Gen. Mubarakh Muganga ari muri Cabo Delgado

Umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lieutenant General Mubarakh Muganga, guhera kuri uyu wa 18 Nzeri 2021 ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Akigera mu Karere ka Mocimboa da Praia, Gen. Muganga yakiriwe na Maj. Gen. Innocent Kabandana uyoboye ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique ziri kurwanya ibikorwa […]
APR FC isezereye Mogadishu City bibanje kuyigora
Mu mukino wa kabiri wa CAF Champions League waberaga muri sitade y’umujyi wa Kigali i Nyamirambo, APR FC isezereye Mogadishu City Club yo muri Somalia byabanje kuyigorana. Iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda yabanje kugorwa n’umukino mu gice cya mbere cy’umukino, ku munota wa 24 itsindwa igitego cya mbere na rutahizamu wa Mogadishu City, Bi Marc […]
Kuri uyu wa Mbere nibwo Paul Rusesabagina amenya igihano ahabwa n’urukiko
Kuri uyu wa Mbere italiki ya 20 Nzeri 2021, nibwo urubanza rwari rumaze amezi arindwi rwa Paul Rusesabagina n’abo areganwa na bo ruzasomwa nyuma y’aho isomwa ryarwo ryari riteganyijwe ku ya 20 Kanama risubitswe. Isomwa ry’uru rubanza ryari ryasubitswe kuko urukiko rwari rutararangiza kwandika urwo rubanza ruhuza abantu benshi kandi rukaba rugomba kwandikanwa ubushishozi. Uru […]
Masamba ‘yamaze imyaka 4’ ataririmba Rwagihuta kubera abayise igishegu
Umuhanzi Masamba Intore yasobanuye ko indirimbo ye yise ‘Rwagihuta’ atari igishegu cyangwa iy’urukozasoni nk’uko bamwe babivuga, asobanura n’impamvu yatumye ayikora. Uyu muhanzi wamenyerewe cyane mu njyana ya gakondo, yatangiye ibi bisobanuro mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa RBA cyumvikanye muri Samedi Détente kuri uyu wa 18 Nzeri 2021. Iyi ndirimbo yumvikanamo amagambo agira ati: “Rwagihuta ni […]
Umudogiteri yishe abana be akoresheje imiti nawe agerageza kwiyahura
Igipolisi cya Kenya mu ntara ya Nakuru kiri gukora iperereza ku mahano y’umuganga (doctor) ushinjwa kwica abana be babiri, bafite imyaka itatu n’itanu, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu yarangiza agashaka kwiyahura ntibimukundire. Umuyobozi wa polisi muri Nakuru, Beatrice Kiraguri yatangarije The Standard ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko muganga yateye abana imiti itaramenyekana, ikabaviramo […]
Abasirikare 15 ba Cameroun bishwe n’inyeshyamba zikoresha Icyongereza
Imibare y’abasirikare ba Cameroun baherutse kwicirwa kuwa Kane ushize mu gico cy’abantu bitwaje intwaro baharanira ubwigenge bw’abaturage bakoresha Icyongereza ikomeje kuzamuka, aho bavuye ku 10 bakagera kuri 15. Minisiteri y’ingabo yavuze ko imodoka z’abasirikare bari bafite inshingano zo “kurinda amashuri n’ahandi hantu h’ingenzi” mu gace ka Bamessing, yagabweho igitero cy’iterabwoba ry’amacakubiri. Imibare ivuga ko hapfuye […]
Col. Doumbouya yavuze ko abasirikare be batazarekura Alpha Condé
Komanda w’abasirikare badasanzwe bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Guinée Conakry, Colonel Mamady Doumbouya yamenyesheje amahanga ko batazigera barekura uyu wahoze ari Umukuru w’Igihugu n’ubwo bakomeza gushyirwaho igitutu. Ni igisubizo yahaye itsinda ry’abayobozi bari bahagarariye umuryango w’akarere ka Afurika y’Iburazuba, ECOWAS, bari bayobowe na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo ubwo basuraga Alpha Condé uri mu […]
Mwimane u Rwanda_Sadate asaba APR FC irahura na Mogadishu City
Umukunzi ukomeye wa Rayon Sports wanabaye Perezida wayo, Munyakazi Sadate yasabye APR FC kwimana u Rwanda, igatsinda Mogadishu City Club mu mukino wa kabiri wa CAF Champions League uraba kuri uyu wa 19 Nzeri 2021. Sadate yatanze ubu butumwa asubiza iyi kipe yaraye itangaje ko yasoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’iyi kipe yo […]
Visi perezida Ruto yaciye bugufi imbere ya Kenyatta yemera ubwiyunge

