Gen. Mbala uyobora ingabo za RDC yasuye u Burundi

mbal.jpg

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gen. CĂ©lestin Mbala yasuye u Burundi kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021. Igisirikare cy’u Burundi cyemeje inkuru y’uru ruzinduko, kivuga ko Gen. Mbala n’itsinda ry’abasirikare bakuru bari bamuherekeje bakiriwe na mugenzi we, Maj. Gen. Prime Niyongabo wari kumwe n’abandi basirikare bakuru. Aba basirikare ba RDC n’ab’u […]

Dr Pierre Damien Habumuremyi yafunguwe, ashimira Perezida Kagame

Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yamaze kurekurwa, ashimira Perezida Paul Kagame wumvise ubusabe bwe akamuha imbabazi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Ukwakira ni bwo Dr Habumuremyi yasohotse muri gereza ya Nyarugenge yari amaze igihe afungiyemo, nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu. Icyemezo giha Dr Habumuremyi […]

Uganda igiye kohereza muri Somalia abapolisi kabuhariwe (Amafoto)

img_20211014_154425.jpg

Polisi ya Uganda yatangaje ko mu Ukuboza uyu mwaka izohereza muri Somalia abapolisi 160 kabuhariwe mu butumwa bwo kuhabungabunga amahoro. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Kane aba bapolisi basoje imyitozo ikaze bari bamazemo amezi atandatu ibategurira kujya mu butumwa bwo kugarura amahoro. Iyi myitozo yaberaga mu kigo cy’imyitozo cya Kigo, yayobowe n’abapolisi bakuru bo […]

Iyo aza kuba akiriho, Mobutu Sese Seko yari kuba yujuje imyaka 91

Marshal Mobutu Sese Seko wahoze ari perezida wahoze ari Zaire, Repubulika ya Demokarasi ya Congo y’ubu, wavukiye ku itariki nk’iyi ya 14 Ukwakira 1930 i Lisala, mu Ntara ya Equateur mbere yo kugabanywamo izindi ntara, kuri uyu wa kane, yari kuba yujuje imyaka 91. Mobutu wiyitaga “Grand LĂ©opard” yapfuye ku ya 7 Nzeri 1997, afite […]

Kabale: Barasaba Museveni gusubukura ibiganiro na Kagame

Abaturage n’abayobozi mu nzego zitandukanye mu Karere ka Kabale muri Uganda, barasaba Perezida wabo gusubukura ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kugira ngo umubano w’ibi bihugu bituranye wongere kuba mwiza, imipaka ibihuza nayo ifungurwe. Perezida w’inama njyanama ya Lyakarimira, Enock Kazooba yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko yizeye ko aba bakuru b’ibihugu bongera […]

Komanda w’ingabo za Mozambique avuga ko urugamba rwo kurwanya ibyihebe rushobora kuzamara n’imyaka itatu

Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Maj. Gen. CristĂłvĂŁo Chume avuga ko byashoboka ko urugamba rwo kurwanya intagondwa z’umutwe witwaje w’iterabwoba wegamiye kuri Islamic State rushobora kumara igihe kigera no ku myaka itatu. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, nyuma y’inama we n’abandi basirikare bakuru bagiranye n’ab’u Rwanda hamwe n’ab’umuryango SADC bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu […]

Kagame gracie l’ex-Premier ministre Habumuremyi

Le prĂ©sident Paul Kagame a graciĂ© l’ancien Premier ministre Pierre-Damien Habumuremyi, qui purgeait une peine de trois ans de prison qui lui avait Ă©tĂ© infligĂ©e l’annĂ©e dernière pour l’Ă©mission de chèques sans provision. La dĂ©cision fait partie des rĂ©solutions d’une rĂ©union du cabinet tenue mercredi 13 octobre. Le tribunal intermĂ©diaire de Nyarugenge a reconnu Habumuremyi […]

Agurisha amaraso ye buri kwezi ngo abone amafaranga yo gufasha umwana wo mu muryango ukennye

img-20211014-wa0028.jpg

Mu bishingizi 106,000 bafasha abana b’Abanyarwanda bakomoka mu miryango itishoboye kwigobotora ingoyi y’ubukene, binyuze mu muryango mpuzamahanga Compassion Interantional Rwanda, harimo umwishingizi w’umuzungu, kubera ubushobozi buke, wemera gutanga amaraso ye buri kwezi, akayagurisha, kugira ngo abashe kubona amadolari y’Amanyamerika($) 21 (hafi Frw 20,000) agenerwa buri kwezi, umwe mu bana b’Abanyarwanda ukomoka mu muryango ukennye. Umuyobozi […]

