Uko umwana wakuriye mu muryango ukennye yashinze uruganda rukora imodoka
Mu mwaka w’1922, umusore muto wari ufite imyaka 15 yatangiye gushaka akazi ko gukanika amagare mu igaraje rito cyane mu mujyi wa Tokyo mu Buyapani. Nyir’iri garaje ntabwo yahise aha uyu mwana akazi kuko yabonaga akiri muto cyane, ahubwo yamuhaye akazi ko kuhakora isuku ndetse akarera n’umwana. Icyo gihe nta numwe washoboraga kuba yamenya ahazaza […]
Munyarugero yagizwe Umuvugizi wungirije wa M23
Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) washyizeho Umuvugizi wungirije ku rwego rwa politiki witwa Canisius Munyarugero. Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa 11 Nzeri 2022 nâumuyobozi wâuyu mutwe ku rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, asobanura ko byakozwe mu rwego rwo kunoza itumanaho ryabo. Yagize ati: âUmuvandimwe […]
Dushobora kurangiza VIH/SIDA bitarenze mu 2030 â Dr Donald Kaberuka
Umuyobozi wâInama yâubutegetsi yâIkigega Mpuzamahanga gishinzwe kurwanya sida, malaria nâigituntu, Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka, aremeza ko Sida ishobora kuzaba yaracitse mu 2030, aho nyuma yâimyaka 20 ishize gishinzwe iki kigega cyabashije kugabanya ku rugero rwa 40% impfu zikomoka kuri izo ndwara eshatu ariko urugamba ntirurarangira nkâuko yabitangaje mu kiganiro na Jeune Afrique . Ikigega mpuzamahanga […]
Rusizi: Umubyeyi wâumwana wagonzwe nâimodoka ikamuca ukuguru arasaba ubufasha

Nyiraneza Francine wâimyaka 48 utuye mu mududugu wa Gatovu, akagari ka Rebero mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi, aratakambira ubuyobozi bwâaka karere ngo bugire icyo bumumarira nyuma yâamezi hafi 10 amaze arwana no kuvuza umuhungu we wâimyaka 17 witwa Tuyiringire James wagonzwe nâikamyo ikamuca akaguru, akaba asigaye iheruheru. Uyu mubyeyi yasobanuriye BWIZA ko […]
Meya wa Gasabo ku bo muri Bannyahe: Ingurane zirahari, tuzubahiriza icyemezo cyâurukiko

Umuyobozi Nshingwabikorwa wâakarere ka Gasabo, Umwali Pauline, yamenyesheje abatuye mu gace ka Bannyahe banze kwimukira mu nzu umujyi wa Kigali wubatse i Busanza, ko urukiko nirwanzura ko bagomba guhabwa ingurane bazazihabwa kuko zihari. Uyu muyobozi yabivuze tariki ya 9 Nzeri 2022 ubwo yari yasuye aba baturage, nyuma yo kwakira ibibazo nâibyifuzo byabo, byibandaga ku kuba […]
USA yakomeje ibihano byafatiwe abarimo abayobozi ba Ethiopia
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yongereye iteka rye ryo muri Nzeri 2021 ârifatira ibihano abantu bamwe na bamwe ku bijyanye n’ikibazo cy’ubutabazi n’uburenganzira bwa muntu muri Ethiopia.â Nubwo iki gihano kimaze umwaka, Guverinoma ya Amerika ntabwo yashyize ahagaragara amazina yâabayobozi ba Ethiopia bafatiwe ibihano . Mu ibaruwa yo ku ya 09 […]
U Rwanda rwifurije Ethiopia umwaka âmushya muhire wâ2015â
Ambasade yâu Rwanda muri Ethiopia yifurije iki gihugu umwaka mushya muhire wâ2015 watangiye kuri uyu wa 11 Nzeri 2022, hashingiwe ku ngengabihe (calendar) isanzwe. Iyi Ambasade yagize iti: âAmbasade ya Repubulika yâu Rwanda muri Ethiopia irabifuriza umwaka mushya mwiza wâ2015. Melkam Addis Amet.â Ethiopia igira ingengabihe yihariye ituma isigara inyuma imyaka 7 ugereranyije nâingengabihe isanzwe. […]
Uwari ukuriye Operation Turquoise arishimira kuba baratereranye Abanyabisesero hakaba nta nkurikizi
Gen. Jean-Claude Lafourcade, wari uyoboye ibikorwa byâigisirikare cyâu Bufaransa mu Rwanda bizwi nka “Operation Turquoise” uri mu bashinjwa kutagira icyo bakora mu gihe cyâubwicanyi bwo mu Bisesero muri Kamena 1994, kuri uyu wa Gatanu ushize mu itangazo yageneye AFP yishimiye icyemezo cyâurukiko cyo guhagarika kubakurikirana cyajuririwe nâamashyirahamwe yari yatanze ikirego . “Iri tegeko ryo kudakurikiranwa […]
Vital Kamerhe yashyiriweho umurongo ntarengwa ku ruzinduko aragirira i Goma
Perezida wâishyaka UNC wanabayeho umuyobozi wâibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Vital Kamerhe, yashyiriweho umurongo ntarengwa ku ruzinduko aragirira mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 12 Nzeri 2022. Uyu munyapolitiki uherutse gusohoka muri gereza yari amazemo imyaka ibiri, aherutse gutangaza ko agiye kugirira uruzinduko mu burasirazuba bwa RDC, ahereye mu […]
Mali yasabye abanyapolitiki bahungiye muri Cote dâIvoire kugirango irekure abasirikare bayo
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Nzeri, televiziyo y’igihugu yatangaje ko Perezida w’agateganyo wa Mali yifuza ko igisubizo cyâinyungu cyagira uruhare mu kurangiza ikibazo cya diplomasi cyatewe nâabasirikare 46 bo muri Cote d’Ivoire bafungiwe muri Mali, avuga ko Cote d’Ivoire yahaye ubuhungiro abanyapolitiki bashakishwa nâubutegetsi . Ku ya 10 Nyakanga, abasirikare ba Cote d’Ivoire bafatiwe […]
Amafoto: REG BBC yigaranzuye Patriots umukino ugana ku musozo

