobowe na Gen. Mweshu Lumbu uyobora operasiyo Sokola 2 muri iyi ntara, ku wa […]
Musanze: Umujura wari watorotse kasho ya Polisi agatwara n’amapingu yafashwe
Umugabo witwa Bizimana Anselme wari umaze iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano mu karere ka Musanze nyuma yo gutoroka kasho ya Polisi agatwara n’ipingu ryayo, yafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu. Bizimana yari afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu karere ka Musanze, mbere yo gutoroka mu gitondo cyo ku wa Mbere Tariki ya […]
Umukobwa wo mu Buhinde yishwe n’abo mu muryango we ku bwo kwambara ipantaro
Mu cyumweru gishize, Neha Paswan w’imyaka 17 bivugwa ko yakubiswe kugeza apfuye n’abo mu muryango we mu majyaruguru y’Ubuhinde muri leta ya Uttar Pradesh kuko batishimiye ko yambaye ikoboyi. Nyina, Shakuntala Devi Paswan, yabwiye BBC Hindi ko umukobwa we yakubiswe inkoni bikomeye na sekuru na ba nyirarume nyuma y’impaka ku myambarire ye aho yari yabasuye […]
Beautiful ya Sat-B na Meddy iri ku rutonde rw’indirimbo 12 za Olempike
Televiziyo ya CBC iri mu bafatanyabikorwa bakomeye b’imikino ya Olempike 2020 iri kubera mu Buyapani, tariki ya 22 Nyakanga 2021 yakoze urutonde rw’indirimbo 12 izajya ikunda gukina muri iki gihe. Muri uru rutonde CBC yise ‘Sounds of the Olympics’ (Amajwi ya Olempike), harimo indirimbo ‘Beautiful’ umuhanzi w’Umunyarwanda Meddy yafatanyije n’Umurundi Sat-B. Beautiful yasohotse ku rubuga […]
Abaganga n’abaforomo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Butare
Iyi nyandiko dukesha CNLG yo muri Gicurasi umwaka ushize, irerekana uruhare rukomeye rw’abo bantu mu bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Butare, ikagaragaza ko abaganga makumyabiri na batanu (25), abanyeshuri batatu (03) bigiraga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda, abaforomo n’abakozi mirongo itatu n’umwe (31) bahamijwe ubwicanyi. URUHARE RW’ABAGANGA MURI JENOSIDE MU MUJYI WA BUTARE 1) Dr […]
Ituri: Abasirikare 7 ba FARDC biciwe mu gico cy’inyeshyamba za ADF
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kiravuga ko cyivuganye inyeshyamba 15 za ADF ariko nacyo gitakaza abasirikare barindwi muri Teritwari ya Irumu, ho mu Ntara ya Ituri. Aya makuru yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Nyakanga mu kiganiro n’itangazamakuru cya Guverineri wa gisirikare w’iyi ntara. Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri, […]
Tom Close yasabye abantu kureka kugirira ishyari Meddy
Umuhanzi akaba n’umuyobozi mu kigo cya Leta, Muyombo Thomas (Tom Close) avuga ko abumva bafitiye ishyari umuhanzi Ngabo Medard Jobert (Meddy) kubireka ahubwo bakamwigiraho kuko ngo weo ubwe ari isomo mu muziki nyarwanda. Hadutse urunturuntu cyane ku mbuga nkoranyambaga ubwo bamwe mu bahanzi bishongoraga kuri Meddy, abandi bamushinja kugura Views kuri Youtube ku ndirimbo ye […]
Visite du chef d’état-major général des forces armées angolais

Le chef d’état-major général des Forces armées angolaises (FAA), le général António EgÃdio de Sousa Santos est en visite officielle au Rwanda qui a débuté le 26 juillet et se terminera le 30 juillet 2021. Aujourd’hui, 27 juillet, le chef d’état-major général des forces armées angolaises, le général António EgÃdio et sa délégation ont eu […]
Mozambique: Abasirikare 100 b’u Rwanda bagiye kurwana ahitwa Chai hatewe n’inyeshyamba
Ikinyamakuru BBC kivuga ko hari abasirikare 100 b’u Rwanda boherejwe gutabara ku biro by’ubutegetsi by’ahitwa Chai mu Karere ka Macomia ka Cabo Delgado, aho bivuga ko inyeshyamba zateye. Ni mu gihe abandi ku Cyumweru no kuwa Mbere bari bahanganye n’inyeshyamba mu gace ka Awasse nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru Mediafax. Kivuga ko igitero cyo gufata Awasse cyagabwe […]
VIDEO: Ibyo Karasira agiye guhura nabyo Mageragere- Mahoro wafunganywe na Ntamuhanga ngo hari abazamwakira
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
Perezida wa Malawi n’umuryango we bagiye mu Bwongereza, kwitabira inama yifashisha ikoranabuhanga
Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera n’itsinda ry’abantu 10 rigizwe n’abarimo umuryango we tariki ya 25 Nyakanga 2021 bagiye mu Bwongereza, kugira ngo yitabire inama mpuzamahanga yerekeye uburezi igomba kwifashisha ikoranabuhanga mpuzashusho rya ‘video conference’. Abagize umuryango wa Perezida Chakwera bamuherekeje barimo umugore we, umukobwa n’umukwe we usanzwe ashinzwe itumanaho mu biro bye. Ubusanzwe inama zikorerwa […]