Zimwe mu mbunda zagize uruhare mu rupfu rw’abakabakaba miliyoni 100 mu Ntambara ya II y’Isi

gewehr_43_nobg.jpg

Intambara ya II y’isi yatangiye mu 1939 ikarangira mu 1945 ni intambara yabaye mu gihe Isi yari itangiye gutera imbere mu ikoranabuhanga, iryo koranabuhanga rikaba rikaba ryari ritangiye no kugera mu ikorwa ry’intwaro aho ugereranyije n’izakoreshejwe mu ya mbere y’Isi usanga hari iterambere ryari rimaze kubamo ari na yo mpamvu umubare w’abo yahitanye wavuye kuri […]

Ingabire Victoire avuga ko RIB yataye muri yombi bamwe mu bayoboke b’ishyaka rye

fbpmsakwyaq8rl5.jpg

Umuyobozi w’Ishyaka ritaremerwa mu Rwanda, DALFA Umurinzi, Ingabire Umuhoza Victoire, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abayoboke batatu b’ishyaka rye. Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021, Ingabire yavuze ko ” Muri iki gitondo tumenye ko Sylvain Sibomana na Alexis Rucubanganya wo muri Ngoma mu burasirazuba […]

Maroc / FMI : Revue à la hause des prévisions de croissance

Le Fonds MonĂ©taire International (FMI) a revu Ă  la hausse, le 12 octobre 2021, ses prĂ©visions de croissance pour le Maroc en 2021 et s’attend dĂ©sormais Ă  un taux de 5,7% contre les 4,5% initialement annoncĂ©s. Ces nouvelles prĂ©visions publiĂ©es par le FMI, en droite ligne du dernier Discours Royal au Parlement, Ă  l’occasion de […]

RMC yatangaje ko Cyuma Hassan atari umunyamakuru w’umwuga

cyuma_na_nsengimana.png

Urwego rw’abanyamakuru bigenzura, RMC, rwongeye gutangaza ko nyiri shene ya YouTube yitwa Ishema TV, Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan atari umunyamakuru w’umwuga. Itangazo ryashyizwe ahabona n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uru rwego, Mugisha Emmanuel kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021, rigira riti: “Urwego rw’abanyamakuru bigenzura, RMC, rurongera kwibutsa bose ko uwitwa Niyonsenga Dieudonne wiyita Cyuma Hassan atari […]

Umusore yabwiye abapolisi uko yatangiye yica imbwa bikaza kurangira yica n’abantu

Umusore witwa Richard Appiah w’imyaka 28 yatangarije Polisi ya Ghana iri kumukoraho iperereza ko yatangiye yica imbwa imwe y’umukara, nyuma agatangira no kuzajya yica abantu barimo abana babiri akekwaho ko yiciye ahitwa Abesim. Appiah yabwiye abakora iperereza kuri ubwo bwicanyi ko umuhate wo kwica abantu ari uko yatangiye yica imbwa, akabona ko no ku bantu […]

Goma: Hafashwe abagizi ba nabi hafi 300 barimo Abanyarwanda

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku bufatanye n’Igipolisi mu mukwabu wo mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 13 Ukwakira 2021, mu gace ka Kyeshero, mu Mujyi wa Goma, cyataye muri yombi abagizi ba nabi basaga hafi 300 barimo Abanyarwanda batandatu bitwaje intwaro. Imibare y’abafatiwe muri uwo mukwabu […]

UCI yemeje igihe Tour du Rwanda izabera

Impuzamashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI), yemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba hagati ya tariki ya 20 n’iya 27 Gashyantare 2022. Ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021 ni bwo Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare (FERWACY) ryatangaje ko UCI yemeje ko Tour du Rwanda ya 2022 izaba mu mpera za Gashyantare. […]

Etoile de l’Est ngo yiteguye gutsinda amakipe yose, havuyemo 6

elie.jpg

Umunyamabanga Mukuru wa Etoile de l’Est yo mu Karere ka Ngoma, Byukusenge Elie yatangaje ko iyi kipe ayoboye yiteguye gutsinda amakipe yose yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere, havuyemo atandatu. Amakipe atari mu yo abona Etoile yatsinda ni: APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports, Police FC, A.S Kigali n’indi ya gatandatu atavuze. Mu kiganiro yagiriye […]

Insisiro zisaga esheshatu z’Abanyamulenge zatwitswe

Abarwanyi bikekwa ko ari aba Mai Mai Yakutumba bagabye igitero mu mihana itandukanye ituwe n’abo mu bwoko bw’Abanyamulenge mu Bibogobogo muri Teritwari ya Fizi, intara ya Kivu y’Epfo, batwika insisiro (imihana) esheshatu. Muri ibyo bitero abaturage bemeza ko byagabwe n’abarwanyi ba Mai Mai Bilozebishambuke hakomerekeyemo n’abandi baturage batari bake. Umuyobozi w’Akarere ka Bibogobogo, Ngirimukiza David, […]

