Ni muntu ki Iqbal wicaga abana b’inzererezi?

Javel Iqbal Umayr yavutse mu mwaka w’1956 apfa mu mwaka w’2001, yavukaga mu muryango w’abayisilamu bo mu bwoko bwa Punjabi Rajput. Yari umuturage wo muri Pakistan akaba umwicanyi ruharwa wahigaga abantu, akabica akabafata no ku ngufu. Yishe abana b’abahungu 100 bari hagati y’imyaka 6 na 16. Iqbal yabanzaga kuniga uwo agiye kwica kugeza abuze umwuka […]

Cristiano Ronaldo yirukanwe na Manchester United

Ikipe ya Manchester United yo mu gihugu cy’u Bwongereza, yatangaje ko yamaze gutandukana n’umunya-Portugal Cristiano Ronaldo wari umukinnyi wayo. Iyi kipe yemeje aya makuru mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Yagize iti: “Cristiano Ronaldo agomba kuva muri Manchester United ku bwumvikane bw’impande zombi, ndetse bigahita byubahirizwa by’aka kanya.” Manchester United yavuze ko imushimira […]

Musanze: Umusaza w’incike avuga ko inzu abamo irutwa n’ubwiherero yubakiwe

Munyakaragwe arasaba gusanirwa inzu

Umusaza w’inshike witwa Munyakaragwe Elie w’imyaka 62 utuye mu mudugudu wa Rwabigwi, akagari ka Cyivugiza mu murenge wa Muko arasaba ubuyobozi ko bwamugoboka, bukamukura mu kangaratete arimo ko kuba mu nzu idahomye, agatandukana n’imbeho dore ko iyo nzu itagira n’icyumba. Aganira n’umunyamakuru wa BWIZA, Munyakaragwe yavuze ko abayeho nabi ko yatandukanye n’umugore kandi ko mu […]

La Haye: Umutangabuhamya yavuze ko yabonye Kabuga yinjira muri RTLM umunsi iraswaho

U?rubanza rwa Félicien Kabuga uregwa ibyaha bya jenoside yo mu Rwanda rwakomeje kuri uyu wa kabiri mu rugereko rw’i La Haye mu Buholandi rwasigaye ruca imanza zasizwe n’urukiko rwa Arusha, umutangabuhamya avuga ko yamubonye yinjira mu biro bya radio RTLM mu 1994. Mu iburanisha ryo kuri uyu munsi ryakurikiranwe na BBC dukesha iyi nkuru, umushinjacyaha […]

UPDF ikomeje gushinjwa gufasha M23 mu butasi no mu bikoresho rwihishwa

Abanye-Congo bakomeje gushyira mu majwi igihugu cya Uganda, bashinja Ingabo zacyo gufasha rwihishwa inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zimaze hafi umwaka zongeye kubura imirwano n’Ingabo za Leta ya Congo. Ni ibirego kandi bamaze igihe bashinja u Rwanda mu buryo bweruye. Ibirego by’uko Ingabo za Uganda zaba zifasha M23 abanye-Congo batangiye kubivugira mu matamatama muri […]

Mali yahagaritse ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri leta iterwa inkunga n’u Bufaransa

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Mali kuri uyu wa Mbere bwahagaritse ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri leta yose iterwa inkunga n’u Bufaransa, harimo n’imiryango y’ubutabazi, mu gihe umubano hagati y’ibihugu byombi ukomeje kwangirika . Minisitiri w’Intebe w’agateganyo wa Mali, Col. Abdoulaye Maiga, yasobanuye impmvu y’iki cyemezo mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko ari uburyo bwo […]

Ukraine yahaye Kenya imfashanyo ya toni ibihumbi 25 z’ingano

Itsinda rya Ambasade ya Ukraine ryasuye Visi Perezida Rigathi

Leta ya Ukraine yahaye iya Kenya imfashanyo ya toni ibihumbi 25 z’ingano kugira ngo ziyifashe mu guhangana n’ikibazo cy’inzara cyakajije umurego kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka. Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua ni we wakiriye iyi mfashanyo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2022. Ambasaderi wa Ukraine muri iki gihugu, Andriy Pravednyk ni we wayimushyirije ubwo […]

Burundi: Inyeshyamba 7 z’Abanyarwanda zishwe, izindi zifatwa mpiri

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi 7 bo mu mutwe witwaje intwaro ukomoka mu Rwanda, gukomeretsa benshi hamwe no gufata mpiri bane muri bo. Ikinyamakuru SOS Burundi gisobanura ko byabereye mu mirwano yabaye mu cyumweru gishize hagati y’ingabo z’iki gihugu n’izi nyeshyamba mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri komini ya Bukinanyana na Mabayi mu ntara […]