Mu mukino wa kabiri muri itanu iteganyijwe muri kamarampaka (playoffs), ikipe ya Basketball ya REG BBC yatsinze Patriots BBC manota 79 kuri 70, mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 Nzeri 2022. Uyu mukino wabereye muri B.K Arena, waranzwe nâishyaka ku mpande zombi, aho hasigaye iminota 2 ngo umukino urangire, Patriots yari imbere nâamanota 63 […]
Ukraine: Ingabo zâu Burusiya zataye ibirindiro byâingenzi zari zifite mu mujyi wa Izyum
U Burusiya bwataye ibirindiro byâibanze mu majyaruguru yâuburasirazuba bwa Ukraine, mu buryo butunguranye mu gihe ingabo za Ukraine zikomeje kwegera imbere zisubiza ibice byari byarigaruriwe nâingabo zâu Burusiya . Ifatwa rya Izyum mu ntara ya Kharkiv kuri uyu wa Gatandatu ushize biravugwa ko ari ko gutsindwa gukomeye kwa mbere kwâingabo zâu Burusiya kuva zahatirwa kuva […]
ApĂ´tre Mutabazi yatunguranye mu nama yambaye rugabire ya Frw 2000 nâisengeri

ApĂ´tre Mutabazi Kabarira Maurice yatunguranye mu nama ye nâabafana ndetse nâinshuti ze, ayitabira yambaye rugabire avuga ko yaguze amafaranga yâu Rwanda (Frw) 2000 ndetse nâisengeri. Mutabazi utanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe, amaze iminsi asabye abafana nâinshuti ko bahurira mu nama yise âFearless Season 1â (icyiciro cya mbere cyo gushira ubwoba) muri hoteli La Palisse Nyamata mu […]
Kigali: Batatu bafashwe bashinjwa guhimba no gukoresha ibyangombwa bitangwa n’ibigo bya leta n’ibyigenga
Ku wa Gatanu, tariki ya 9 Nzeri, Polisi y’u Rwanda, mu Mujyi wa Kigali, yafashe abantu batatu bacyekwaho kwigana no gukoresha ibyangombwa bitangwa mu buryo bwemewe n’amategeko n’ibigo bitandukanye birimo ibya Leta n’ibyigenga . Mu bafashwe harimo babiri bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto ari bo; Nsanzabaganwa Valens ufite imyaka 36 y’amavuko na Munyaneza […]
Mbere yo gufungwa, Shikama washinje Leta gutegura jenoside kuri Bannyahe yasize âarazeâ
Urwego rwâigihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 10 Nzeri 2022 rwatangaje ko rwataye muri yombi Shikama Jean de Dieu utuye mu gace ka Bannyahe mu kagari Nyarutarama, umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo, rumukurikiranyeho ibyaha bibiri birimo icyo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi no kubiba amacakubiri. Uyu mugabo mbere yo gutabwa muri yombi, yumvikanye […]