Israel yakuyeho ingamba yari yafatiye u Rwanda kubera Ebola

Nyuma y’iminsi mike Israel itangaje amabwiriza abuza abaturage b’u Rwanda, Kenya n’ibindi bihugu bimwe byo muri Afurika kwinjira ku butaka bwayo kubera impungenge z’icyorezo cya Ebola, ubu u Rwanda na Kenya byamaze gukurwa kuri urwo rutonde. Ambasade ya Israel mu Rwanda, iri mu bemeje ko Minisiteri y’Ubuzima muri kiriya gihugu ari yo yafashe icyemezo cyo […]

Ethiopia: Byibuze abantu 31 bapfiriye mu mpanuka ya bus

Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru kigenzurwa na leta, Amhara Media Corporation, cyo muri iyi leta, cyatangaje ko, abantu 31 bishwe ubwo bus yagwaga mu mpanga mu karere ka Amhara muri Ethiopia. Iyi bus yari ⁠iturutse i Dessie yerekeza mu murwa mukuru, Addis Abeba, igihe impanuka yabaga, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru kivugwa hejuru. Igipolisi cyagize kiti: […]

Ibya Gashumba muri PLU ya Gen Muhoozi byarangiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umuyobozi wa Patriotic League of Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yirukanye Umunyarwanda Frank Malimungu Gashumba ku mwanya wa Visi-Perezida wa PLU mu Buganda. Gen Muhoozi yasimbuje Gashumba uwitwa Kiryowa Kiwanuka, wahoze ari intumwa nkuru ya guverinoma ya Uganda muri manda ya Perezida Museveni ishize. Mu mpinduka zakozwe kuri uyu wa […]

Perezida Paul Kagame ari i Lomé

Perezida Paul Kagame yageze i LomĂ© mu murwa mukuru wa Togo, aho yitabiriye inama ya African Air Transport Convention & Expo yiga ku bwikorezi bwo mu kirere muri Afurika. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Umukuru w’Igihugu akigera i LomĂ© yakiriwe na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna GnassingbĂ©. Inama […]

Minisitiri Nduhungirehe ategerejwe muri Afurika y’Epfo mu biganiro byo kuzahura umubano

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, ategerejwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo, mu ruzinduko ruzasiga agiranye ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru na mugenzi we wa kiriya gihugu, Ronald Lamola. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Nduhungirehe azagera muri kiriya gihugu ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026. Iyi […]

Hari abarimu bashinja REB kubambura

Bamwe mu barimu bafashije abana muri gahunda nzamurabushobozi (Remedial program) Igihembwe gishize, barataka bavuga ko batishyuwe amafaranga y’itike yo mu gihembwe gishize atangwa n’Ikigo gishinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB. Umwe muri aba barimu abinyujije ku munyamakuru, Oswald Mutuyeyezu, yagize ati “ Mugihe REB yatangaga amafaranga y’itike ku barezi Bafashije abana muri gahunda nzamurabushobozi (Remedial program) Igihembwe […]

Vestine na Dorcas barasabwa miliyoni 60 Frw ku ndirimbo baririmbye

Itsinda ry’abahanzikazi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko rihagaritse ubufatanye na MIE Entertainment Ltd yari iyobowe na Irene Murindahabi (M Irene) nyuma y’imyaka itanu bakorana. Mu itangazo ryabo, bavuze ko bafashe iki cyemezo nyuma yo gusuzuma neza icyerekezo bifuza kugenderaho mu muziki wabo. Banashimiye M Irene ku ruhare yagize mu […]

Israel yafatiye ingamba abaturage barimo ab’u Rwanda

Guverinoma ya Israel yafatiye ingamba nshya abaturage b’ibihugu bitanu byo muri Afurika birimo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko hagaragaye ubwiyongere bw’icyorezo cya Ebola mu bice bimwe bya Afurika yo Hagati. Mu itangazo Urwego rushinzwe kugenzura abinjira n’abasohoka muri Israel rwasohoye ku wa 10 Kamena 2026 mbere […]

Norvege: Umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba yakatiwe imyaka 4 y’igifungo

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko rwa Oslo rwemeje ko umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege yakatiwe igifungo cy’imyaka ine nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri byo gufata ku ngufu. Marius ‌Borg Hoiby yahakanye icyaha kandi ashobora kujuririra icyo cyemezo nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Uyu musore w’imyaka 29 ni umuhungu w’Igikomangomakazi cy’ikamba muri Norvege, Mette-Marit, yabyaranye […]

Yakoze nk’iby’i Musanze ibintu biradogera mu gihugu cy’i Bulayi

Umunya-Sudani w’umwimukira, Hadi Alodid, yakoreye urugomo umuturage wa Irilande ya Ruguru witwa Stephen Ogilvie, biteza imyigaragambyo ikomeye mu gihugu hose, abaturage bamagana ubwo bugizi bwa nabi.  Mu minsi ishize, mu Karere ka Musanze cyane mu gace kitwa Karisimbi humvikanye abatwara abantu n’ibintu kuri moto bavuga ko babangamiwe n’abanyamahanga babakorera urugomo. Mu baje ku isonga ni […]

Ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Kinshasa i Rugezi, Ruhinamavi n’ahandi byahitanye abantu

Kuva ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’iminota 45 z’ijoro ku Cyumweru, itariki ya 14 Kamena 2026, hakomeje ibitero by’urugomo byakozwe n’ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa byibasiye uturere dutuwe cyane twa Bidegu, Rugezi, Mikenke, na Ruhinamavi. Ibyo bikorwa bya gisirikare byakorewe icyarimwe byakoreshejwemo ingabo zirwanira ku butaka, imbunda ziremereye, ndetse na drones za KT-6 […]

Perezida Kagame yakiriye intumwa idasanzwe ya EU ndetse na S/G wa Commonwealth

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, itariki 14 Kamena, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Amb. Johan Borgstam, Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi (EUSR) mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ibiganiro byabo byibanze ku iterambere ry’akarere, harimo kuba hakenewe ingamba zifatika zo gukemura impamvu muzi y’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo […]

Isimbi Noeline ukina filime z’urukozasoni yagurishijwe i Burayi

Umukinnyi wa filimi z’urukozasoni, Isimbi Noeline yatangaje ko yakorewe icuruzwa ry’abantu akajyanwa mu mahanga ku nyungu z’undi muntu, ashinja ko yabikoreye n’abandi bakobwa bagera kuri bane. Noeline Narubega wamenyekanye nka Isimbi Noeline, yatangaje ko ibikorwa avuga ko ari ubucuruzi bw’abantu bushingiye ku masezerano yo gushyingirwa k’uburiganya kugira ngo bajyanwe hanze ku nyungu z’undi. Uyu mukobwa […]

Amerika na Iran byageze ku masezerano y’amahoro 

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byageze ku masezerano y’amahoro ashobora guhagarika intambara no kugabanya amakimbirane yari amaze igihe ahangayikishije akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Sharif yavuze ko ibiganiro byahuje impande zombi byatanze umusaruro mwiza, ashimangira ko aya masezerano ashobora […]