U Rwanda rwitabiriye inama y’umutekano iri kubera i Goma

Iyi nama yitabiriwe n'abiganjemo abasirikare

U Rwanda rwitabiriye inama y’umutekano y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) iri kubera mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022, ifungurwa na Guverineri wungirije w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Komiseri wa Polisi Romy Ekuka Lipopo. Iri kuganirirwamo ingingo ijyanye n’ingengo y’imari y’ingabo zo mu […]

M23 yavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, gisigaramo Abanyakenya

Ingabo za Kenya zaherukaga gusura iki kigo mbere yo kugishyikirizwa

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 kuri uyu wa 6 Mutarama bavuye mu kigo cy’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cya Rumangabo, bagishyikiriza ingabo za Kenya ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba. Abarwanyi bavuye muri iki kigo bari bayobowe na Colonel Nzenze Imani uri mu basirikare bo ku rwego rwo hejuru muri […]

Nyaruguru: Umugabo yiyahuye nyuma yo kwica umugore we amutemye ijosi n’imyanya y’ibanga

Umugabo w’imyaka 40 witwaga Mwendangabo Alphonse, wari utuye mu mudugudu wa Sekera, akagari ka Uwacyiza, umurenge wa Muganza, akarere ka Nyaruguru, yiyahuye yishyize ku kagozi nyuma yo kwica umugore we witwaga Mukamurenzi, amutemye ijosi no ku gitsina. Uyu mugabo yatemye kandi n’umwana we w’imyaka 5 ariko uyu mwana ku bw’amahirwe ntiyapfa. Nk’uko abaturanyi babivuga, aya […]

Turukiya yahaye igisirikare cya RDC intwaro ‘nyinshi’ zigezweho

Iyi modoka yikoreraga intwaro iyi ndege yazanye

Igisirikare cya Turukiya cyahaye icya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ibikoresho byinshi ‘bigezweho cyane’ birimo intwaro zitezweho kwifashishwa mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo M23 yashinze ibirindiro muri teritwari ya Rutshuru. Indege y’ubwikorezi y’igisirikare cya Turukiya kirwanira mu kirere yagejeje ibi bikoresho ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma mu masaha y’ikigoroba cy’uyu wa 6 Mutarama […]

Rusizi: Rumwe mu rubyiruko ‘rutinya’ inda kuruta SIDA

Abayobozi batandukanye bakangurira urubyiruko kwirinda ibiganisha byose ku kwandura agakoko gatera SIDA

Nubwo SIDA ari icyorezo cyugarije Isi yose, rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Rusizi ruvuga ko ruterwa impungenge na rugenzi rwarwo ruyifata nk’indwara isanzwe, ko ngo n’uyanduye imiti ayibonera ubuntu, ngo icyo rutinya mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ari inda, rukavuga ko iyi myumvire idahagurukiwe yateza akaga. Urubyiruko rwaganiriye na Bwiza.com ku myumvire yarwo ku […]

Turakuzi uri umuhungu wa Museveni ariko ntituzatuma udusuzugura – Gen. (Rtd) Otafiire

Minisitiri Kahinda Otafiire ushinzwe ibibazo by’imbere muri Uganda warwanye intambara yo kubohoza igihuu yarangiye mu 1986, yabwiye umuhungu wa Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba ko batazatuma abasuzugura . “Turakuzi uri umuhungu wa Museveni ariko ntituzakwemerera kudusuzugura,” uyu ni Maj. Gen. (Rtd) Otafiire mu kiganiro yagiranye na CBS kuri uyu wa Kane ushize. Yakomeje agira ati “ […]

Perezida Kagame yagize Dr. Kalinda François Xavier umusenateri

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06 Mutarama 2023, yagize Dr. François Xavier Kalinda umusenateri muri sena y’u Rwanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu itangazo yashyizeho umukono mu cyimbo cya Perezida Kagame. Dr. Kalinda wagizwe umusenateri n’Umukuru w’Igihugu ni umwe mu Banyarwanda icyenda baheruka gusoza manda nk’abadepite b’inteko Ishinga […]