Norvege: Uwitwaje umuheto n’imyambi yishe abantu 5 abandi barakomereka

Abantu batanu bishwe, abandi babiri barakomeretswa nyuma yo kugabwa igitero n’umuntu witwaje umuheto n’imyambi. Iki gitero cyabereye mu Mujyi wa Kongsberg, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’umurwa mukuru, Oslo, ku isaha ya saa kumi n’ebyiri na cumi n’itatu ku isaha yo muri iki gihugu. Umugabo ukomoka muri Denmark w’imyaka 37 yatawe muri yombi akekwaho kuba inyuma y’iki […]

Igikomangomakazi Sumaya cyagizwe umwe mu bayobozi b’Ikigo cy’igihugu cy’ingufu za atomike

Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Ukwakira 2021 yashyize mu myanya abayobozi mu bigo bitandukanye birimo ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu za atomike kigaragaramo abanyamahanga babiri barimo Igikomangomakazi cyo muri Jordan, Sumaya bint El Hassan ugize inama y’ubutegetsi ndetse n’Umunya-Burkina Faso, Dr Lassina Zerbo, Perezida w’iki kigo. Sumaya bint Hassan ni muntu ki? […]

Gen. Muganga arasaba APR FC gutsindira Etoile i Kigali

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt. Gen. Mubarakh Muganga arasaba abakinnyi b’iyi kipe y’ingabo gutsindira Etoile du Sahel yo muri Tunisia i Kigali, mu ijonjora rya CAF Champions League. Ubu butumwa Gen. Muganga yabutanze ubwo yakurikiranaga imyitozo iyi kipe yakoreraga kuri sitade mpuzamahanga ya Kigali izahuriraho na Etoile ku wa 16 Ukwakira 2021. Yabwiye abakinnyi […]

Akari ku mutima w’umuhungu wa Habumuremyi wakunze kwinubira ifungwa rya Se

Umuhungu wa Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’intebe, Apollo Mucyo, wakunze kwifashisha imbuga nkoranyambaga mu kunenga leta y’u Rwanda mu gihe se yari afunzwe, yavuze ko ubu “yuzuye ibyishimo”. Mucyo Apollo, yigeze gutakambira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko Se adakwiye gufungwa bitewe n’uko yakoreye igihugu imirimo myinshi. Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku […]

Igikomangoma William gisaba abaherwe gukemura ibibazo byugarije Isi, mbere yo gushora imari mu isanzure

Igikomangoma William cy’ubwami bw’u Bwongereza kiragira inama abaherwe batunze za miliyari yo gukemura ibibazo byugarije Isi, mbere y’uko bishora imari mu bukerarugendo bwo mu isanzure. Ubu butumwa yabutangiye mu muhango wa Earthshot Prize wo guhemba abagerageza gukemura ibibazo byugarije Isi by’umwihariko abahangana n’imihindagurikire y’ikirere, wabaye ku nshuro ya mbere kuri uyu wa 13 Ukwakira 2021. […]

Etoile Sportive du Sahel iri i Kigali mbere yo kwesurana na APR FC

Ikipe ya Etoile Sportive du Sahel yo mu gihugu cya Tunisia, yamaze kugera hano i Kigali mbere yo guhura na APR FC mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu izahura na Etoile du Sahel ku wa Gatandatu, mu mukino uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere y’uwo kwishyura uzabera […]

Byamaze kugaragara ko tutavuganye nabo bizatugora_Col. Rwivanga ku ngabo za SADC

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko ukutavugana kw’ingabo z’iki gihugu ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique n’ingabo za SADC zikora ukwazo, byagaragaye ko byatuma ibikorwa byo kurwanya intagondwa z’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri IS no gucyura impunzi bigorana. Yabitangaje ubwo yasobanuraga impamvu yatumye abasirikare n’abapolisi bakuru b’u Rwanda […]

RIB yataye muri yombi abarimo Nsengimana wa Umubavu TV

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu barimo Nsengimana ThĂ©oneste usanzwe ari nyiri Televiziyo ya Umubavu TV ikorera kuri YouTube. Nsengimana na bagenzi be bakurikiranweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha. RIB kuri Twitter yayo yasobanuye ko “ibyaha bakurikiranyweho birimo ibyo gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda”, n’ubwo uru […]

Perezida Kagame yahaye imbabazi Dr Pierre Damien Habumuremyi

Perezida wa Repububulika, Paul Kagame, yahaye imbabazi Dr Pierre Damien Habumuremyi wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, gusa asabwa kwishyura abo yari abereyemo imyenda. Icyemezo cyo guha Dr Habumuremyi imbabazi cyemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira. Umwe mu mwanzuro w’iyi nama uvuga ko “Ashingiye ku bubasha ahabwa […]