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto aravuga ko yiteguye kwiyunga na Perezida Uhuru Kenyatta nta mananiza ayo ari yo yose abanje gushyiraho nyuma y’uko akomeje guhura n’ibibazo bitandukanye kubera umwuka mubi umaze igihe hagati ye n’umukuru w’igihugu wagiye unamugiraho ingaruka zirimo kubuzwa gusohoka mu gihugu no kwamburwa abarinzi. Ibi yabitangaje kuwa Kane ushize, itariki 16 […]
Nsengimana amaze kurokora imisambi irenga 200 yari mu kaga

Muganga w’inyamaswa witwa Olivier Nsengimana avuga ko amaze kurokora imisambi irenga 200 mu myaka igera kuri 6 kuva yatangira kuyororera mu cyanya cyihariye giherereye mu mujyi wa Kigali. Nsengimana mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, yavuze ko mu buzima bwe akunda imisambi kuko aho yavukiye yabagayo myinshi, akayikundira kuba yarabyutsaga abantu mu gitondo, zikanabataramira. […]
Indege ya Air France yasubiye i Beijing igitaraganya nyuma y’iminota ihagurutse
Indege ya Air France yerekezaga i Paris mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yasubiye inyuma igitaraganya nyuma gato yo guhaguruka i Beijing nyuma y”ikibazo cya tekiniki”, ariko ibasha kugwa neza nk’uko byemezwa n’iyi kompanyi. Abapilote b’iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing-777, “bahisemo gusubira i Beijing nyuma y’iminota 14 indege ihagurutse kubera ko hagaragaye […]
Muhanga: Uko umwanditsi w’urukiko yafatiwe mu cyuho yakira ruswa
Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 17 Nzeri 2021, Umwandisi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ukekwaho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa, yagejejwe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, kugira ngo Ubushinjacyaha bumusabire ibihano kuri icyo cyaha aregwa, ariko asaba ko urubanza rwe rusubikwa kuko umwunganizi we yihuje na dosiye atinze. Uyu mwanditsi w’urukiko akekwaho kuba ku […]
Mulago: Abakira Covid-19 hagati ya 5 n’10 bagira ikibazo cy’uburemba buri cyumweru
Abaganga mu ivuriro rya Mulago muri Uganda rishinzwe kwita ku barwayi ba Covid-19 bavuga ko abantu hagati ya 5 n’10 bakira iki cyorezo buri cyumweru, bagira ikibazo cy’uburemba no kurangiza vuba mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Capt. Dr. Barnabas Mugabi yabwiye New Vision dukesha iyi nkuru ati: “Twakira abarwayi bari gukira bavuga ko amasohoro yabo aza […]
RED Tabara yigambye kugaba igitero gikomeye ku kibuga cy’indege cya Bujumbura
Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi wigambye ko waraye ugabye igitero gikomeye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bujumbura. Mu butumwa uyu mutwe washyize ku rubuga rwa Twitter mu rukererera, watangaje ko wagabye iki gitero ahagana saa tanu z’ijoro ryo kuri uyu wa 18 Nzeri 2021. RED Tabara yagize iti: “Ahagana saa […]
Volleyball: Minisports yatangije iperereza ku birego byashyizwe ku ikipe y’u Rwanda
Minisiteri ya Siporo yatangaje irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya Volleyball ryaberaga mu Rwanda rigomba gukomeza ariko ritarimo ikipe y’u Rwanda, gusa ivuga ko yatangije iperereza ku birego byashyizwe ku kipe y’u Rwanda. Ni nyuma y’uko Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball ku Isi (FIVB) isabiye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore gusezererwa muri Shampiyona Nyafurika ya 2021 kubera […]