Hagaragaye videwo yumvikanyemo FDLR yigamba kurasa mpaka i Kigali

Amashusho yakwiriye ku mu mbuga nkoranyambaga no ku rubuga Goma24 rutungwa agatoki ko rubogamiye ku mutwe wa M23 kuri uyu wa 22 Ugushyingo ku gicamunsi rwashyize hanze amashusho humvikanamo ijwi ry’umusirikare bivugwa ko ari uwa FDLR, ari gutanga amabwiriza mu Kinyarwanda gitomoye ku basirikare ko ” Ari ukurasa mpaka i Kigali.” Muri ubu butumwa uru […]

#Qatar2022: Arabie Saoudite yakoze ibitatekerezwaga, yisasira Argentine

Ikipe y’Igihugu ya Argentine ‘La Albiceleste’ yatangiye nabi imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kiri kubera muri Qatar, nyuma yo gutsindwa na Arabie Saoudite ibitego 2-1. Hari mu mukino wo mu tsinda C amakipe yombi yari yahuriyemo kuri Stade ya Lusail kuri uyu wa Kabiri. Argentine nk’imwe mu makipe yaje ahabwa amahirwe yo kwegukana Igikombe cy’Isi […]

RDC: Umuyobozi w’ibiro bya perezida yaba aherutse gufungura ibaruwa irimo uburozi

Amakuru aturuka muri Perezidansi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo agera ku rubuga Infos.cd, aravuga ko Umuyobozi w’ibiro by’umukuru w’igihugu, Guylain Nyembo, yarusimbutse mu cyumweru gishize nyuma yo kwakira ibaruwa irimo uburozi, ubu hakaba hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane aho yaturutse . Amakuru y’ibanze avuga ko Guylain Nyembo, yabanje gufungura ibaruwa ashaka gukuramo ubutumwa bwari […]

Mali: Bwa mbere mu myaka 10 umupadiri w’Umunyaburayi yashimutiwe i Bamako

Abakekwaho kuba intagondwa za kisilamu bashimutiye umupadiri w’Umudage mu murwa mukuru wa Mali, nk’uko bagenzi be bavuze ko kuri uyu wa Mbere ushize, akaba ari ubwa mbere mu murwa mukuru, Bamako, habereye ishimutwa ry’umunyaburayi kuva mu myaka irenga icumi ishize . Ku Cyumweru, nibwo Rev. Hans-Joachim Lohre yiteguraga kujya kwizihiza Misa mu kandi gace ko […]

Imyaka 10 irashize Kabila yirukanye Gen. Tango Four wakekwagaho guha inyeshyamba intwaro

Tariki ya 22 Ukwakira 2012 ni bwo Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu yirukanye Général Major Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Four ku mwanya w’Umugaba w’izirwanira ku butaka. Iyirukanwa rya Gen. Tango Four ryakomotse kuri raporo yari iherutse gushyirwa hanze n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zakurikiranaga […]

Burundi: Umunyamakuru wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe ‘mu masengesho’

Minisiteri ishinzwe umutekano mu Burundi yatangaje ko umunyamakuru wa Iwacu wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe mu masengesho, asengera hamwe n’abandi. Iki kinyamakuru cyatangaje ko tariki ya 20 Ugushyingo 2022 cyamenyeshejwe ko Misago Jérémie yabuze ku munsi wabanje, gitangira kumushakira muri za kasho, mu bitaro no mu buruhukiro ariko nticyamubona. Iwacu yasobanuye ko yabajije abo […]

President Ndayishimiye on wether RDF is in DRC

Burundian President Évariste Ndayishimiye, who is the current Chairperson of the East African Community, has said he had not established whether Rwanda was backing the M23 rebels — as claimed by Kinshasa. He said there was hope for a breakthrough in finding a lasting solution to the crisis. In an interview on France 24 and […]

Akayabo Mukansanga uri bwandike amateka mu Gikombe cy’Isi azajya ahembwa

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2022, ni bwo byitezwe ko Umunyarwandakazi Mukansanga Rhadia Salima yandika amateka yo kuba Umunyafurikakazi wa mbere uraba asifuye imikino y’Igikombe cy’Isi cy’abagabo. Ni amateka ari bwandikirwe mu mukino wo mu itsinda D Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ’Les Bleus’ ihuriramo na the Socceroos ya Australia […]