Leta iremeza ko nta muti wa SIDA wageze mu Rwanda

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, kiremeza ko nta muti uvura icyorezo cya SIDA wageze mu gihugu. Ni nyuma y’aho ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru guhera kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 avuga ko FDA yemeje ko umuti witwa Sunlenca na Placebo “yageze mu Rwanda kandi ngo ivura SIDA.” Rwanda FDA mu […]

Pte Waalibwa wa UPDF wishe arashe Nizeyimana yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda kuri uyu wa Kane rwari ruteraniye ahitwa Rukundo mu Karere ka Kisoro, rwakatiye igifungo cya burundu umusirikare Pte Hamis Walibwa wari ukurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi . Urukiko ruyobowe na Col. Rogers Kitwala, rwakatiye iki gihano Pte Walibwa nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri by’ubwicanyi no kugerageza kwica. Walibwa, wakoreraga muri Batayo ya […]

Andrew Mwenda yakozwe ku mutima n’uburyo P. Kagame aha umwanya umuryango we

Umunyamakuru Andrew Mwenda yifashishije amashusho ya Perezida Paul Kagame akina n’umwuzukuru we, avuga ko n’abandi bakomeye bakabaye bafatira urugero ku buryo aha umwanya umuryango we. Muri aya mashusho y’amasegonda 25 Umukuru w’Igihugu agaragara akinisha umwuzukuru we muto wari ucigatiwe na Madamu Jeannette Kagame. Ni amashusho bigaragara ko aba bombi bari iwabo mu rugo ahari na […]

Muhanga: Hafatiwe amasashe ibihumbi 190 atemewe gukoreshwa mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Muhanga, ku wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama, yafashe abantu babiri ari bo; Nsabimana Justin ufite imyaka 36 y’amavuko na Niyonsaba Jackson w’imyaka 33, bari bafite amasashe atemewe gukoreshwa mu Rwanda ibihumbi 160 nyuma y’iminsi micye hafashwe undi witwa Habanabakize Thomas w’imyaka 35 na […]

Uganda: Impanuka ikomeye ya bisi itwara abagenzi yahitanye 16 abandi barakomereka

Nibura abantu 16 bapfuye abandi 21 barakomereka nyuma y’uko bisi igonze rukururana yari iparitse muri centre y’ubucuruzi ya Adebe hafi y’umuhanda Kampala-Gulu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu . “Biravugwa ko bus ifite pulake UAT 259P y’isosiyete itwara abagenzi ya Roblyn yavaga i Kampala yerekeza i Gulu yinjiye muri rukururana yari iparitse ahagana mu […]

Zari yasubije Mimi wamushinje kumwibira umugabo

Umunya-Uganda Zarinah Hassan wamamaye nka Zari, yasubije mugenzi we Nalule Shamirah Sembatya uzwi nka Mimi umushinja kumutwara Shakib Lutaaya basigaye bakundana ko nta kindi agamije kitari ugushaka kumumenyekaniraho. Mu kwezi gushize k’Ukuboza ni bwo Mimi usanzwe aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinje Zari kumutwara Shakib Lutaaya uzwi nka Shakib Cham. Icyo gihe ibirego […]

Basanga kuba Prince Harry yemeye ko yishe Abatalibani 25 bishobora kumushyira mu kaga

Kuri uyu wa Kane, uwahoze mu gisirikare cy’u Bwongereza, Colonel Richard Kemp, yatangaje ko icyemezo cya Duke of Sussex cyo gusohora amakuru arambuye mu gitabo ku mibereho ye yise ‘Spare’ ari ‘uguhemukira abantu yarwananye na bo ‘. Kemp yatangarije ikinyamakuru The Sun ko aya magambo yashyize igipimo kinini ku mugongo w’igikomangoma na cyane ko ingoro […]

Le Rwanda obtient 37 millions d’euros pour numĂ©riser les services publics et stimuler l’industrie des drones

Le gouvernement rwandais a obtenu jeudi 5 janvier un prĂȘt de 37 millions d’euros (environ 41 milliards de frw) de l’Agence française de dĂ©veloppement (AFD) pour transformer davantage de services publics en numĂ©rique et dĂ©velopper l’industrie des drones du pays . L’accord connexe est Ă©galement complĂ©tĂ© par une subvention de 1,2 million d’euros pour mobiliser […]