Perezida wa FIFA yatangaje ko Koreya ya Ruguru yakwakira igikombe cy’Isi

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino, yatangaje ko nta kibazo cyaba kiri mu kuba ibihugu nka Koreya ya Ruguru byakwakira irushanwa ry’igikombe cy’Isi. Infantino yabitangarije mu mbwirwaruhame ye mu gihe irushanwa ry’igikombe cy’Isi riri kubera muri Qatar guhera tariki ya 20 Ugushyingo 2022. Uyu muyobozi yashinje ibihugu bimwe n’ibitangazamakuru byo mu burengerazuba gushaka […]

Abacungagereza bo muri Uganda babujijwe kujyana terefone ku kazi muri iki gihe

Kuri uyu wa Mbere, abategetsi ba Uganda babujije abakozi ba gereza gukoresha telefone zabo zigendanwa mu gihe cy’Igikombe cy’Isi, bababurira ko abagororwa bashobora kwifashisha kurangarira ibibera muri iyi mikino kwabo bagatoroka . Umuvugizi wa Komiseri Mukuru ushinzwe amagereza, Frank Mayanja Baine, mu magambo ye yagize ati: “Itangira ry’amarushanwa y’igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru ku ya 20 […]

Rubavu: Mu modoka 78 zitabiriye isuzuma ry’ubuziranenge 38 ni zo zitasanzwemo amakosa

fiho2ruxeb4sdbs.jpg

Imodoka 40 muri 78 zitabiriye ku munsi wa mbere wa Serivisi yo gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga hifashishwa imashini yimurwa, yegerejwe abo mu Karere ka Rubavu, zatsinzwe igenzura ba nyirazo basabwa gukosora amakosa ya mechanique yagaragaye . Ibi byemejwe n’Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, uvuga ko […]

Abasilamu barasaba Leta kubafasha gukora impinduka mu idini bavuga ko ryugarijwe n’ibibazo

Umuryango w’Abasilamu mu Rwanda urasaba Leta kuwufasha gukora impinduka mu idini ryabo, kuko ngo ryugarijwe n’ibibazo byinshi bimaze igihe kinini birimo imicungire mibi y’umutungo n’imiyoborere itanoze. Ibi bibazo bigaragara mu nyandiko ifunguye Imanzi Fahd Al-Sud washinze itsinda TF2/Islam Impinduka ya II yageneye abanyamakuru tariki ya 31 Ukwakira 2022. Muri ibi bibazo, Imanzi avuga ko hariko […]

M23 yatwitse ikigo gikomeye cya gisirikare, ifata mpiri umusirikare mukuru wa FARDC

Inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 21 Ugushyingo zigaruriye agace ka Bambo gasanzwe kabamo ikigo cya Gisirikare cy’Ingabo za Congo Kinshasa. Bambo ni Groupement ihana imbibi n’agace ka Tongo M23 imaze iminsi yigaruriye, ikaba iherereye ku bilometero bibarirwa muri 45 werekeza mu burengerazuba bw’Umujyi wa Rutshuru. M23 yigaruriye aka gace […]

Burundi: Umunyamakuru w’ikinyamakuru Iwacu amaze iminsi aburiwe irengero

Umunyamakuru w’ikinyamakuru cyigenga cyo mu Burundi, Iwacu, yaburiwe irengero kuva kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize . Iki kinyamakuru akorera ndetse n’umuryango we, bemeza ko Jérémie Misago bamubuze muri kasho zizwi n’amategeko kugeza ubu. Umuvugizi w’igipolisi avuga ko ayo makuru inzego z’umutekano zayamenye kandi zirimo gukora ibishoboka kugira uyu munyamakuru Jérémie Misago aboneke. Hari hashize imyaka irenga […]

Umumotari yafatiwe ku Muhima atwariye kuri perimi yibwe ku Kamonyi

Polisi y’u Rwanda yatanze umuburo ku batwara ibinyabiziga, bagendera ku ruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rutari urwabo nyuma y’aho Uwitwa Gerald Irankunda Nzayituriki, wafatiwe ku Muhima, bamusanze afite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, bivugwa ko rwibiwe hamwe n’ibindi byangombwa n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 200, ubwo abajura binjiraga mu modoka bamennye ikirahure ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, […]

Ndayishimiye yavuze uko umubano w’u Burundi n’u Rwanda wifashe, akomoza ku kibazo cy’abarimo Gen. Niyombare

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko kuri ubu nta mwuka mubi wavuga ko ukirangwa hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, ashimangira ko u Burundi bufite icyizere cy’uko u Rwanda ruzabushyikiriza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu 2015 bagashyikirizwa ubutabera. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yabikomojeho ubwo yagiranaga ikiganiro cyihariye n’abanyamakuru: Marc PERELMAN na Laurent CORREAU […]