M23 yaraye idatanze ikigo cya gisirikare cya Rumangabo nk’uko yari yabyemeye

Inyeshyamba z’umutwe wa M23 Werurwe, kuri uyu wa Kane itariki 5 Mutarama 2023 ntizashyikirije, nk’uko byari byatangajwe, inkambi ya gisirikare ya Rumangabo, muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, abasirikare ba Kenya bo mu ngabo z’akarere ka Afurika y’iburasirazuba . Imihango yo guhererekanya iyi nkambi y’ingabo z’ingenzi yimuriwe kuri uyu wa Gatanu itariki ya […]

Umupfumu Rutangarwamaboko yasabiye Turahirwa guhanwa nyuma yo gukora ‘ubuhone bw’ubutinganyi’

Umupfumu Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko, yasabye inzego bireba guhana zihanukiriye Moses Turahirwa washinze inzu y’imideli ya Moshions, nyuma y’amashusho ye aheruka kujya hanze asambana n’abagabo bagenzi be. Uyu musore ukomoka i Nyamasheke amaze iminsi yarahindutse iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho ye aheruka kujya hanze asambana n’abagabo babiri b’abazungu. Ni amashusho y’umunota umwe […]

Tchad: Haburijwemo umugambi wa gisirikare wo guhungabanya igihugu

Inzego z’umutekano za Tchad zaburijemo umugambi w’itsinda ry’abasirikare bakuru wo guhungabanya umutekano w’igihugu n’itegeko nshinga, nk’uko guverinoma yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize . Itangazo ryasohowe rigira riti: “Iyi gahunda yateguwe n’itsinda ribujijwe ry’abagambanyi rigizwe n’abasirikare 11.” Rikomeza rivuga ko uyoboyeiri tsinda ari uwitwa Baradine Berdei Targuio, Perezida w’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Tchad. […]

Bwa mbere abacanshuro b’Abarusiya baje kurwanya M23 bagaragaye i Goma

Abacanshuro b’Abarusiya bo mu mutwe wa Wagner Group baje gufasha Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) mu rugamba zihanganyemo n’inyeshyamba za M23, bagaragaye mu mujyi wa Goma. Kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Mutarama ni bwo amafoto ya bariya Barusiya bari kumwe n’abasirikare ba FARDC mu modoka ya Jeep mu mihanda ya Goma ni bwo […]

Turahirwa ntakiri kuri Twitter nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana n’abo bahuje igitsina

Konti y’urubuga rwa Twitter y’umunyamideli Moses Turahirwa wanditse izina mu Rwanda ntikiriho nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana na babiri bahuje igitsina, akanabisabira imbabazi. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwira amashusho y’amasegonda 59 agaragaza uyu musore asambana n’abagabo babiri, ndetse yakomeje gushyirwaho igitutu, bamwe mu bakoresha izi mbuga bamushinja gusebya umuco w’igihugu cyamubyaye. […]

Justin Bitakwira yemeza ko ibihano yafatiwe na EU nta ngaruka ‘na nke’ bizamugiraho

Justin Bitakwira wigeze guhagararira ishyaka UNC mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba na Minisitiri wari ushinzwe iterambere ry’icyaro, ahamya ko ibihano aherutse gufatirwa na komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi nta ngaruka na nke bizamugiraho. Mu ntangiriro z’Ukuboza 2022 ni bwo komisiyo ya EU yafatiye ibihano Bitakwira hamwe n’abandi bantu 7, […]

USA irashinja abacancuro ba Wagner kugenzura umutungo kamere mu gace ko muri Ukraine

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zirashinja abacancuro b’umutwe w’igisirikare cyigenga wa Wagner Group kugenzura umunyu n’ikindi kinyabutabire cya ‘Gypsum’ biri mu gace ka Bakhmut muri Ukraine. Umwe mu bakorera mu biro bya Perezida wa USA yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bitashatse kuvuga amazina ye ko uyu mutwe washinzwe n’inshuti ya Perezida w’u Burusiya, Yevgeny […]